• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Aug 2018 IKORANABUHANGA

Sosiyete y’abanyamerika, Uber, itanga serivisi z’ingendo yifashishije porogaramu z’ikoranabuhanga zihuza abagenzi n’imodoka, yagaragaje ubushake bwo gutangira gutanga izi serivisi mu Rwanda.

Umuyobozi gutwara abantu mu Rwego Ngenzuramikorere, RURA, Eng Emmanuel Asaba yabwiye The New Times ko muri uyu mwaka abahagarariye Uber begereye iki kigo bakabaza ibisabwa kugira ngo serivisi zacyo zitangire mu Rwanda.

Iyi sosiyete mu karere yatangiye gukorera mu bihugu nka Kenya, Uganda na Tanzania.

Uber ikoresha abashoferi bafite imodoka zabo. Umugenzi ukeneye gutwarwa agomba kuba afite porogaramu ya Uber muri telefone ye, akayikoresha ahamagaza imodoka bijyanye n’igihe ayikenereye. Umushoferi na we agomba kuba akoresha iyo porogaramu.

Umugenzi yishyuzwa bitewe n’aho agiye, igihe agendeye n’ibindi, akishyura mu ntoki, akoresheje ikarita ya banki, Mobile Money n’ibindi.

Asaba yavuze ko Uber yamaze guhabwa urutonde rw’ibyo ibyo igomba kuzuza niba ishaka gukorera mu Rwanda.

Ati “Baraje tubaha urutonde rw’ibisabwa kugira ngo bemerewe gukora ariko ntibaragaruka. Nibagaruka tugasanga bujuje ibisabwa, tuzabaha uburenganzira batangire gukora.”

Yavuze ko kwiyongera kwa sosiyete zifasha mu buryo bw’ingendo hifashishijwe ikoranabuhanga, bizongera imitangire ya serivisi.

Sosiyete zindi zifasha mu buryo bw’ingendo zifashishije ikoranabuhanga ziri mu Rwanda zirimo Taxi Rwa na Yego Cab iherutse kwemererwa. Jquicker na Panda nazo ziri kuzuza ibisabwa.

Eng. Katabarwa yavuze ko bimwe mu by’ingenzi basaba izo sosiyete harimo porogaramu y’ikoranabuhanga ibanza gusuzumwa.

Ati “Ni ngombwa ko ibanza gusuzumwa kugira ngo itazazana ibibazo nitangira gukoreshwa. Hari n’ibindi RURA irebaho mbere yo gutanga uburenganzira.”

“Hari porogaramu ushobora gusanga itaregeye neza, baguha serivisi ingana na kilometero enye, bakaguca amafaranga ya kilometero icumi. Ntabwo nkeka ko abantu babyishimira. Dushaka kurengera iyo serivisi kugira ngo umuntu yishyure ibihwanye na serivisi ahawe.”

Umwe mu bigeze gukora ingendo bakoresheje Uber, Karen Uwera, yavuze ko byaba ari amahirwe iyo sisoyete ije gukorera mu Rwanda.

Yagize ati “Maze igihe nifuza Uber. Dufite sosiyete zitwara abantu muri ubu buryo zihenze nubwo nazo ari nke ugereranyije n’abazikeneye.”

Nyuma ya buri rugendo rwa Uber, umugenzi n’umushoferi bahana amanota hifashishijwe ya porogaramu.

Umushoferi bigaragaye ko akunze guhabwa amanota make n’abagenzi ashobora guhagarikwa cyangwa agahanwa, naho umugenzi abashoferi bakunze guha amanota make ashobora kujya yimwa serivisi za Uber.

Kuri ubu Uber ikorera mu mijyi isaga 600 hirya no hino ku Isi.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Ubwanditsi 05 May 2019
Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Iran yahanuye drone ya gisirikare ya USA

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019
Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka
Amakuru

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019
ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?
Mu Mahanga

ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Kirehe: Abanyeshuri umunani bajyanywe mu bitaro bafite imyitwarire idasanzwe irimo ‘kwiruka n’amahane’
Mu Mahanga

Kirehe: Abanyeshuri umunani bajyanywe mu bitaro bafite imyitwarire idasanzwe irimo ‘kwiruka n’amahane’

Ubwanditsi 15 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru