• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Aug 2018 IKORANABUHANGA

Sosiyete y’abanyamerika, Uber, itanga serivisi z’ingendo yifashishije porogaramu z’ikoranabuhanga zihuza abagenzi n’imodoka, yagaragaje ubushake bwo gutangira gutanga izi serivisi mu Rwanda.

Umuyobozi gutwara abantu mu Rwego Ngenzuramikorere, RURA, Eng Emmanuel Asaba yabwiye The New Times ko muri uyu mwaka abahagarariye Uber begereye iki kigo bakabaza ibisabwa kugira ngo serivisi zacyo zitangire mu Rwanda.

Iyi sosiyete mu karere yatangiye gukorera mu bihugu nka Kenya, Uganda na Tanzania.

Uber ikoresha abashoferi bafite imodoka zabo. Umugenzi ukeneye gutwarwa agomba kuba afite porogaramu ya Uber muri telefone ye, akayikoresha ahamagaza imodoka bijyanye n’igihe ayikenereye. Umushoferi na we agomba kuba akoresha iyo porogaramu.

Umugenzi yishyuzwa bitewe n’aho agiye, igihe agendeye n’ibindi, akishyura mu ntoki, akoresheje ikarita ya banki, Mobile Money n’ibindi.

Asaba yavuze ko Uber yamaze guhabwa urutonde rw’ibyo ibyo igomba kuzuza niba ishaka gukorera mu Rwanda.

Ati “Baraje tubaha urutonde rw’ibisabwa kugira ngo bemerewe gukora ariko ntibaragaruka. Nibagaruka tugasanga bujuje ibisabwa, tuzabaha uburenganzira batangire gukora.”

Yavuze ko kwiyongera kwa sosiyete zifasha mu buryo bw’ingendo hifashishijwe ikoranabuhanga, bizongera imitangire ya serivisi.

Sosiyete zindi zifasha mu buryo bw’ingendo zifashishije ikoranabuhanga ziri mu Rwanda zirimo Taxi Rwa na Yego Cab iherutse kwemererwa. Jquicker na Panda nazo ziri kuzuza ibisabwa.

Eng. Katabarwa yavuze ko bimwe mu by’ingenzi basaba izo sosiyete harimo porogaramu y’ikoranabuhanga ibanza gusuzumwa.

Ati “Ni ngombwa ko ibanza gusuzumwa kugira ngo itazazana ibibazo nitangira gukoreshwa. Hari n’ibindi RURA irebaho mbere yo gutanga uburenganzira.”

“Hari porogaramu ushobora gusanga itaregeye neza, baguha serivisi ingana na kilometero enye, bakaguca amafaranga ya kilometero icumi. Ntabwo nkeka ko abantu babyishimira. Dushaka kurengera iyo serivisi kugira ngo umuntu yishyure ibihwanye na serivisi ahawe.”

Umwe mu bigeze gukora ingendo bakoresheje Uber, Karen Uwera, yavuze ko byaba ari amahirwe iyo sisoyete ije gukorera mu Rwanda.

Yagize ati “Maze igihe nifuza Uber. Dufite sosiyete zitwara abantu muri ubu buryo zihenze nubwo nazo ari nke ugereranyije n’abazikeneye.”

Nyuma ya buri rugendo rwa Uber, umugenzi n’umushoferi bahana amanota hifashishijwe ya porogaramu.

Umushoferi bigaragaye ko akunze guhabwa amanota make n’abagenzi ashobora guhagarikwa cyangwa agahanwa, naho umugenzi abashoferi bakunze guha amanota make ashobora kujya yimwa serivisi za Uber.

Kuri ubu Uber ikorera mu mijyi isaga 600 hirya no hino ku Isi.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko
ITOHOZA

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.
Amakuru

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Ubwanditsi 11 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru