• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Ubwanditsi 07 Apr 2016 POLITIKI

Abinyujijwe kuri Ambassade y’u Rwanda i Buruseli mu BUBILIGI, Twagiramungu Faustin, kuwa 29 Werurwe 2016, yandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aha kopi, UNHCR n’indi Miryango yita ku mpunzi, Ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Iyo baruwa idasobanutse agira ati : Mw’izina ry’Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza, bibaye ngombwa ko mbagezaho inyandiko isesengura uburyo ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda gikomeje gutera inkeke, ikanerekana inzira ziboneye zo kugishakira umuti uhamye.

Impamvu nyamukuru itumye tubandikira, ni ukubasaba gukora ibishoboka byose, kugira ngo mbere y’uko uyu mwaka w’2016 urangira, icyo kibazo cy’impunzi kibe cyakemuwe mu buryo budasubirwaho. Rwose ni ngombwa ko Leta muyobora igihagurukira, dore ko kimaze imyaka irenga 50 kizahaza bamwe mu bana b’u Rwanda, badashobora gutaha mu gihugu cyabo, kubera ko batahizeye umutekano n’ubundi burenganzira bw’ibanze.

Ikindi ni uko ari ngombwa gutsindagira igitekerezo cy’uko hakwiye impinduka yimbitse mu miyoborere y’igihugu, kugira ngo impunzi zigire icyizere cy’uko uburenganzira bwazo bwakubahirizwa, mu gihe zaba zatahutse mu Rwanda. Kuri iyo ngingo, dusanga ishyirwaho rya Leta y’inzibacyuho igizwe n’amashyaka menshi, ariyo ntambwe ya mbere y’iyo mpinduka yatuma impunzi zitahuka ari nyinshi kandi ku bushake bwazo.

Aha Twagiramungu avugira impunzi ate ? ko atari impunzi, ko agendera kuri passport y’u Rwanda niy’u Bubiligi, ko nta mpunzi igendana Passport ngo ikore n’ibikorwa bya politiki byo kwiyamamariza kuyobora igihugu. Ikindi Twagiramungu arasaba Perezida Kagame inzibacyuho y’iki ? Ko igihugu kitari mu ntambara.

Minisiteri yo gucyura impunzi, ivuga ko Faustin Twagiramungu atari impunzi kandi adakwiye gufatwa nk’uvugira impunzi. Ibi ni ibyatangajwe nyuma y’ibivugwa n’uyu munyapolitiki uvuga ko ari mu buhungiro, wandikiye Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rukwiye kugaragaza gahunda yo kugirango impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku Isi zitahuke muri uyu mwaka wa 2016 cyangwa uwa 2017, bitaba ibyo ngo izi mpunzi zigafata umuheto zikirwanaho.

Mu kiganiro umunyamakuru wa KFM, aheruka kugirana na Minisitiri Seraphine Mukantabana ushinzwe gucyura impunzi no kurwanya ibiza, yamubwiye ko u Rwanda rusanganwe gahunda zihariye zo gucyura impunzi kuva hajyaho icyemezo cyo gukuraho ubuhunzi ku Banyarwanda, ariko akaba yatangiye amubwira ko akemanga ubuhunzi bwa Twagiramungu n’ibyo avuga.

-2600.jpg

Minisitiri Seraphine Mukantabana / Ifoto: Internet

Minisitiri Mukantabana yagize ati: “Twagiramungu..ngirango amakuru mufiteho n’uko atari impunzi. Yahereye kera avuga ko atari impunzi, ko ngo ari Umunyarwanda wagiye hanze, bityo rero njye nkumva ko nibyo yirirwa avuga ngo aravugira impunzi nta gaciro byaba bifite kuko ntago ari umuvugizi w’impunzi tuzi, kuko ntago ari mu mpunzi tuzi tujera. Twebwe impunzi tujera tuzi ko ari impunzi zitagomba no kujya mu bikorwa bya politiki, akenshi n’iyo abigiyemo cyangwa akajya muri ibyo byo kuvuga ngo yafata umuheto..mu buryo bwo gutera igihugu cye, ko convention zishinzwe impunzi ntago zibyemera. Umuntu wese watekereje kuba yakora ibikorwa bijyanye no guhungabanya umutekano w’igihugu yahunze, ntabwo uwo nguwo aba ari impunzi mu buryo bwa convention”.

Minisitiri Mukantabana yabajijwe niba hari porogaramu yihariye yo gucyura impunzi ihari nk’uko Twagiramungu avuga, asubiza ko isanzwe ihari igenewe cyane cyane gufasha abatahuka mu gusubira mu buzima busanzwe, gufasha abashaka gutaha mu buryo bwihuse, baba bafashijwe na HCR cyangwa leta y’u Rwanda.

Minisitiri Mukantabana yanabajijwe ikibazo cy’impunzi z’Abanyepolitiki na Twagiramungu avuga ko abarizwamo, abazwa niba zo hari gahunda iziteganyirijwe ku kijyanye no gukurirwaho ubuhunzi, asubiza ko kiriya cyemezo cyo gukuraho ubuhunzi kireba impunzi zose zahunze kuva muri 59 kugeza muri 98.

Twagiramungu arangiza ibaruwa ye ashyira iterabwoba kuri Perezida Kagame agira ati : Turasanga kandi bikwiye kuburira Ubutegetsi bwanyu, ko niba ibintu bikomeje kuba uko biri, mu Rwanda hashobora kuzarota indi ntambara igambiriye itahuka ry’impunzi, nk’uko byagenze mu mwaka w’1990, ubwo Ingabo za RPF-Inkotanyi, zibifashijwemo n’Ubugande, zashozaga intambara yaje kuzigeza ku butegetsi muri Nyakanga 1994.

-94.png

Faustin Twagiramungu

Nyakubahwa Prezida, twizeye ko muzafata ibyemezo bikwiriye nta kuzuyaza, bigusha ku nzira zose zatuma ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda gikemurwa bwangu kandi ku neza. Tubaye tubibashimiye, kandi turabashuhuje mu cyubahiro cyibakwiriye.

Faustin Twagiramungu
Perezida w’Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza (sé)

2016-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli  [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Moïse Katumbi yemeje ko agiye gusubira muri RDC kwiyamamaza

Moïse Katumbi yemeje ko agiye gusubira muri RDC kwiyamamaza

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu
Amakuru

AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

Ubwanditsi 09 Mar 2021
MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye
SHOWBIZ

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize
Amakuru

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Ubwanditsi 23 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru