• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Andrew Mwenda ni umunyamakuru rurangiranwa ukomoka muri Uganda, akaba umwanditsi w’ibitabo n’umusesenguzi kabuhariwe muri politiki mpuzamahanga, by’umwihariko iyo mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwo yitabiraga umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame ryabaye tariki 11 Kanama 2024, Andrew Mwenda ufatwa nk’inzobere mu bijyanye n’imibarine hagati y’u Rwanda na Uganda, doreko amaze imyaka hafi 25 ayikorera ubucukumbuzi, yaganiriye na Sanny Ntayombya mu kiganiro ” The Long Form” gitambuka kuri murandasi, maze amugaragariza uko azi Perezida Kagame, imiterere y’ibibazo byagiye biba hagati y’u Rwanda, n’uruhare General Muhoozi Kainerugaba yagize mu kubikemura.

“Byakugora kwanga Perezida Kagame”.

Bwana Andrew Mwenda, Umunyamakuru rurangiranwa mu karere no ku isi

Andrew Mwenda avuga ko mbere y’uko agirana bwa mbere ikiganiro kirambuye na Paul Kagame mu mwaka wa 2001, yari asanzwe amwumva mu mateka ya Uganda, nk’umusirikari utavugirwamo kandi ufata ibyemezo bikarishye. Ngo yari amuzi gusa nk’umuntu wagize uruhare mu ntambara zo kubohora Uganda n’u Rwanda, umugabo utagamburuzwa n’ibihe.

Perezida Paul Kagame

Aho baje kwicarana bakaganira birambuye, Andrew Mwenda yahishuriye “The Long Form” ko yatunguwe n’urugwiro Kagame yakirana abamugana, ariko cyane cyane ubumenyi bwimbitse kuri buri ngingo wamujyanaho yose: Politiki mpuzamahanga, ubukungu bw’isi yose, igisirikari, dipolomasi, kugeza no ku mikino asesengura kurusha n’abatoza.

Andrew Mwenda asanga ubwo bumenyi n’ubushishozi aribyo bisobanura impamvu ibihangange ku isi yose, mu nzego zose, bigirira icyizere Perezida Kagame. Andrew Mwenda ati: ” Si abantu benshi ku isi usangana izo ndangagaciro, ari nayo mpamvu nta muntu ushyira mu gaciro utakunda Kagame. N’iyo wagerageza kubyitsindagiramo byakugora…Ikikwereka.ubuhangange bwa Perezida Kagame, dusubire inyuma mu mateka ya vuba, mumbwire irahira ry’Umukuru w’Igihugu ryitabiriwe n’abaperezida 27!”.

“Nagize amahirwe yo gusura umuryango wa Kagame, nshimishwa no kwicisha bugufi bimuranga”.

Abasura imbuga nkoranyambaga babonye amafoto ya General Muhoozi Kainerugaba ari mu rugo kwa Perezida Kagame. Mu bari baherekeje Gen Muhoozi harimo na Andrew Mwenda, doreko hanabereye ubusabane bwo kwizihiza isabukuru y’uwo muhungu w’imfura ya Perezida Museveni wa Uganda. Mu kiganiro cye na Sanny Ntayombya, Bwana Mwenda yavuze uburyo mu rugo iwe, Kagame atifata nk’Umukuru w’Igihugu, ahubwo yitwara nk’umubyeyi, sekuru w’abana, nyir’urugo wishimira ko abashyitsi bisanzura, we ubwe akabazimanira icyo kurya n’icyo kunywa, mbese uharanira ko abamugana bataha bishimye.

Andrew Mwenda ati:” Ariya mafoto ninjye wayafashe, nyashyira no ku mbuga nkoranyambaga.

Umuryango wa Perezida Kagame ntiwinubiye ko naba navogereye ubuzima bwabo bwite, ahubwo nka Ange[umukobwa wa Perezida Kagame] yarabyishimiye cyane. Kagame rero urugero rw’umubyeyi mwiza, wabera urubyiruko icyitegererezo”.

“General Muhoozi ahora ashaka imibanire izira amakemwa hagati ya Uganda n’uRwanda, kuko azi inyungu buri ruhande rubifitemo”.

Gen Muhozi Kainerugaba Ubwo yasesekaraga i Kigali mu Rwanda

Avuga ku bihe bibi byaranze umubano hagati y’u Rwanda na Uganda, Andrew Mwenda yatangaje ko azi neza abantu babi ku ruhande rwa Uganda bahemberaga amakimbirane, ariko yirinda kuvuga amazina yabo, kugirango bidasubiza inyuma umubano umaze gusubirana.

Yavuze gusa ko General Muhoozi Kainerugaba ari ku isonga mu baharaniye ko ubu ibintu byasubiye mu buryo. Yagize ati:” Hari ibyemezo byinshi byafatwaga muri Uganda General Muhoozi atabishyigikiye na gato, kuko yabonaga neza ingaruka mbi ku mibanire hagati y’ibihugu by’abavandimwe. Arabizi ko buri gihugu muri ibi byombi ari ingenzi mu mibereho ya buri ruhande. Yaharaniye rero ko urwikekwe ruvaho, ari nayo mpamvu buri gihe yifuza kuza mu Rwanda, afata nko mu rugo”.

“Perezida Kagame ni inshuti idahemuka, haba mu bibi no mu byiza” 

 

Andrew Mwenda kandi yahishuye ibinyoma bya bamwe mu bashinzwe iperereza muri Uganda, bigeze guhimba igihuha ko u Rwanda rwaba rwifuza kugirira nabi General Muhoozi. Ibi ngo yabyimye amatwi, kuko afata Perezida Kagame nk’ inshuti nyanshuti mu bihe byose. Ati: ” General Muhoozi ntiyari kwemera ayo materanya ngo atakaze inshuti idahemuka. Arabizi neza ko Perezida Kagame ari umugabo utagutererana mu mvura y’amahindu cyangwa mu izuba ry’igikatu. Azirikana ko ushaka inshuti itazakuvaho rwahinanye, Perezida Kagame ariwe mahitamo meza”.

Andrew Mwenda kandi yanagarutse ku mateka ibihugu byombi bisangiye, akwiye no gukomeza kuba umusingi w’ubuvandimwe. Yatanze urugero rw’abaturage ba Uganda bo mu bwoko bw’Abanyarwanda, banafite uruhare rukomeye mu buzima bwa Uganda.

Yerekanye ko Abagande bo mu bwoko bw’Abanyarwanda bari no mu myanya ikomeye cyane mu butegetsi bwa Uganda, ariko agaya cyane bamwe mu bategetsi b’ibirumirahabiri, bafata abo bantu nk’abanyamahanga, bakanabiheraho babima pasiporo ya Uganda. Bwana Mwenda asanga iyo myumvire nayo ikwiye guhinduka, kugirango kubuza bamwe uburenganzira bwabo bitazakurura andi macakubiri.

Ikiganiro cya Andrew Mwenda cyagarutse no ku kibazo cy’intambara yo muri Kongo, agaya ba mpatsibihugu benyegeza umuriro bagamije inyungu zabo bwite.

Yanenze kandi imiyoborere mibi yakomeje kuranga abategetsi ba Kongo, bashyira imbere inyungu zabo, batitaye ku kaga abaturage bamazemo imyaka n’imyaniko.

Andrew Mwenda asanga ikibazo cya Kongo cyagombye kurangizwa n’ umuhate w’ibihugu bigize akarere, aho kwiringira abatazi cyangwa abirengagiza ipfundo ry’ibibazo.

2024-08-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2024
Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017

Shabalala na Shaiboub bayoboye abakinnyi bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Gashyantare muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2024
Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala
INKURU NYAMUKURU

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!
Amakuru

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Abanyarwanda babiri barasiwe muri Canada
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda babiri barasiwe muri Canada

Ubwanditsi 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru