• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo gitanga ubusesenguzi mu bya politiki, Cambridge Analytica, gishinjwa ko cyatanze amakuru mu bikorwa bo kwiyamamaza kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, cyatangaje ko kigiye gufunga imiryango nyuma y’ibirego by’urudacu gikurikiranywemo muri iki gihe.

Iki kigo gishinjwa ko cyabonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko, amakuru y’ibanga ku bantu basaga miliyoni 87 bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Facebook, agakoreshwa mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Cambridge Analytica yavuze ko yagerageje kurengera izina ryayo ngo ukuri kugaragare, ariko iperereza ry’imbere mu kigo ryasanze nta kibi cyakozwe.

Rikomeza rigira riti “Mu mezi menshi ashize, Cambridge Analytica yashinjwe ibirego byinshi bidafite ishingiro, ndetse uretse imbaraga yakoresheje ngo igaragaze ukuri, yakomeje gusigwa icyasha mu bikorwa byabaye bikurikije amategeko kandi byemewe mu kwamamaza mu bucuruzi na politiki.”

Iri tangazo rivuga ko nubwo Cambridge Analytica yari ifitiye icyizere uburyo abakozi bayo bakoze, ariko uburyo itangazamakuru ryakurikiranye iki kibazo “byirukanye abakiliya bose b’ikigo n’abafatanyabikorwa bacyo.”

Ku bw’iyo mpamvu ngo ikigo ntikigishoboye gukomeza ibikorwa, ku buryo hatangijwe ibikorwa byo kugisesa.

Muri Werurwe nibwo uwari Umuyobozi wa Cambridge Analytica i London, Alexander Nix, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amashusho yafashwe mu ibanga na Channel 4 News, avuga uburyo bafashije Donald Trump mu kwiyamamaza mu 2016.

Icyo gihe yavuye imuzi uburyo bashoboraga gutesha agaciro abandi bakandida burimo “kohereza abakobwa hafi y’inzu zabo bakandida.”

Cambridge Analytica yaje gutangaza ko yari ifite ububiko bw’amakuru bwemewe bugera kuri miliyoni 30 y’Abanyamerika, ariko ko atigeze akoreshwa mu matora ya Perezida wa Amerika. Icyo kigo cyatangaje ko cyahise kiyasiba.

Mu kwiba ayo makuru, bivugwa ko mu 2014 aribwo Facebook yagendga ibaza abantu ibibazo bitandukanye, maze iyo porogaramu yakoreshwaga ikagenda ifata amakuru y’abantu basubizaga ibyo bibazo, ariko igaca inyuma igatwara n’ay’inshuti zabo.

Bibarwa ko abantu bagera ku 305 000 aribo bakoresheje iyo porogaramu, ariko birangira yibye amakuru mu bantu basaga miliyoni 87 nk’uko Facebook yabitangaje. Bivugwa ko ayo makuru yaje kugurishwa kuri Cambridge Analytica, nayo ikayifashisha mu gusesengura abantu batoraga muri Amerika.

2018-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya
Mu Rwanda

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru