• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Ubwanditsi 24 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’itumanaho Airtel Rwanda cyatangaje ko cyarangije guhuza ibikorwa byari iby’ibigo bibiri bikomeye by’itumanaho mu Rwanda, Tigo na Airtel Rwanda, nyuma y’uko muri Mutarama uyu mwaka, urwego ngenzuramikorere rwemeje ihuzwa ryabyo.

Ni nyuma y’amasezerano y’ubugure yashyizweho umukono tariki 19 Ukuboza 2017, i New Delhi mu Buhinde, hagati ya Bharti Airtel na Millicom yo ibyara Tigo, avuga ko Airtel Rwanda izegukana 100% by’imigabane yose ya Tigo Rwanda.

Itangazo iki kigo cyashyize ahagaragara, cyatangaje ko abahagarariye Airtel na Millicom bakoranye bya hafi kugira ngo ibikorwa by’ibigo byombi bibashe guhuzwa haba mu buryo bw’imikorere, serivisi byatangaga no kunoza umurongo w’itumanaho ukoreshwa.

Mu guhuza imikorere, ngo harebwe uburyo hatazabaho uburyo bwatuma abakozi bahurira ku bintu bimwe, cyane ko byari bisanzwe ari ibigo byombi bitanga serivisi z’itumanaho.

Rikomeza rigira riti “Imwe mu ntego z’ingenzi ni ukugira ikigo gikora neza, gihaza ibyifuzo by’abafatanyabikorwa bose by’umwihariko abakiliya bacu, mu gihe turi kwinjira mu kindi cyiciro cy’ibikorwa. Ku bw’iyo mpamvu, imyanya 49 byagaragaye ko itagikenewe.”

“Airtel yumva ingaruka abakozi bagizweho n’iki gikorwa, ikaba yiyemeje kuzigabanya. Abakozi bose bagizweho ingaruka bazahabwa imperekeza nk’uko biteganywa n’amategeko y’umurimo n’ay’ikigo. Hejuru y’umushahara mbumbe w’amezi abiri bemererwa, buri mukozi azishyurirwa ubwishingizi bw’indwara mu mezi atatu n’ikarita y’amezi atatu yo guhamagara ku buntu.”

Ibyo byiyongeraho ko iki kigo ngo cyagiranye amasezerano n’ikigo gikomeye gitanga serivisi zo gushakira abantu akazi, n’amahugurwa ayo ariyo yose bazakenera ngo babone andi mahirwe y’akazi. Rikomeza rigira riti “Ikigo cyiyemeje kwirengera ikiguzi cyose cy’ubufasha bakeneye.”

Guhuza Airtel na Tigo biteganywa ko bigomba kubyara ikigo gikomeye gitanga serivisi z’itumanaho, kibona n’inyungu ituruka mu bigo byombi n’imitungo bisanganwe, kugira ngo kirusheho gukomeza ishoramari ryacyo mu Rwanda.

Airtel ikomoke kuri Bharti Airtel ifite icyicaro i New Delhi mu Buhinde, ikaba ikorera mu bihugu 16 byo muri Aziya na Afurika. Icyo kigo kiza ku mwanya wa gatatui ku Isi mu gutanga serivisi za telefoni ngendanwa urebye mu mubare w’abafatabuguzi. Gitanga n’itumanaho rya internet ya 2G, 3G na 4G.

2018-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo
Mu Rwanda

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?
Amakuru

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025
RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru