• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Burundi, yatangaje ko hatawe muri yombi abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uwari Perezida w’iki gihugu, Melchior Ndadaye wishwe mu 1993.

Ni nyuma y’uko abaregera indishyi bakomeje gusaba ko abari abasirikare bakuru bakekwaho kumwica bafatwa dore ko abari barafashwe bose bari abasirikare bato. Bavuga ko abakuru ari bo bateguye umugambi wo guhirika ubutegetsi nyuma yo kwivugana umukuru w’igihugu.

Abavugwa ko bafashwe ni Gen Celestin Ndayisaba (Kibadashi ), Col Gunungu, Col Nahigombeye hamwe na Col Niyonkuru.

BBC yaganiriye n’umunyamategeko w’umuryango wa Ndadaye witwa Fabien Segatwa, asobanura impamvu hari abagifatwa nyuma y’imyaka 25, mu gihe hari n’urubanza rwabaye bamwe bakagirwa abere abandi bagakatirwa igifungo.

Ati “Urwo rubanza rwari rwatangirijwe mu rukiko rukuru , rukomereza mu rukiko rusesa imanza icyo gihe hari mu 1999. Kuva icyo gihe kugeza ubu urukiko rusesa imanza ntacyo rwigeze rubivugaho. Abantu bari bakurikiranwe bari abasirikare bato 79, abagera kuri 50 baciriwe urubanza bidegembya, nibwira ko abaciriwe urubanza batarenga 20.”

Yakomeje avuga ko abo basirikare bari bakurikiranwe ndetse n’abasabaga indishyi z’akababaro bavugaga ko abari gukurikiranwa atari bo kuko abasirikare bato batafata icyemezo cyo guhirika ubutegetsi babyibwirije.

Ati “Umusirikare mukuru wagombaga gukurikiranwa utarakurikiranwe yari uwigeze kuba umugaba w’ingabo, Col. Jean Bikomagu, yagizwe umwere, harimo uwitwa Charles Ntakije yari Minisitiri w’Ingabo nawe yagizwe umwere, harimo Isai Niyibizi wari komanda ya Kamuha yari ishinzwe umutekano w’umukuru w’Igihugu, harimo n’uwitwa Ngeze wari wahise afata ubutegetsi, abo bose ntibigeze bakurikiranwa.”

Yakomeje avuga ko aba basirikare bafashwe mu mpera z’icyumweru gishize ntacyo bigeze babazwa mu rubanza rwa mbere, kandi ngo bari barashinjijwe abacamanza bakabyirengagiza nkana.

N’ubwo hashize imyaka isaga 25 Ndadaye yishwe, birashoboka ko hari ibimenyetso byasibanganye, ariko kandi ngo haracyari abatangabuhamya biteguye kuvuga ukuri ku byabaye kwafasha abacamanza.

Mu ijoro ryo ku wa 21 Ukwakira 1993, umutwe w’abasirikare b’u Burundi wafashe umukuru w’igihugu Melchior Ndadaye, wa mbere wari ugiyeho biciye mu matora ya demokrasi, uramwica.

Iyicwa rye ryakurikiwe n’ubwicanyi bwo kwihorera hagati y’abahutu n’abatutsi, abarundi benshi bagera mu bihumbi 300 barishwe abandi benshi barahunga

Hashize imyaka 25 Perezida Ndadaye yishwe

2018-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021
APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 14 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru