• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nta munsi w’ubusa muri Uganda hatabaye ibyaha bikorwa na Perezida Museveni hamwe n’akazu ke k’abahima kagamije guca intege abo batavuga rumwe dore ko bakomeje kwibumbira hamwe.

Abaturage ba Uganda bahisemo kurwanya Perezida Museveni binyuze mu rubyiruko no mu buhanzi; ibi byagize ingaruka mbi ku kazu k’abahima kamaze imyaka 33 ku butegetsi, bakaba bashaje ariko badashaka kurekura ubutegetsi.

Ubwo umuhanzi Ziggy Wine akaba inshuti magara ya hafi ya Bobi Wine yashimutwaga, agakorerwa iyicwarubozo mu minsi mike ishize, nyuma akaza kwitaba Imana, ibinyamakuru n’abavuzi b’amacumu pa Perezida Museveni bihutiye kuvuga ko atishwe. Iki kinyoma abagande bacyamaganiye kure.

Mu rwego rwo kurangaza abantu, umuvugizi w’amacumu wa Museveni Ofwono Opondo yabaye umuvugizi wa RNC ku mugaragaro ubwo yakwirakwizaga inkuru yanditswe n’igitangazamakuru cya RNC Commandpost1.com gikorera kuri internet kikaba gishyigikiwe n’ibiro bishinzwe iperereza muri Uganda CMI.

Byatangiye icyo kinyamakuru gikwirakwiza ibinyoma ko Minisitiri Sezibera yarozwe, nuko Ofwono Opondo abiha umugisha abikwirakwiza ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter.

Ese Opondo yabikwirakwije ibihuha ku buzima bwa Minisitiri w’ikindi gihugu muruhe rwego? Ibibera muri Uganda ya Museveni nta handi kw’isi biba. Umwe mu Banyarwanda baba kuri Twitter yabajije Opondo niba yarabaye umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda atanga amakuru (nayo y’ibinyoma) ku buzima bw’abayobozi b’u Rwanda.

Nta gisubizo yatanze, gusa ikigaragara kandi gishishikaje Opondo ni ugukwirakwiza inkuru za RNC, umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda wagabye ibitero bya gerenade inshuro nyinshi ku butaka bw’u Rwanda bigahitana inzirakarengane hagati ya 2010-2014.

Bimaze igihe bizwi naburi wese ko Perezida Museveni yiyemeje gufatanya n’abarwanya u Rwanda. Raporo y’itsinda ry’abahanga ryashyizweho na LONI rigaragaza uko umutekano wifashe muri Kongo, ryagaragaje ko abarwanyi b’umutwe P5 ubarizwa mu burasirazuba bwa Kongo batoranywa muri Uganda

CMI na RNC bibwira ko gukwirakwiza ibihuha ku bayobozi b’u Rwanda hari icyo biri buhungabanyeho u Rwanda. Opondo, utavuga ku buzima bwite bw’umuyobozi wo mu kindi gihugu atabiherewe uburenganzira na Sebuja Museveni , nawe niko abitekereza.

Ikinyamakuru Chimp Reports cyishyurwa na CMI nacyo nticyatanzwe mu gukwirakwiza ibihuha by’ababishyura. Iki ni cyakinyamakuru mu minsi ishize cyavuzeko itsinda ry’abasirikari b’u Rwanda bagiye Gisoro gushaka icyo kurya nicyo kunywa. Umukuru wicyo kinyamakuru yemeje ko bafite amafoto ariko iminsi irenze 100 babeshya ko bayashyira ahagaragara umunsi ku munsi. Ibi byari ibinyoma byambaye ubusa nk’ibyo batangaza ku buzima bwa Minisitiri Richard Sezibera

2019-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi  Mowzey Radio yatawe muri yombi

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi Mowzey Radio yatawe muri yombi

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021
Rusesabagina, mu Rukiko Ntuzakururane, Uzemere ko uri Rudahusha Impuha n’Impamba y’Impunzi

Rusesabagina, mu Rukiko Ntuzakururane, Uzemere ko uri Rudahusha Impuha n’Impamba y’Impunzi

Ubwanditsi 14 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye
IMIKINO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho
Mu Mahanga

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Ubwanditsi 19 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru