• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Ubwanditsi 18 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Inyandiko y’ibanga yagiye hanze yagaragaje ko amahoro atazagarurwa n’umuryango IGAD (Intergovernmental Authority for Development) igizwe n’ibihugu birindwi aribyo Djibouti, Ehiopia Kenya, Somalia  Soudan, Soudan y’amajyepfo na Uganda. Impamvu nyamkuru nkuko bitangazwa niyo nyandiko ni uruhare igihugu cya Uganda kandi kigize uwo muryango gifite mu gukongeza amakimbirane ari mu gihugu cya Sudani y’amajyepfo.

Nkuko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru byo muri Sudani y’amajyepfo, bakaba bafite niyo nyandiko, byavuze ko, Ubunyamabanga Bukuru bwa IGA ntacyo buzageraho igihe cyose batarebye ikibazo nyamukuru cya Uganda cyo kugira uruhare rukomeye mu makimbirane ari muri icyo gihugu.

Iyo nyandiko yanditswe tariki ya 15 Kanama 2019, iviga ko Perezida Museveni ariwe kibazo cy’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo ndetse nicyo gihugu cyabaye umugati we aho agikama uko ashaka.

Umwe mu bayobozi mu Bunyamabanga Bukuru bwa IGAD yagize ati “Twebwe turiho turakora ubusa, nta mahoro azigera arangwa muri Sudani y’Amajyepfo igihe abayobozi ba IGAD bakomeje guceceka. Ikibazo nyamukuru cyo kutaboneka kw’amahoro muri Sudan y’Amajyepfo ni Uganda, tugomba kuvugana na Uganda niba dushaka ko amahoro agaruka muri Sudani y’Amajyepfo”

Hari amakuru avuga ko buri kwezi, Uganda ikura asaga Miliyoni imwe y’amadorali muri Sudan y’Amajepfo, iki gihugu gishyashya cyabaye isoko y’ubukungu kuri Perezida Museveni.

Perezida Salva Kiir n’mwe mu barwanya ubutegetsi muri Sudan y’Amajyepfo Machar batumiwe mu nama ibahuza muri Ethiopia muri uku kwezi.. Machar ukuriye SPLM/A yagiye Addis Ababa ariko Perezida Kiir yanga kujyayo ku munota wa nyuma kandi bose bari batumiwe na IGAD aho yatanze impamvu ko afite akazi kenshi. Kiir nyuma yaje gusaba IGAD ko Machar yaza Juba akaba ariho babonanira, ibintu Machar nawe yanze akaba yarasubiye mu murwa mukuru wa Sudan ariwo Khartoum.

Ibiro Ntaramakuru bya Sudan y’Amajyepfo byabwiwe n’umuntu ukomeye mu Bunyamabanga Bukuru bwa IGAD ko Perezida Museveni ariwe wabujije Perezida Kiir kujya muri Ethiopia. Abatanze ayo makuru ntibavuze impamvu Museveni yabujije Kiir guhura na Machar muri Ethiopia. Ese nuko uruhare rwe rwari kuzaganirwaho? Tuzaba tubimenya.

2019-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Ubwanditsi 10 Mar 2025
Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma
IMIKINO

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo
HIRYA NO HINO

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Ibinyoma bya RNC, ishingiro ry’ibikorwa bya leta ya Uganda bibangamira Umudendezo w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bya RNC, ishingiro ry’ibikorwa bya leta ya Uganda bibangamira Umudendezo w’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru