• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo gitanga ubusesenguzi mu bya politiki, Cambridge Analytica, gishinjwa ko cyatanze amakuru mu bikorwa bo kwiyamamaza kwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, cyatangaje ko kigiye gufunga imiryango nyuma y’ibirego by’urudacu gikurikiranywemo muri iki gihe.

Iki kigo gishinjwa ko cyabonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko, amakuru y’ibanga ku bantu basaga miliyoni 87 bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Facebook, agakoreshwa mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Cambridge Analytica yavuze ko yagerageje kurengera izina ryayo ngo ukuri kugaragare, ariko iperereza ry’imbere mu kigo ryasanze nta kibi cyakozwe.

Rikomeza rigira riti “Mu mezi menshi ashize, Cambridge Analytica yashinjwe ibirego byinshi bidafite ishingiro, ndetse uretse imbaraga yakoresheje ngo igaragaze ukuri, yakomeje gusigwa icyasha mu bikorwa byabaye bikurikije amategeko kandi byemewe mu kwamamaza mu bucuruzi na politiki.”

Iri tangazo rivuga ko nubwo Cambridge Analytica yari ifitiye icyizere uburyo abakozi bayo bakoze, ariko uburyo itangazamakuru ryakurikiranye iki kibazo “byirukanye abakiliya bose b’ikigo n’abafatanyabikorwa bacyo.”

Ku bw’iyo mpamvu ngo ikigo ntikigishoboye gukomeza ibikorwa, ku buryo hatangijwe ibikorwa byo kugisesa.

Muri Werurwe nibwo uwari Umuyobozi wa Cambridge Analytica i London, Alexander Nix, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amashusho yafashwe mu ibanga na Channel 4 News, avuga uburyo bafashije Donald Trump mu kwiyamamaza mu 2016.

Icyo gihe yavuye imuzi uburyo bashoboraga gutesha agaciro abandi bakandida burimo “kohereza abakobwa hafi y’inzu zabo bakandida.”

Cambridge Analytica yaje gutangaza ko yari ifite ububiko bw’amakuru bwemewe bugera kuri miliyoni 30 y’Abanyamerika, ariko ko atigeze akoreshwa mu matora ya Perezida wa Amerika. Icyo kigo cyatangaje ko cyahise kiyasiba.

Mu kwiba ayo makuru, bivugwa ko mu 2014 aribwo Facebook yagendga ibaza abantu ibibazo bitandukanye, maze iyo porogaramu yakoreshwaga ikagenda ifata amakuru y’abantu basubizaga ibyo bibazo, ariko igaca inyuma igatwara n’ay’inshuti zabo.

Bibarwa ko abantu bagera ku 305 000 aribo bakoresheje iyo porogaramu, ariko birangira yibye amakuru mu bantu basaga miliyoni 87 nk’uko Facebook yabitangaje. Bivugwa ko ayo makuru yaje kugurishwa kuri Cambridge Analytica, nayo ikayifashisha mu gusesengura abantu batoraga muri Amerika.

2018-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018
Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura: Havumbuwe  inzu  ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016
ITOHOZA

Bujumbura: Havumbuwe inzu ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi
IMIKINO

Umucungamutungo wa Miroplast FC yacikanye imishahara y’abakinnyi

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
POLITIKI

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru