• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019 POLITIKI

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) gushakira hamwe umuti w’bibazo bituma ukwihuza kwabyo kugorana kugira ngo bitazakereza umugabane wa Afurika kugera ku ntego y’ubuhahirane no koroshya urujya n’uruza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu i Kigali ubwo yatangizaga umwiherero w’umunsi umwe w’inama y’abaminisitiri b’ibihugu bigize EAC.

Uwo mwiherero ubaye mu gihe u Rwanda arirwo ruyoboye uwo muryango kugira ngo harebwe aho umuryango uvuye mu myaka 20 ishize wongeye kubyutswa, aho ugeze n’ingamba zafatwa ngo ugere aho wifuza kugera.

Umwiherero nk’uyu uheruka kuba mu mwaka wa 2009 ubwo u Rwanda rwari ruyoboye EAC.

Perezida Kagame yavuze ko kubwizanya ukuri no gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bihari ari byo bizatuma intego zo kwishyira hamwe kw’ibihugu bigize umuryango kugerwaho.

Ati “Dukeneye byihutirwa gushyira umuryango wacu ku murongo mu kumva ko ari uwacu, dutanga ibyo dusabwa byose ariko nako duharanira gukorera mu mucyo no kubazwa ibyo dushinzwe mu micungire y’inzego zawo. Nibwo buryo bwonyine bwo gukomeza kuba abizerwa n’abanyagaciro ku baturage bacu. Bizagorana no kugera ku ntego zoroshye twiyemeje mu gihe ibi bidakozwe uko bikwiye.”

Yavuze ko hakwiye gukurwaho imbogamizi zose zituma imishinga ibihugu byiyemeje itagerwaho, cyane cyane izitirwa n’ubushake buke bwa politiki.

Ati “Byinshi muri ibi bisaba gusa ubushake bwa politiki. N’akantu gato iyo kagezweho kagaragaza ubushake bwiza bikongera icyizere cy’abaturage bacu muri EAC. None se kuki twakiyambura ayo mahirwe dufitiye ubushobozi?”

Yagaragaje umumaro wo kwishyira hamwe ashingiye ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika yemerejwe i Kigali, umwaka ushize.

Yavuze ko abacuruzi n’abaturage muri Afurika banyotewe n’ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano azakuraho imbogamizi zatumaga ubuhahirane butagenda neza. Icyakora Perezida Kagame yibukije ko umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba atari wo ukwiye gukerereza urwo rugendo.

Ati “Tuzi akarere kacu n’ibikeneye gukorwa ngo natwe tujye muri uru rugendo. Ntabwo twakwemera gusigara inyuma cyangwa ngo abe ari twe dutinza abandi. EAC ifite igikenewe cyose ngo ibere intangurugero abandi muri uku kwihuza.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko uyu muryango ufite amategeko n’imigambi myiza ariko itagerwaho uko bikwiriye kubera ubushake buke bwa politiki.

Yavuze ko muri uyu mwiherero baraganira ku mbogamizi zituma ibyo bidakunda n’icyakorwa ngo ziveho.

Nduhungirehe yanavuze ko abaturage ba EAC badafite amakuru ahagije ku kamaro k’uwo muryango, akaba ari inshingano z’abayobozi kubumvisha ibyiza byawo.

Ati “Ubundi twawushyiriyeho kugira ngo woroshye ubucuruzi, abantu bacuruzanye nta mipaka ariko usanga rimwe na rimwe n’abacuruzi ubwabo batazi neza inyungu babifitemo. Ni twebwe rero bo kugira ngo tuganire nabo ukuntu bagira uruhare mu byemezo dufata.”

Uyu mwiherero ubaye mu gihe u Rwanda na Uganda bifitanye ibibazo mu mubano ariko Nduhungirehe yavuze ko atari byo baribandaho uyu munsi, icyakora nabyo ngo bishobora gukomozwaho kuko bibangamiye intego yo kwihuza.

Umunyamabanga Mukukuru wa EAC, Amb Libérat Mfumukeko yavuze ko nubwo uwo muryango ufite ibibazo, bidakomeye cyane ku buryo bitakemuka.

Uyu muryango wakomeje gutaka ubukererwe bw’imisanzu y’ibihugu ituma inzego za EAC zidakora neza, dore ko no kugeza ubu mu ngengo y’imari ya 2018/2019 ibihugu bimaze gutanga imisanzu ku kigero hafi cya 60 %.

Mfumukeko yavuze ko nubwo hakirimo ubukererwe bidakabije cyane kuko ngo hari indi miryango ibihugu bimara n’imyaka itanu bitaratanga imisanzu.

Ibihugu by’u Burundi na Sudani y’Epfo ntibyitabiriye umwiherero. Nduhungirehe yavuze ko u Burundi bwabandikiye bumenyesha ko butazaza kubera impamvu ziri mu gihugu naho Sudani y’Epfo yo ntacyo yigeze ibamenyesha.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba washinzwe mu 1967 usenyuka mu 1977. Wongeye kubyutswa mu mwaka wa 1999.

2019-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Ubwanditsi 08 Jun 2017
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Ubwanditsi 10 Apr 2018
RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Ubwanditsi 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.
Amakuru

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye
IMIKINO

Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!
Amakuru

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Ubwanditsi 07 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru