• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020 IKORANABUHANGA

Uretse filime Parasite yo muri Korea y’Epfo yihariye ibihembo bya Oscars muri uyu mwaka, ababikurikiye ku wa Mbere banaryohewe no kuvumba ku misusire ya telefoni nshya ya Samsung Galaxy Z Flip, ni ukuvuga ko ishobora gukunjwa.

Ni telefoni yabanje kumurikwa ubwo hatangwaga ibihembo bya Oscars mu mashusho yamaze amasegonda 30, ariko itangazwa ku mugaragaro ku wa Kabiri mu gikorwa cyabereye mu mujyi wa San Francisco, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyi telefoni ishobora gukoreshwa mu buryo bunyuranye, ikunjwa ikanaramburwa igatanga ikirahuri kigari, ukaba wayikunja ukayitereka ahantu kumwe mudasobwa iba imeze niba wifuza kuyikoresha uganira n’undi muntu hifashishijwe amashusho, n’ibindi.

Iyi Galaxy Z Flip ni imwe muri telefoni zigezweho, nto kandi zishobora gukunjwa, nyuma y’uko uru ruganda rwo muri Korea ruheruka guhura n’imbogamizi mu gusohora Galaxy Fold, telefoni ishobora kuramburwa ikavamo tablet.

Samsung Galaxy Z Flip ikoresha Android 10, camera y’inyuma ifite megapixel 12 naho iyi mbere ifite megapixel 10. Ifite ubushobozi bwo gufata amashusho yo mu bwoko bwa 4K (HDR 10 Plus), ni ukuvuga ko aba asa neza cyane kandi ashobora kwerekanwa ku birahuri bya rutura, umwimerere w’amashusho ntuhinduke.

Ifite processor ya 64-bit octa-core, ububiko bwa GB 256 n’ububiko ikoresha by’akanya gato (RAM) bwa 8GB. Ubushobozi bwa batiri ni 3,300 mAh.

Muri uyu mwaka kandi hagiye ku isoko indi telefoni ishobora gukunjwa, Motorola Razr igura $1500. Yasohotse muri uku kwezi ndetse yakirwa neza ku isoko bitewe n’ubyiza byayo birimo kuba igira batiri nto n’ikirahuri cya pulasitiki.

Galaxy Z Flip izajya ku isoko ku wa 14 Gashyantare 2020, aho izaba igura $1,380 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Galaxy Z Flip ni telefoni nshya ya Samsung yashyizwe ku isoko

 

Ushobora kuyikunja, bikoroha kuyibika

 

Ushobora kuyitereka nka mudasobwa ukayikoresha mu kiganiro cyifashisha amashusho
Inkuru ya IGIHE

2020-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Abanyarwanda 500 bagiye guhugurwa gukora ‘software’ banahabwe akazi mu bigo bikomeye

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019
U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?
SHOWBIZ

Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru