• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibitekerezo by’abaturage ku bikwiye kwibandwaho mu Nama y’Umushyikirano

Ibitekerezo by’abaturage ku bikwiye kwibandwaho mu Nama y’Umushyikirano

Ubwanditsi 16 Dec 2017 POLITIKI

Abantu bagera ku bihumbi bibiri baturutse mu Rwanda no hanze yarwo, bategerejwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano igiye kuba ku nshuro ya 15, ikaba ifatirwamo imyanzuro ikomeye igamije guteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange.

Buri mwaka guverinoma y’u Rwanda itegura Inama y’Umushyikirano igatumirwamo abaturage, abayobozi b’inzego z’ibanze, abahagarariye amadini n’amatorero, abahagarariye ambasade [z’u Rwanda] mu bindi bihugu n’abandi batumirwa batandukanye.

Kuri iyi nshuro iyi nama iteganyijwe ku matariki ya 18-19 Ukuboza 2017, I Kigali muri Convention Centre.

Ni inama iha urubuga abaturage mu rwego rwo kubaka igihgu, bakabaza ibibazo bibangamiye iterambere ryabo maze bigahabwa umurongo bikemurirwamo.

Abaturage bari mu bice bitandukanye baganiriye na IGIHE,  dukesha iyi nkuru batangiye kugaragaza ibyo bifuza ko byazaganirwaho muri iyo nama.

Nshimiyimana Emmanuel wo mu Karere ka Huye, yifuza ko haganirwa ku mitangire y’imirimo n’akazi mu nzego za leta, kuko ngo usanga hakigaragaramo ikimenyane na ruswa, bigatuma rimwe na rimwe akazi gahabwa umuntu udafite ubushobozi bikadindiza iterambere ry’igihugu.

Yagize ati “Nubwo hari gahunda nyinshi zigenda zishyirwaho kugira ngo akazi koko kabone abagakwiriye, uracyabonamo kwitotomba kwa benshi bigaragaza ko hakiri ibitaranozwa. Icyo kintu gikwiye kwigwaho mu rwego rwo guca ruswa; bimaze iminsi bivugwaho mu cyumweru cyo kurwanya ruswa ariko hari ubwo bihera mu magambo gusa. Imirimo ya Leta nihabwe abantu bafite ubushobozi kuko nibwo tuzagera ku iterambere twifuza”.

Dusengimana Paul wo mu Karere ka Nyamagabe yifuza ko haganirwa ku cyakorwa hagamijwe kugabanya ubushomeri bukomeje kwiyongera mu rubyiruko, hakaba hashyirwaho nk’ibigo bishinzwe gufasha urubyiruko kubona imirimo.

Ati “Leta ikwiye gushaka uburyo yashyiraho ibigo runaka byajya biha urubyiruko imirimo cyangwa bikayibashakira kugira ngo ubushomeri bugabanuke.”

Abaturage kandi bagaruka ku kibazo cy’igiciro cy’ibikorerwa mu Rwanda kigihanitse bikaba bishobora kudindiza gahunda ya ‘Made in Rwanda’.

Nteziryayo Faustin wo mu Karere ka Musanze ati “Nihigwe ku kibazo k’ibikorerwa mu Rwanda; rimwe na rimwe usanga bihenze kuruta ibituruka hanze bigatuma bitagurwa cyane. Nibarebe ukuntu ibiciro byagabanywa kugirango umunyarwanda wese yisange ku giciro kimworoheye ndetse bongere ireme n’uburambe ku bikorerwa mu Rwanda.”

Ikindi gikwiye guhinduka ni ikijyanye n’uburyo imisanzu ya mituweli itangwa n’uko umunyamuryango yemererwa kwivuza bamwe bavuga ko hakirimo ingorane.

Habiyambere Donathi ati “Umuntu ufite umuryango w’abantu benshi akwiye kwemererwa kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu byiciro, abo ayatangiye bakaba bivuza bitabaye ngombwa ko bategereza abasigaye , hanyuma abandi na bo bakishyurirwa mu cyiciro gikurikiyeho bitewe n’ubushobozi bw’umuntu kuko twe tuzi neza agciro k’ubwisungane mu kwivuza ahubwo ikibazo ni uburyo bwo kwishyura umusanzu.”

Hanifuzwa ingamba zihariye zo gushakisha abagabo bakomeje gutera abangavu inda zitateguwe bagahanwa, aho guhora hakorwa ibyegeranyo by’umubare runaka w’abakobwa bazitewe ndetse icy’abana bata amashuri na cyo kigakemurwa mu maguru mashya.

Izamuka ryigiciro cy’ibiribwa na cyo ni ikibazo abaturage bifuza ko kizigwaho mu Nama y’Umushyikirano nk’uko byagarutsweho na Masengesho Anaclet wo mu Karere ka Rusizi uvuga ko ibiciro by’ibiribwa bigenda bizamuka bihabanye n’ubushobozi bw’abaturage.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yigirwamo ingingo ziba zigamije kuzamura iterambere ry’abaturage hagafatwa imyanzuro igomba gushyirwa mu bikorwa muri uwo mwaka.

 

Inama iheruka y’Umushyikirano niyo yemerejwemo intego yo kugira u Rwanda ubukungu buciriritse mu 2035 ubwo umunyarwanda azaba yinjiza amadolari arenga 4000 ku mwaka

Perezida wa Repubulika niwe uyobora Inama y’Igihugu y’Umushyikirano

Umuturage witwa Habyarimana Joseph yasekeje abantu bari bitabiriye inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2014, avuga uburyo yatunguwe n’inyubako ya Kigali Convention Center kugeza ubwo aketse ari kugenda ku ‘nyanja y’ibirahure’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo aganira n’uwahoze ari Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana mu Nama y’4umushyikirano ya 14


2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Ubwanditsi 23 Jan 2019
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 12 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi
Amakuru

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Ubwanditsi 07 Mar 2024
Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu
ITOHOZA

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Ubwanditsi 17 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru