• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016 ITOHOZA

Ubu rurambikanye mu bigarasha mu gihugu cy’ububiligi aho umu Candidat CIKURU MWANAMAYI JOSEPH ushyigikiwe na Rudasingwa ashinjwa n’abagore kubatoteza abahoza ku nkeke mbere yo kugira icyo bavugana.

Ibi bikaba bidatangaje abazi neza Rubunzabondo Rudatinya Guhena Imfura Zateranye;kuko iyi ngeso yayivukanye akayonka ikamukuza kugeza n’ubu ageze mu za bukuru.

Dore bumwe mu buhamya bw’umwe muri abo bagore tudatangaza amazina ye kubw’umutekano we:

Ku Bayobozi bakuru ba Comission y’amatora,
Muri iyi minsi turimo twitegura amatora mu Bubiligi, nabonye amakuru y’uko ngo uwitwa Joseph CIKURU MWANAMAYI yaba afite gahunda yo kwiyamamariza umwanya w’ubuyobozi mw’ishyaka lyacu RNC mu Bubiligi.

Ibyo bintu byanteye ubwoba nkurikije imyifatire idahwitse y’uyu mugabo ufite ingeso mbi ikabije kandi yabaye akarande yo guhutaza no gusagarira aba abari n’abategarugori bo mw’ IHURIRO igihe baje bamugana ngo abafashe, haba mu rwego rw’ishyaka cyango mu rwego rw’umwuga yiyitirira (atemerewe n’amategeko y’u Bubiligi) wa avocat.

Ku binyerekeyeho, icyo kibazo cya CIKURU cya harcèlement sexuel nakigize ubwa mbere ahagane muri 2013.

Icyo gihe yari arimo kunyigira dossier yo kwaka ubuhunzi. Namusabye rendez-vous nk’uko yari avocat wanjye nishyuraga kuri uwo murimo, ampa rendez-vous iwe mu rugo kandi nijoro saa mbiri ngo abe ariho duhurira.

Byaranyobeye kubera ko abandi ba avocats batanga rendez-vous mu masaha asanzwe y’akazi kandi bakazitanga muri za bureaux zabo.

Kubera akababaro nari ndimo ka procédure yanjye, nta kundi nari kubigenza nagiyeyo.
Ngezeyo, twaganiriye kuri dossier yanjye, kubera ko hari byinshi byo kureba biratinda bigera mu masaha akuze ya nijoro. Bigeze hafi mu ma saa tanu z’ijoro turangije dossier, mu gihe ngiye kumusezeraho ngo ntahe, mbona umugabo atangiye kwiyambura imyenda. Naramubajije nti ibyo urimo ni ibiki? Nkingurira nitahire. Aranga aba arambwiye ati : “ntabwo usohoka aha utampaye…”. Naramutsembeye ndamubwira nti : “ibyo sibyo byanzanye, nkingurira nitahire”.

Yarakomeje aratsimbarara yanga kunkingurira ndetse bigeza aho mbona ashaka gukoresha ingufu (séquestration et tentative de viol). Nahise mubwira n’umujinya mwinshi ko nadakingura inzu ye ngo nitahire ngiye guhamagara police.

Abonye ko ntakina mfashe téléphone ngo mpuruze police, yagize ubwoba arankingurira ndasohoka ariko ambwira nabi ko atazongera no kumvugishia. Ubwo nahuye n’ingorane zo gutaha mu gicuku.

Iki kibazo nyuma naje kukigeza kuli Coordinateur wa RNC Bruxelles Bwana Rudasingwa Alexis. Uyu nabimubwiye igihe nari ngize ubwoba ambwiye ko nagombaga kujya gufata attestation yanjye y’umuyoboke wa RNC kwa CIKURU.

Namubwiye ko hai ikibazo kimaze iminsi hagati yanjye na Cikuru kandi ndanagisobanura, kandi namubwiye ko kuva icyo kibazo cyavuka ntari nkivugana na CIKURU.

Icyo gihe nanabajije Alexis nti : “Kubera iki mwemerera CIKURU ko abika za attestations zacu iwe mu rugo kandi kandi iyo abagore bagiyeyo bajyanywe n’ibyangombwa byabo uwo mugabo ahora ashaka kubasagarira (harcèlement sexuel) ndetse byarimba agashaka no kubafata ku ngufu?

Icyo gihe Alexis yavuganye na Cikuru amusaba ko ampa attestation yanjye. Nyuma nashoboye kujyana na Cikuru ajya kumpa attestation yanjye aliko agenda antuka ngo “naramureze”.

Ubwa kabili yongeye kunzanaho ibyo bibazo bye ni vuba aha mu mwaka wa 2015.
Ubwo nabwo nari ngiye gufata impapuro Bwana MUSONERA Jonathan commissaire wacu mu IHULIRO yali yasabye CIKURU ngo ankosorere. Aha natangajwe no kubona ataratinye ko noneho ngiye iwe noherejwe n’umuyobozi.

Muri make nashakaga kubagezaho icyo kibazo gikomeye cy’imico mibi cyane y’uyu mugabo ngo waba ashaka kwiyamamariza umwanya w’ubuyobozi mu IHULIRO.

Ikindi nakwongeraho, ni uko iki kibazo na CIKURU atari jye mugore wenyine wo mu IHURIRO wahuye nacyo. Hari abandi bagenzi banjye benshi nabo bahuye n’iki kibazo bakigiranye na CIKURU. Hari igihe n’abo bandi bazashobora gutanga ubuhamya.
Gusa icyo nababwira ni uko Kubera iyo ngeso mbi y’uyu mugabo, naramuka yiyamamaje ku mugararagaro, hazaba ikibazo gikomeye.

-3119.jpg

Theo+CIKURU

Gusa ibi bikaba atari bishyashya kwa Rudasingwa kuko akiri no mu Rwanda yakusanyije abana bacitse ku icumu rya genocide akabashukisha kubafasha kwiga akabahindura abacakara b’ubusambanyi (esclaves sexuelle) bikabaviramo kwandura agakoko gatera SIDA.

Umwanditsi wacu

2016-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Icyerekezo gishya  2050:  Umuturage  azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Icyerekezo gishya 2050: Umuturage azajya abona umusaruro mbumbe wa 1240$ ku munyarwanda ku mwaka.

Ubwanditsi 17 Dec 2016
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Ubwanditsi 03 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose
INKURU NYAMUKURU

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Ubwanditsi 28 Aug 2018
Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127
HIRYA NO HINO

Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.
Amakuru

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Ubwanditsi 05 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru