• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Andrew Mwenda ni umunyamakuru rurangiranwa ukomoka muri Uganda, akaba umwanditsi w’ibitabo n’umusesenguzi kabuhariwe muri politiki mpuzamahanga, by’umwihariko iyo mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwo yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame ryabaye tariki 11 Kanama 2024, Andrew Mwenda ufatwa nk’inzobere mu bijyanye n’imibarine hagati y’u Rwanda na Uganda, doreko amaze imyaka hafi 25 ayikorera ubucukumbuzi, yaganiriye na Sanny Ntayombya mu kiganiro ” The Long Form” gitambuka kuri murandasi, maze amugaragariza uko azi Perezida Kagame, imiterere y’ibibazo byagiye biba hagati y’u Rwanda, n’uruhare General Muhoozi Kainerugaba yagize mu kubikemura.

“Byakugora kwanga Perezida Kagame”.

Bwana Andrew Mwenda, Umunyamakuru rurangiranwa mu karere no ku isi

Andrew Mwenda avuga ko mbere y’uko agirana bwa mbere ikiganiro kirambuye na Paul Kagame mu mwaka wa 2001, yari asanzwe amwumva mu mateka ya Uganda, nk’umusirikari utavugirwamo kandi ufata ibyemezo bikarishye. Ngo yari amuzi gusa nk’umuntu wagize uruhare mu ntambara zo kubohora Uganda n’u Rwanda, umugabo utagamburuzwa n’ibihe.

Perezida Paul Kagame

Aho baje kwicarana bakaganira birambuye, Andrew Mwenda yahishuriye “The Long Form” ko yatunguwe n’urugwiro Kagame yakirana abamugana, ariko cyane cyane ubumenyi bwimbitse kuri buri ngingo wamujyanaho yose: Politiki mpuzamahanga, ubukungu bw’isi yose, igisirikari, dipolomasi, kugeza no ku mikino asesengura kurusha n’abatoza.

Andrew Mwenda asanga ubwo bumenyi n’ubushishozi aribyo bisobanura impamvu ibihangange ku isi yose, mu nzego zose, bigirira icyizere Perezida Kagame. Andrew Mwenda ati: ” Si abantu benshi ku isi usangana izo ndangagaciro, ari nayo mpamvu nta muntu ushyira mu gaciro utakunda Kagame. N’iyo wagerageza kubyitsindagiramo byakugora…Ikikwereka.ubuhangange bwa Perezida Kagame, dusubire inyuma mu mateka ya vuba, mumbwire irahira ry’Umukuru w’Igihugu ryitabiriwe n’abaperezida 27!”.

“Nagize amahirwe yo gusura umuryango wa Kagame, nshimishwa no kwicisha bugufi bimuranga”.

Abasura imbuga nkoranyambaga babonye amafoto ya General Muhoozi Kainerugaba ari mu rugo kwa Perezida Kagame. Mu bari baherekeje Gen Muhoozi harimo na Andrew Mwenda, doreko hanabereye ubusabane bwo kwizihiza isabukuru y’uwo muhungu w’imfura ya Perezida Museveni wa Uganda. Mu kiganiro cye na Sanny Ntayombya, Bwana Mwenda yavuze uburyo mu rugo iwe, Kagame atifata nk’Umukuru w’Igihugu, ahubwo yitwara nk’umubyeyi, sekuru w’abana, nyir’urugo wishimira ko abashyitsi bisanzura, we ubwe akabazimanira icyo kurya n’icyo kunywa, mbese uharanira ko abamugana bataha bishimye.

Andrew Mwenda ati:” Ariya mafoto ninjye wayafashe, nyashyira no ku mbuga nkoranyambaga.

Umuryango wa Perezida Kagame ntiwinubiye ko naba navogereye ubuzima bwabo bwite, ahubwo nka Ange[umukobwa wa Perezida Kagame] yarabyishimiye cyane. Kagame rero urugero rw’umubyeyi mwiza, wabera urubyiruko icyitegererezo”.

“General Muhoozi ahora ashaka imibanire izira amakemwa hagati ya Uganda n’uRwanda, kuko azi inyungu buri ruhande rubifitemo”.

Gen Muhozi Kainerugaba Ubwo yasesekaraga i Kigali mu Rwanda

Avuga ku bihe bibi byaranze umubano hagati y’u Rwanda na Uganda, Andrew Mwenda yatangaje ko azi neza abantu babi ku ruhande rwa Uganda bahemberaga amakimbirane, ariko yirinda kuvuga amazina yabo, kugirango bidasubiza inyuma umubano umaze gusubirana.

Yavuze gusa ko General Muhoozi Kainerugaba ari ku isonga mu baharaniye ko ubu ibintu byasubiye mu buryo. Yagize ati:” Hari ibyemezo byinshi byafatwaga muri Uganda General Muhoozi atabishyigikiye na gato, kuko yabonaga neza ingaruka mbi ku mibanire hagati y’ibihugu by’abavandimwe. Arabizi ko buri gihugu muri ibi byombi ari ingenzi mu mibereho ya buri ruhande. Yaharaniye rero ko urwikekwe ruvaho, ari nayo mpamvu buri gihe yifuza kuza mu Rwanda, afata nko mu rugo”.

“Perezida Kagame ni inshuti idahemuka, haba mu bibi no mu byiza” 

 

Andrew Mwenda kandi yahishuye ibinyoma bya bamwe mu bashinzwe iperereza muri Uganda, bigeze guhimba igihuha ko u Rwanda rwaba rwifuza kugirira nabi General Muhoozi. Ibi ngo yabyimye amatwi, kuko afata Perezida Kagame nk’ inshuti nyanshuti mu bihe byose. Ati: ” General Muhoozi ntiyari kwemera ayo materanya ngo atakaze inshuti idahemuka. Arabizi neza ko Perezida Kagame ari umugabo utagutererana mu mvura y’amahindu cyangwa mu izuba ry’igikatu. Azirikana ko ushaka inshuti itazakuvaho rwahinanye, Perezida Kagame ariwe mahitamo meza”.

Andrew Mwenda kandi yanagarutse ku mateka ibihugu byombi bisangiye, akwiye no gukomeza kuba umusingi w’ubuvandimwe. Yatanze urugero rw’abaturage ba Uganda bo mu bwoko bw’Abanyarwanda, banafite uruhare rukomeye mu buzima bwa Uganda.

Yerekanye ko Abagande bo mu bwoko bw’Abanyarwanda bari no mu myanya ikomeye cyane mu butegetsi bwa Uganda, ariko agaya cyane bamwe mu bategetsi b’ibirumirahabiri, bafata abo bantu nk’abanyamahanga, bakanabiheraho babima pasiporo ya Uganda. Bwana Mwenda asanga iyo myumvire nayo ikwiye guhinduka, kugirango kubuza bamwe uburenganzira bwabo bitazakurura andi macakubiri.

Ikiganiro cya Andrew Mwenda cyagarutse no ku kibazo cy’intambara yo muri Kongo, agaya ba mpatsibihugu benyegeza umuriro bagamije inyungu zabo bwite.

Yanenze kandi imiyoborere mibi yakomeje kuranga abategetsi ba Kongo, bashyira imbere inyungu zabo, batitaye ku kaga abaturage bamazemo imyaka n’imyaniko.

Andrew Mwenda asanga ikibazo cya Kongo cyagombye kurangizwa n’ umuhate w’ibihugu bigize akarere, aho kwiringira abatazi cyangwa abirengagiza ipfundo ry’ibibazo.

2024-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019
SHOWBIZ

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ubwanditsi 16 May 2019
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika
Mu Rwanda

Indorerezi zirenga 1800 ziri gukurikirana itora rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 04 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru