• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Ubwanditsi 02 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunyarwanda yaciye umugani ngo ”Umutindi umuvura ijisho akarigukanurira”, bashaka kuvuga ko umugome atajya azirikana uwamukuye ahabi, aho kumwitura ineza akamugambanira.

Ni nako byagenze ku bibumbiye mu cyo bise”Igicumbi” ngo kigizwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, barangajwe imbere na Filipo Basabose, warokowe n’Ingabo za RPF-Inkotanyi, ariko ubu akaba ari ku isonga ry’abazihimbira ibyaha. Wagirango bose bavuka kwa “Ntibazirikana” kimwe na Yuvenali Habyarimana, wanze uRwanda rwamubyaye kugeza aruhiritse mu rwobo.

Iryo ngirwa shyirahamwe ryatangijwe ku mugaragaro kuri iki cyumweru tariki 01/8/2021, ariko mu by’ukuri ni agatsiko gasanganywe imigambi mibi, yo gusebya uRwanda n’Abayobozi barwo, kadasize inyuma ingabo zakamuruyeho imipanga y’Interahamwe-mpuzamugambi.

Iyo witegereje neza abari muri icyo”gicumbi” gicumbagira, usangamo abantu barumbiwe n’ibitekerezo nka Jason Muhayimana wihebeye agasembuye, Osée Niyibizi wahunze amaze gucucura Ikigega FARG yari abereye umuyobozi, abo mu muryango wa Rwigara Assinapol nka Thabita Gwiza na musaza mwe Ben , dore ko uyu ari no mu bashinze aka gatsiko mbere y’uko Kayumba Nyamwasa amunyuza mu ryoya. Abo kimwe n’ababisunze ni abisanganiwe ibibazo byayo bwite, amaganya adashira, ipfunwe baterwa no kwangara kandi Igihugu ntacyo cyabimye, n’utundi dutiku baburira igisobanuro bagashaka inzirakarengane batwegekaho.

Biratangaje kubona abantu bavuga ko bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bifatanya n’abagize uruhare muri iyo Jenoside, bakababera abavugizi, kugeza ubwo bashaka gusiga icyaha abayihagaritse, bavuga ko bishakiraga ubutegetsi gusa. Ibi ni bya bindi ngo “umugome umuha amata akaruka amaraso”.

Mu nyandiko twabagejejeho ejo ku cyumweru, twababwiye urutonde rw’abari muri aka gatsiko ka Basabose. Icyakora koko abo bari kumwe n’uwo “Bihemu” basa bose. Basangiye isano yo kwihakana ineza, kwihoma ku bahekuye uRwanda, n’utundi tunyugu ubundi dushakishwa n’ab’umutima muke.

Abo ni ibigarasha byangara za Burayi na Amerika nka Dada Gasirabo, Abijuri Abel, Jacqueline Cyamuzima, Ntagara J Paul (minisitiri w’intebe wa Leta isekeje ya Padiri Nahimana), Utamuliza Eugénie, Siméon Ndwaniye, Albert Gasake, Israel Ntaganzwa, Nkubana Louis, Teddy Rugambwa, Prosper Bamara, Théogène Murwanashyaka Gatwa, n’inzi mburamumaro mu by’ukuri zitazi icyo zishaka.

Mu bitabiriye umuhango wo gutangiza ayo manjwe, harimo Jean Claude Mulindahabi wavuye mu Rwanda atorotse gacaca kubera uruhare akurikiranyweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba azwiho kogeza abayihakana n’abayipfobya, kimwe n’abaharabika Abayobozi b’u Rwanda.

Namwe nimwumve abantu biyita ko barokotse Jenoside bifatanya n’umujenosideri! Abayoboke b’Igicumbi nibo usanga bibuka tariki 06 Mata buri mwaka, baririra Habyarimana wabagize abapfakazi n’imfubyi. Nibo bavuza induru ngo Idamange Yvonne na Aimable Karasira barengana, kandi urubanza rwabo ruri mu nkiko.

Ntibatinya kubunanira Paul Rusesabagina, birengagije ubugome ndengakamere yakorewe abaturage ba Nyaruguru na Nyamagabe. Ni akumiro gusa.

Mu itangazo ry’Ishyirahamwe ”IHUMURE” dufitiye kopi , ryihutiye gutangaza ko ryitandukanyije n’umunyamuryango waryo wese wagiye mu kiswe ”Igicumbi”, kuko imigambi yacyo ntaho ihuriye n’iy’Ishyirahamwe “Ihumure” riharanira kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no guharanira ubutabera.

Abasesenguzi bavuga ko iki ”Gicumbi” cy’abarumbiwe n’ ubupfura nacyo kitazatinda guhirima nk’ibindi byakibanjirije. Abakurikiranira hafi imikorere n’imitekerereze yacyo bavuga ko abakigize ari abantu batakigira indangagaciro , nabo ubwabo bashwana buri munsi kubera kutagira umurongo. Bihisha inyuma y’uko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagashaka kwitwara nk’umutwe wa politiki, kandi uretse ko nta n’ubushobozi bwo gukora politiki bifitiye, nta n’ugikeneye kumva amateshwa y’imburamumaro.

Umugambi wo gucamo ibice abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi nawo ntibazawugeraho, kuko ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka, kandi ishyo ry’imbwa ntirizigira inka.

2021-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Tribert Rujugiro aragera ikirenge mu cya Cecil Rhodes

Tribert Rujugiro aragera ikirenge mu cya Cecil Rhodes

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024
Umugore wa Visi Perezida w’Ubuhinde yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku kigo Isange

Umugore wa Visi Perezida w’Ubuhinde yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku kigo Isange

Ubwanditsi 21 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura
Amakuru

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi
Mu Rwanda

Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi

Ubwanditsi 25 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru