• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Ubwanditsi 18 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Inyandiko y’ibanga yagiye hanze yagaragaje ko amahoro atazagarurwa n’umuryango IGAD (Intergovernmental Authority for Development) igizwe n’ibihugu birindwi aribyo Djibouti, Ehiopia Kenya, Somalia  Soudan, Soudan y’amajyepfo na Uganda. Impamvu nyamkuru nkuko bitangazwa niyo nyandiko ni uruhare igihugu cya Uganda kandi kigize uwo muryango gifite mu gukongeza amakimbirane ari mu gihugu cya Sudani y’amajyepfo.

Nkuko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru byo muri Sudani y’amajyepfo, bakaba bafite niyo nyandiko, byavuze ko, Ubunyamabanga Bukuru bwa IGA ntacyo buzageraho igihe cyose batarebye ikibazo nyamukuru cya Uganda cyo kugira uruhare rukomeye mu makimbirane ari muri icyo gihugu.

Iyo nyandiko yanditswe tariki ya 15 Kanama 2019, iviga ko Perezida Museveni ariwe kibazo cy’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo ndetse nicyo gihugu cyabaye umugati we aho agikama uko ashaka.

Umwe mu bayobozi mu Bunyamabanga Bukuru bwa IGAD yagize ati “Twebwe turiho turakora ubusa, nta mahoro azigera arangwa muri Sudani y’Amajyepfo igihe abayobozi ba IGAD bakomeje guceceka. Ikibazo nyamukuru cyo kutaboneka kw’amahoro muri Sudan y’Amajyepfo ni Uganda, tugomba kuvugana na Uganda niba dushaka ko amahoro agaruka muri Sudani y’Amajyepfo”

Hari amakuru avuga ko buri kwezi, Uganda ikura asaga Miliyoni imwe y’amadorali muri Sudan y’Amajepfo, iki gihugu gishyashya cyabaye isoko y’ubukungu kuri Perezida Museveni.

Perezida Salva Kiir n’mwe mu barwanya ubutegetsi muri Sudan y’Amajyepfo Machar batumiwe mu nama ibahuza muri Ethiopia muri uku kwezi.. Machar ukuriye SPLM/A yagiye Addis Ababa ariko Perezida Kiir yanga kujyayo ku munota wa nyuma kandi bose bari batumiwe na IGAD aho yatanze impamvu ko afite akazi kenshi. Kiir nyuma yaje gusaba IGAD ko Machar yaza Juba akaba ariho babonanira, ibintu Machar nawe yanze akaba yarasubiye mu murwa mukuru wa Sudan ariwo Khartoum.

Ibiro Ntaramakuru bya Sudan y’Amajyepfo byabwiwe n’umuntu ukomeye mu Bunyamabanga Bukuru bwa IGAD ko Perezida Museveni ariwe wabujije Perezida Kiir kujya muri Ethiopia. Abatanze ayo makuru ntibavuze impamvu Museveni yabujije Kiir guhura na Machar muri Ethiopia. Ese nuko uruhare rwe rwari kuzaganirwaho? Tuzaba tubimenya.

2019-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa  Mu Karere Ka Gisoro

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Ubwanditsi 16 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa
Amakuru

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020
Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa
INKURU NYAMUKURU

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru
IMIKINO

Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Ubwanditsi 10 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru