• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Ubwanditsi 02 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunyarwanda yaciye umugani ngo ”Umutindi umuvura ijisho akarigukanurira”, bashaka kuvuga ko umugome atajya azirikana uwamukuye ahabi, aho kumwitura ineza akamugambanira.

Ni nako byagenze ku bibumbiye mu cyo bise”Igicumbi” ngo kigizwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, barangajwe imbere na Filipo Basabose, warokowe n’Ingabo za RPF-Inkotanyi, ariko ubu akaba ari ku isonga ry’abazihimbira ibyaha. Wagirango bose bavuka kwa “Ntibazirikana” kimwe na Yuvenali Habyarimana, wanze uRwanda rwamubyaye kugeza aruhiritse mu rwobo.

Iryo ngirwa shyirahamwe ryatangijwe ku mugaragaro kuri iki cyumweru tariki 01/8/2021, ariko mu by’ukuri ni agatsiko gasanganywe imigambi mibi, yo gusebya uRwanda n’Abayobozi barwo, kadasize inyuma ingabo zakamuruyeho imipanga y’Interahamwe-mpuzamugambi.

Iyo witegereje neza abari muri icyo”gicumbi” gicumbagira, usangamo abantu barumbiwe n’ibitekerezo nka Jason Muhayimana wihebeye agasembuye, Osée Niyibizi wahunze amaze gucucura Ikigega FARG yari abereye umuyobozi, abo mu muryango wa Rwigara Assinapol nka Thabita Gwiza na musaza mwe Ben , dore ko uyu ari no mu bashinze aka gatsiko mbere y’uko Kayumba Nyamwasa amunyuza mu ryoya. Abo kimwe n’ababisunze ni abisanganiwe ibibazo byayo bwite, amaganya adashira, ipfunwe baterwa no kwangara kandi Igihugu ntacyo cyabimye, n’utundi dutiku baburira igisobanuro bagashaka inzirakarengane batwegekaho.

Biratangaje kubona abantu bavuga ko bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bifatanya n’abagize uruhare muri iyo Jenoside, bakababera abavugizi, kugeza ubwo bashaka gusiga icyaha abayihagaritse, bavuga ko bishakiraga ubutegetsi gusa. Ibi ni bya bindi ngo “umugome umuha amata akaruka amaraso”.

Mu nyandiko twabagejejeho ejo ku cyumweru, twababwiye urutonde rw’abari muri aka gatsiko ka Basabose. Icyakora koko abo bari kumwe n’uwo “Bihemu” basa bose. Basangiye isano yo kwihakana ineza, kwihoma ku bahekuye uRwanda, n’utundi tunyugu ubundi dushakishwa n’ab’umutima muke.

Abo ni ibigarasha byangara za Burayi na Amerika nka Dada Gasirabo, Abijuri Abel, Jacqueline Cyamuzima, Ntagara J Paul (minisitiri w’intebe wa Leta isekeje ya Padiri Nahimana), Utamuliza Eugénie, Siméon Ndwaniye, Albert Gasake, Israel Ntaganzwa, Nkubana Louis, Teddy Rugambwa, Prosper Bamara, Théogène Murwanashyaka Gatwa, n’inzi mburamumaro mu by’ukuri zitazi icyo zishaka.

Mu bitabiriye umuhango wo gutangiza ayo manjwe, harimo Jean Claude Mulindahabi wavuye mu Rwanda atorotse gacaca kubera uruhare akurikiranyweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba azwiho kogeza abayihakana n’abayipfobya, kimwe n’abaharabika Abayobozi b’u Rwanda.

Namwe nimwumve abantu biyita ko barokotse Jenoside bifatanya n’umujenosideri! Abayoboke b’Igicumbi nibo usanga bibuka tariki 06 Mata buri mwaka, baririra Habyarimana wabagize abapfakazi n’imfubyi. Nibo bavuza induru ngo Idamange Yvonne na Aimable Karasira barengana, kandi urubanza rwabo ruri mu nkiko.

Ntibatinya kubunanira Paul Rusesabagina, birengagije ubugome ndengakamere yakorewe abaturage ba Nyaruguru na Nyamagabe. Ni akumiro gusa.

Mu itangazo ry’Ishyirahamwe ”IHUMURE” dufitiye kopi , ryihutiye gutangaza ko ryitandukanyije n’umunyamuryango waryo wese wagiye mu kiswe ”Igicumbi”, kuko imigambi yacyo ntaho ihuriye n’iy’Ishyirahamwe “Ihumure” riharanira kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no guharanira ubutabera.

Abasesenguzi bavuga ko iki ”Gicumbi” cy’abarumbiwe n’ ubupfura nacyo kitazatinda guhirima nk’ibindi byakibanjirije. Abakurikiranira hafi imikorere n’imitekerereze yacyo bavuga ko abakigize ari abantu batakigira indangagaciro , nabo ubwabo bashwana buri munsi kubera kutagira umurongo. Bihisha inyuma y’uko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagashaka kwitwara nk’umutwe wa politiki, kandi uretse ko nta n’ubushobozi bwo gukora politiki bifitiye, nta n’ugikeneye kumva amateshwa y’imburamumaro.

Umugambi wo gucamo ibice abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi nawo ntibazawugeraho, kuko ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka, kandi ishyo ry’imbwa ntirizigira inka.

2021-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Guca burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina birashoboka-Intumwa yihariye y’umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Ubwanditsi 21 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo
HIRYA NO HINO

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda
UBUKERARUGENDO

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports
IMIKINO

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru