• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Ubwanditsi 07 Apr 2016 POLITIKI

Abinyujijwe kuri Ambassade y’u Rwanda i Buruseli mu BUBILIGI, Twagiramungu Faustin, kuwa 29 Werurwe 2016, yandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aha kopi, UNHCR n’indi Miryango yita ku mpunzi, Ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Iyo baruwa idasobanutse agira ati : Mw’izina ry’Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza, bibaye ngombwa ko mbagezaho inyandiko isesengura uburyo ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda gikomeje gutera inkeke, ikanerekana inzira ziboneye zo kugishakira umuti uhamye.

Impamvu nyamukuru itumye tubandikira, ni ukubasaba gukora ibishoboka byose, kugira ngo mbere y’uko uyu mwaka w’2016 urangira, icyo kibazo cy’impunzi kibe cyakemuwe mu buryo budasubirwaho. Rwose ni ngombwa ko Leta muyobora igihagurukira, dore ko kimaze imyaka irenga 50 kizahaza bamwe mu bana b’u Rwanda, badashobora gutaha mu gihugu cyabo, kubera ko batahizeye umutekano n’ubundi burenganzira bw’ibanze.

Ikindi ni uko ari ngombwa gutsindagira igitekerezo cy’uko hakwiye impinduka yimbitse mu miyoborere y’igihugu, kugira ngo impunzi zigire icyizere cy’uko uburenganzira bwazo bwakubahirizwa, mu gihe zaba zatahutse mu Rwanda. Kuri iyo ngingo, dusanga ishyirwaho rya Leta y’inzibacyuho igizwe n’amashyaka menshi, ariyo ntambwe ya mbere y’iyo mpinduka yatuma impunzi zitahuka ari nyinshi kandi ku bushake bwazo.

Aha Twagiramungu avugira impunzi ate ? ko atari impunzi, ko agendera kuri passport y’u Rwanda niy’u Bubiligi, ko nta mpunzi igendana Passport ngo ikore n’ibikorwa bya politiki byo kwiyamamariza kuyobora igihugu. Ikindi Twagiramungu arasaba Perezida Kagame inzibacyuho y’iki ? Ko igihugu kitari mu ntambara.

Minisiteri yo gucyura impunzi, ivuga ko Faustin Twagiramungu atari impunzi kandi adakwiye gufatwa nk’uvugira impunzi. Ibi ni ibyatangajwe nyuma y’ibivugwa n’uyu munyapolitiki uvuga ko ari mu buhungiro, wandikiye Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rukwiye kugaragaza gahunda yo kugirango impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku Isi zitahuke muri uyu mwaka wa 2016 cyangwa uwa 2017, bitaba ibyo ngo izi mpunzi zigafata umuheto zikirwanaho.

Mu kiganiro umunyamakuru wa KFM, aheruka kugirana na Minisitiri Seraphine Mukantabana ushinzwe gucyura impunzi no kurwanya ibiza, yamubwiye ko u Rwanda rusanganwe gahunda zihariye zo gucyura impunzi kuva hajyaho icyemezo cyo gukuraho ubuhunzi ku Banyarwanda, ariko akaba yatangiye amubwira ko akemanga ubuhunzi bwa Twagiramungu n’ibyo avuga.

-2600.jpg

Minisitiri Seraphine Mukantabana / Ifoto: Internet

Minisitiri Mukantabana yagize ati: “Twagiramungu..ngirango amakuru mufiteho n’uko atari impunzi. Yahereye kera avuga ko atari impunzi, ko ngo ari Umunyarwanda wagiye hanze, bityo rero njye nkumva ko nibyo yirirwa avuga ngo aravugira impunzi nta gaciro byaba bifite kuko ntago ari umuvugizi w’impunzi tuzi, kuko ntago ari mu mpunzi tuzi tujera. Twebwe impunzi tujera tuzi ko ari impunzi zitagomba no kujya mu bikorwa bya politiki, akenshi n’iyo abigiyemo cyangwa akajya muri ibyo byo kuvuga ngo yafata umuheto..mu buryo bwo gutera igihugu cye, ko convention zishinzwe impunzi ntago zibyemera. Umuntu wese watekereje kuba yakora ibikorwa bijyanye no guhungabanya umutekano w’igihugu yahunze, ntabwo uwo nguwo aba ari impunzi mu buryo bwa convention”.

Minisitiri Mukantabana yabajijwe niba hari porogaramu yihariye yo gucyura impunzi ihari nk’uko Twagiramungu avuga, asubiza ko isanzwe ihari igenewe cyane cyane gufasha abatahuka mu gusubira mu buzima busanzwe, gufasha abashaka gutaha mu buryo bwihuse, baba bafashijwe na HCR cyangwa leta y’u Rwanda.

Minisitiri Mukantabana yanabajijwe ikibazo cy’impunzi z’Abanyepolitiki na Twagiramungu avuga ko abarizwamo, abazwa niba zo hari gahunda iziteganyirijwe ku kijyanye no gukurirwaho ubuhunzi, asubiza ko kiriya cyemezo cyo gukuraho ubuhunzi kireba impunzi zose zahunze kuva muri 59 kugeza muri 98.

Twagiramungu arangiza ibaruwa ye ashyira iterabwoba kuri Perezida Kagame agira ati : Turasanga kandi bikwiye kuburira Ubutegetsi bwanyu, ko niba ibintu bikomeje kuba uko biri, mu Rwanda hashobora kuzarota indi ntambara igambiriye itahuka ry’impunzi, nk’uko byagenze mu mwaka w’1990, ubwo Ingabo za RPF-Inkotanyi, zibifashijwemo n’Ubugande, zashozaga intambara yaje kuzigeza ku butegetsi muri Nyakanga 1994.

-94.png

Faustin Twagiramungu

Nyakubahwa Prezida, twizeye ko muzafata ibyemezo bikwiriye nta kuzuyaza, bigusha ku nzira zose zatuma ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda gikemurwa bwangu kandi ku neza. Tubaye tubibashimiye, kandi turabashuhuje mu cyubahiro cyibakwiriye.

Faustin Twagiramungu
Perezida w’Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza (sé)

2016-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola

Ubwanditsi 14 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye
ITOHOZA

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi
Mu Rwanda

Ubwoba muri RNC: Gen Kayumba kwikanga umuhisi n’umugenzi

Ubwanditsi 15 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru