• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nta munsi w’ubusa muri Uganda hatabaye ibyaha bikorwa na Perezida Museveni hamwe n’akazu ke k’abahima kagamije guca intege abo batavuga rumwe dore ko bakomeje kwibumbira hamwe.

Abaturage ba Uganda bahisemo kurwanya Perezida Museveni binyuze mu rubyiruko no mu buhanzi; ibi byagize ingaruka mbi ku kazu k’abahima kamaze imyaka 33 ku butegetsi, bakaba bashaje ariko badashaka kurekura ubutegetsi.

Ubwo umuhanzi Ziggy Wine akaba inshuti magara ya hafi ya Bobi Wine yashimutwaga, agakorerwa iyicwarubozo mu minsi mike ishize, nyuma akaza kwitaba Imana, ibinyamakuru n’abavuzi b’amacumu pa Perezida Museveni bihutiye kuvuga ko atishwe. Iki kinyoma abagande bacyamaganiye kure.

Mu rwego rwo kurangaza abantu, umuvugizi w’amacumu wa Museveni Ofwono Opondo yabaye umuvugizi wa RNC ku mugaragaro ubwo yakwirakwizaga inkuru yanditswe n’igitangazamakuru cya RNC Commandpost1.com gikorera kuri internet kikaba gishyigikiwe n’ibiro bishinzwe iperereza muri Uganda CMI.

Byatangiye icyo kinyamakuru gikwirakwiza ibinyoma ko Minisitiri Sezibera yarozwe, nuko Ofwono Opondo abiha umugisha abikwirakwiza ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter.

Ese Opondo yabikwirakwije ibihuha ku buzima bwa Minisitiri w’ikindi gihugu muruhe rwego? Ibibera muri Uganda ya Museveni nta handi kw’isi biba. Umwe mu Banyarwanda baba kuri Twitter yabajije Opondo niba yarabaye umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda atanga amakuru (nayo y’ibinyoma) ku buzima bw’abayobozi b’u Rwanda.

Nta gisubizo yatanze, gusa ikigaragara kandi gishishikaje Opondo ni ugukwirakwiza inkuru za RNC, umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda wagabye ibitero bya gerenade inshuro nyinshi ku butaka bw’u Rwanda bigahitana inzirakarengane hagati ya 2010-2014.

Bimaze igihe bizwi naburi wese ko Perezida Museveni yiyemeje gufatanya n’abarwanya u Rwanda. Raporo y’itsinda ry’abahanga ryashyizweho na LONI rigaragaza uko umutekano wifashe muri Kongo, ryagaragaje ko abarwanyi b’umutwe P5 ubarizwa mu burasirazuba bwa Kongo batoranywa muri Uganda

CMI na RNC bibwira ko gukwirakwiza ibihuha ku bayobozi b’u Rwanda hari icyo biri buhungabanyeho u Rwanda. Opondo, utavuga ku buzima bwite bw’umuyobozi wo mu kindi gihugu atabiherewe uburenganzira na Sebuja Museveni , nawe niko abitekereza.

Ikinyamakuru Chimp Reports cyishyurwa na CMI nacyo nticyatanzwe mu gukwirakwiza ibihuha by’ababishyura. Iki ni cyakinyamakuru mu minsi ishize cyavuzeko itsinda ry’abasirikari b’u Rwanda bagiye Gisoro gushaka icyo kurya nicyo kunywa. Umukuru wicyo kinyamakuru yemeje ko bafite amafoto ariko iminsi irenze 100 babeshya ko bayashyira ahagaragara umunsi ku munsi. Ibi byari ibinyoma byambaye ubusa nk’ibyo batangaza ku buzima bwa Minisitiri Richard Sezibera

2019-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa

Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 02 Mar 2020
L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 05 Mata 2017
Mu Rwanda

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 05 Mata 2017

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura
Mu Mahanga

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura
HIRYA NO HINO

Zimbabwe: Robert Mugabe wirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka rye ntakozwa ibyo kwegura

Ubwanditsi 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru