• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Ubwanditsi 02 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunyarwanda yaciye umugani ngo ”Umutindi umuvura ijisho akarigukanurira”, bashaka kuvuga ko umugome atajya azirikana uwamukuye ahabi, aho kumwitura ineza akamugambanira.

Ni nako byagenze ku bibumbiye mu cyo bise”Igicumbi” ngo kigizwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, barangajwe imbere na Filipo Basabose, warokowe n’Ingabo za RPF-Inkotanyi, ariko ubu akaba ari ku isonga ry’abazihimbira ibyaha. Wagirango bose bavuka kwa “Ntibazirikana” kimwe na Yuvenali Habyarimana, wanze uRwanda rwamubyaye kugeza aruhiritse mu rwobo.

Iryo ngirwa shyirahamwe ryatangijwe ku mugaragaro kuri iki cyumweru tariki 01/8/2021, ariko mu by’ukuri ni agatsiko gasanganywe imigambi mibi, yo gusebya uRwanda n’Abayobozi barwo, kadasize inyuma ingabo zakamuruyeho imipanga y’Interahamwe-mpuzamugambi.

Iyo witegereje neza abari muri icyo”gicumbi” gicumbagira, usangamo abantu barumbiwe n’ibitekerezo nka Jason Muhayimana wihebeye agasembuye, Osée Niyibizi wahunze amaze gucucura Ikigega FARG yari abereye umuyobozi, abo mu muryango wa Rwigara Assinapol nka Thabita Gwiza na musaza mwe Ben , dore ko uyu ari no mu bashinze aka gatsiko mbere y’uko Kayumba Nyamwasa amunyuza mu ryoya. Abo kimwe n’ababisunze ni abisanganiwe ibibazo byayo bwite, amaganya adashira, ipfunwe baterwa no kwangara kandi Igihugu ntacyo cyabimye, n’utundi dutiku baburira igisobanuro bagashaka inzirakarengane batwegekaho.

Biratangaje kubona abantu bavuga ko bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bifatanya n’abagize uruhare muri iyo Jenoside, bakababera abavugizi, kugeza ubwo bashaka gusiga icyaha abayihagaritse, bavuga ko bishakiraga ubutegetsi gusa. Ibi ni bya bindi ngo “umugome umuha amata akaruka amaraso”.

Mu nyandiko twabagejejeho ejo ku cyumweru, twababwiye urutonde rw’abari muri aka gatsiko ka Basabose. Icyakora koko abo bari kumwe n’uwo “Bihemu” basa bose. Basangiye isano yo kwihakana ineza, kwihoma ku bahekuye uRwanda, n’utundi tunyugu ubundi dushakishwa n’ab’umutima muke.

Abo ni ibigarasha byangara za Burayi na Amerika nka Dada Gasirabo, Abijuri Abel, Jacqueline Cyamuzima, Ntagara J Paul (minisitiri w’intebe wa Leta isekeje ya Padiri Nahimana), Utamuliza Eugénie, Siméon Ndwaniye, Albert Gasake, Israel Ntaganzwa, Nkubana Louis, Teddy Rugambwa, Prosper Bamara, Théogène Murwanashyaka Gatwa, n’inzi mburamumaro mu by’ukuri zitazi icyo zishaka.

Mu bitabiriye umuhango wo gutangiza ayo manjwe, harimo Jean Claude Mulindahabi wavuye mu Rwanda atorotse gacaca kubera uruhare akurikiranyweho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba azwiho kogeza abayihakana n’abayipfobya, kimwe n’abaharabika Abayobozi b’u Rwanda.

Namwe nimwumve abantu biyita ko barokotse Jenoside bifatanya n’umujenosideri! Abayoboke b’Igicumbi nibo usanga bibuka tariki 06 Mata buri mwaka, baririra Habyarimana wabagize abapfakazi n’imfubyi. Nibo bavuza induru ngo Idamange Yvonne na Aimable Karasira barengana, kandi urubanza rwabo ruri mu nkiko.

Ntibatinya kubunanira Paul Rusesabagina, birengagije ubugome ndengakamere yakorewe abaturage ba Nyaruguru na Nyamagabe. Ni akumiro gusa.

Mu itangazo ry’Ishyirahamwe ”IHUMURE” dufitiye kopi , ryihutiye gutangaza ko ryitandukanyije n’umunyamuryango waryo wese wagiye mu kiswe ”Igicumbi”, kuko imigambi yacyo ntaho ihuriye n’iy’Ishyirahamwe “Ihumure” riharanira kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no guharanira ubutabera.

Abasesenguzi bavuga ko iki ”Gicumbi” cy’abarumbiwe n’ ubupfura nacyo kitazatinda guhirima nk’ibindi byakibanjirije. Abakurikiranira hafi imikorere n’imitekerereze yacyo bavuga ko abakigize ari abantu batakigira indangagaciro , nabo ubwabo bashwana buri munsi kubera kutagira umurongo. Bihisha inyuma y’uko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagashaka kwitwara nk’umutwe wa politiki, kandi uretse ko nta n’ubushobozi bwo gukora politiki bifitiye, nta n’ugikeneye kumva amateshwa y’imburamumaro.

Umugambi wo gucamo ibice abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi nawo ntibazawugeraho, kuko ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka, kandi ishyo ry’imbwa ntirizigira inka.

2021-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Abarwanyi ba RNC bitoreza muri Uganda barifashishwa mu kugirira nabi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubwanditsi 27 Nov 2020
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Ubwanditsi 01 Dec 2016
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Ubwanditsi 28 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13
Amakuru

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Ubwanditsi 03 Mar 2023
Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse
Mu Rwanda

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo
MULTIMEDIA

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru