• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Ubwanditsi 15 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umukuru wa FDLR Lt Gen Mudacumura yishwe bamusanze mu birindiro bye tarikiya 18 Nzeli 2019 aho bivugwa ko hari inama ikomeye yari agiye kuyobora, andi makuru akavuga ko yagambaniwe n’abashaka kwihorera kubera nawe abo yishe. Tugiye kubagezaho amakuru yavuye mu rubanza rw’umukuru wa FDLR Ignace Murwanashyaka rwabereye I Stutgard mu Budage atuma twemerako yagambaniwe.

Hagati ya tariki 2-8 Nzeli 1994, Ingabo zatsinzwe zakoze inama yaguye zemeza umugambi wo gutaha mu Rwanda ku ngufu  no kurangiza umugambi wa Jenoside. Bemeje ko abasirikari n’interahamwe bajya mu nkambi zabo naho abasigaye mu nkambi bakambara imyenda isanzwe. Hashyizweho Komisiyo eshanu zari zikuriwe n’abasirikari bakuru bose baregwa  Jenoside aribo Col  Théoneste Bagosora, Col   Anselme Nkuliyekubona,  colonel Aloys Ntiwiragabo,   Col Andre Kanyamanza na Lt Col , Aloys Rwamanywa.

Abo bose bari bakuriwe na Gen Augustin Bizimungu. Abandi bari bakuriye Brigade na Batayo. Muri abo harimo Col Kanyandekwe wari ukuriye Bde ya 21 yakoreraga I Goma yungirijwe na Lt Col Paul Rwarakabije waje kuba nyuma umuyobozi mukuru wa FDLR.

Nyuma yaho Rwarakabije wari Maj Gen atahiye mu Rwanda ku bushake yasimbuwe na Sylvestre Mudacumura naho Col Emmanuel Kanyandekwe amwungirije.

Bivugwa ko Col Kanyandekwe Mudacumura atigeze amwiyumvamo, cyane ko yari afite icyerekezo cya FDLR gitandukanye nicya Mudacumura. Mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2006, Gen Mudacumura yatumiye Kanyandekwe basangira inzoga ariko hari umugambi wo kumutamika uburozi. Nyuma yo gusangira inzoga atashye mu birindiro bye, Kanyandekwe yahise apfa aguye mu nzira.

Mudacumura yaracecetse ntiyabivuga. Nyuma yaho ikinyamakuru cyo mu Rwanda The New Times gitangarijwe ko Col Kanyandekwe yarozwe tariki 24 Ukuboza 2006, Mudacumura yaratanguranywe yandikira Perezidqa wa FDLR Ignace Murwanashyaka ko Col Kanyandekwe yakoze impanuka agasitara agakubita umutwe hasi ahindura n’itariki avuga ko byabaye tariki 20 Ukuboza 2006. Kanyandekwe yajyanywe kuri Centre de Sante ya Kashabere arinaho bamushyinguye.

Mu rubanza rw’umuyobozi wa FDLR muri Stutgard mu Budage, umwe mu batangabuhamya bemeje ko Kanyandekwe wari warabaye General yarozwe na Mudacumura. Kanyandekwe yasimbuwe na Deogratias Izabayo wari uzwi nka Bigaruka warukuriye FDLR muri Tanzania.

Usibye Kanyandekwe, Mudacumura yaroze kandi  Col Denis Murego uzwi nka Mbuyi ndetse na Col Ben uzwi nka Bernard Musengeni wapfuye tariki 10 Kanam 2008 I Uvira. Gen Bigaruka yasabye Mudacumura ko yakohereza amafaranga bakajya gupimisha umurambo wa Ben I Bukavu, Mudacumura yasubijeko kumupimisha bitamugarura ahubwo ko ababaye kuko yari yiteguye kumwohereza mu butumwa I Roma.

Bigaruka yongeye gusaba Mudacumura kohereza amadorali 200 ngo bayahe umuryango we, ariko avunira ibiti ntiyagira icyo abasubiza. Umuvugizi wa FDLR icyo gihe Edmond Ngarambe atangazako yashyinguwe. Umutangabuhamya mu rubanza yavuzeko Ben yarozwe nuwari woherejwe na Mudacumura.

Umugore wa Ben yandikiye Murwanashaka ibaruwa ndende avuga ko umugabo we yishwe. Nyuma Murwanashyaka yaje kumuha amafaranga amutunga we n’umuryango we kugeza igihe aboherereje muri Zambiya. Mudacumura yaba ngo yarahoye Ben ko atari umukiga. Nyuma y’imfu zaba basirikari bakuru ndetse n’abandi, byaba byarakururiye Mudacumura abanzi benshi dore ko arinabwo batangiye ku muvaho bagashinga indi mitwe harimo na RUD Urunana yashinzwe ubwo yoherezaga muri Kivu y’amajyepfo Gen Musare, noneho akamwangira ahubwo akamukuraho abasirikari hafi 400.

Umukuru wa FDLR Gaston Iyamuremye uzwi nka Victor Byiringiro ntabwo yacanaga  uwaka na Mudacumura. Ubutaha tuzabagezaho imibanire ya Mudacumura na Gaston Iyamuremye inagaragaza ko Gaston Iyamuremye yamwikijije …..…….

2019-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Ubwanditsi 08 May 2024
Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi  Ragga Dee  nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi
IMIKINO

Umuhanzi Ragga Dee nyuma yo kwamamaza Museveni agatorwa nawe yamwituye kumugira Ambasaderi mu gihugu cy’Uburundi

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.
Amakuru

Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Ubwanditsi 25 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru