• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Inzigo n’amakimbirane muri FDLR byaba aribyo byagambaniye umugaba mukuru wayo Mudacumura?

Ubwanditsi 15 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umukuru wa FDLR Lt Gen Mudacumura yishwe bamusanze mu birindiro bye tarikiya 18 Nzeli 2019 aho bivugwa ko hari inama ikomeye yari agiye kuyobora, andi makuru akavuga ko yagambaniwe n’abashaka kwihorera kubera nawe abo yishe. Tugiye kubagezaho amakuru yavuye mu rubanza rw’umukuru wa FDLR Ignace Murwanashyaka rwabereye I Stutgard mu Budage atuma twemerako yagambaniwe.

Hagati ya tariki 2-8 Nzeli 1994, Ingabo zatsinzwe zakoze inama yaguye zemeza umugambi wo gutaha mu Rwanda ku ngufu  no kurangiza umugambi wa Jenoside. Bemeje ko abasirikari n’interahamwe bajya mu nkambi zabo naho abasigaye mu nkambi bakambara imyenda isanzwe. Hashyizweho Komisiyo eshanu zari zikuriwe n’abasirikari bakuru bose baregwa  Jenoside aribo Col  Théoneste Bagosora, Col   Anselme Nkuliyekubona,  colonel Aloys Ntiwiragabo,   Col Andre Kanyamanza na Lt Col , Aloys Rwamanywa.

Abo bose bari bakuriwe na Gen Augustin Bizimungu. Abandi bari bakuriye Brigade na Batayo. Muri abo harimo Col Kanyandekwe wari ukuriye Bde ya 21 yakoreraga I Goma yungirijwe na Lt Col Paul Rwarakabije waje kuba nyuma umuyobozi mukuru wa FDLR.

Nyuma yaho Rwarakabije wari Maj Gen atahiye mu Rwanda ku bushake yasimbuwe na Sylvestre Mudacumura naho Col Emmanuel Kanyandekwe amwungirije.

Bivugwa ko Col Kanyandekwe Mudacumura atigeze amwiyumvamo, cyane ko yari afite icyerekezo cya FDLR gitandukanye nicya Mudacumura. Mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2006, Gen Mudacumura yatumiye Kanyandekwe basangira inzoga ariko hari umugambi wo kumutamika uburozi. Nyuma yo gusangira inzoga atashye mu birindiro bye, Kanyandekwe yahise apfa aguye mu nzira.

Mudacumura yaracecetse ntiyabivuga. Nyuma yaho ikinyamakuru cyo mu Rwanda The New Times gitangarijwe ko Col Kanyandekwe yarozwe tariki 24 Ukuboza 2006, Mudacumura yaratanguranywe yandikira Perezidqa wa FDLR Ignace Murwanashyaka ko Col Kanyandekwe yakoze impanuka agasitara agakubita umutwe hasi ahindura n’itariki avuga ko byabaye tariki 20 Ukuboza 2006. Kanyandekwe yajyanywe kuri Centre de Sante ya Kashabere arinaho bamushyinguye.

Mu rubanza rw’umuyobozi wa FDLR muri Stutgard mu Budage, umwe mu batangabuhamya bemeje ko Kanyandekwe wari warabaye General yarozwe na Mudacumura. Kanyandekwe yasimbuwe na Deogratias Izabayo wari uzwi nka Bigaruka warukuriye FDLR muri Tanzania.

Usibye Kanyandekwe, Mudacumura yaroze kandi  Col Denis Murego uzwi nka Mbuyi ndetse na Col Ben uzwi nka Bernard Musengeni wapfuye tariki 10 Kanam 2008 I Uvira. Gen Bigaruka yasabye Mudacumura ko yakohereza amafaranga bakajya gupimisha umurambo wa Ben I Bukavu, Mudacumura yasubijeko kumupimisha bitamugarura ahubwo ko ababaye kuko yari yiteguye kumwohereza mu butumwa I Roma.

Bigaruka yongeye gusaba Mudacumura kohereza amadorali 200 ngo bayahe umuryango we, ariko avunira ibiti ntiyagira icyo abasubiza. Umuvugizi wa FDLR icyo gihe Edmond Ngarambe atangazako yashyinguwe. Umutangabuhamya mu rubanza yavuzeko Ben yarozwe nuwari woherejwe na Mudacumura.

Umugore wa Ben yandikiye Murwanashaka ibaruwa ndende avuga ko umugabo we yishwe. Nyuma Murwanashyaka yaje kumuha amafaranga amutunga we n’umuryango we kugeza igihe aboherereje muri Zambiya. Mudacumura yaba ngo yarahoye Ben ko atari umukiga. Nyuma y’imfu zaba basirikari bakuru ndetse n’abandi, byaba byarakururiye Mudacumura abanzi benshi dore ko arinabwo batangiye ku muvaho bagashinga indi mitwe harimo na RUD Urunana yashinzwe ubwo yoherezaga muri Kivu y’amajyepfo Gen Musare, noneho akamwangira ahubwo akamukuraho abasirikari hafi 400.

Umukuru wa FDLR Gaston Iyamuremye uzwi nka Victor Byiringiro ntabwo yacanaga  uwaka na Mudacumura. Ubutaha tuzabagezaho imibanire ya Mudacumura na Gaston Iyamuremye inagaragaza ko Gaston Iyamuremye yamwikijije …..…….

2019-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Ubwanditsi 18 Aug 2023
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 30 Dec 2019
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Ubwanditsi 16 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100
UBUKUNGU

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Amahoro  Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage  ama  Grenades
ITOHOZA

Amahoro Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage ama Grenades

Ubwanditsi 12 Jan 2016
Abanyarwanda bajya muri Congo-Brazzaville bazajya bahererwa viza ku mipaka
UBUKERARUGENDO

Abanyarwanda bajya muri Congo-Brazzaville bazajya bahererwa viza ku mipaka

Ubwanditsi 17 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru