• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ubwanditsi 12 May 2016 Mu Mahanga

Nk’uko byagiye bigenda mu nzego zitandukanye zikifashisha ikoranabuhanga mu mirimo yazo, Polisi yo muri iki gihe tugezemo nayo yifashisha ikoranabuhanga nka kimwe mu gikoresho cyo gukumira no kurwanya ibyaha bikorwa muri iyi minsi cyane cyane ko hari ibikorwa hifashishijwe iryo koranabuhanga.

Iterambere mu ikoranabuhanga rituma inzego z’umutekano zikoresha uburyo burenze ubwa gakondo, zigahanga udushya dutuma ibyaha bikumirwa bitaraba, n’ababigizemo uruhare bagafatwa vuba.

Ntawakwirengagiza ko ubu abantu benshi ku isi ikoranabuhanga rifite uruhare runini mu buzima bwabo, ibyo bigatuma n’abanyabyaha barikoresha mu gukora ibyaha bitandukanye.

Ibi nibyo byatumye rero n’inzego zishinzwe umutekano zarashyize imbaraga mu gukoresha iryo koranabuhanga, bashyiraho ibikoresho bitandukanye bizifasha mu gukurikirana no gufata abakekwaho ibyaha.

Ni muri urwo rwego na Polisi y’u Rwanda yashyizeho ubwo buryo n’ibikoresho bituma irwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ihugura abapolisi bakoresha iryo koranabuhanga, byose bigamije gukumira, gutahura no kugenza ibyaha by’ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe iterambere ry’ikoranabuhanga (Communication and Information System -CIS) muri Polisi y’u Rwanda Chief Superintendent of Police (CSP) Elie Mberabagabo, yavuze imikorere y’iri shami anavuga ko muri iki gihe hafi y’ibyaha byose bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Akaba yagize ati:” Mu mwaka wa 2000, twatangiye turi agashami gato, ariko uko isi igenda itera imbere ari nako abanyabyaha bakoresha uburyo bugoranye kubatahura, Polisi y’u Rwanda yasanze ari ngombwa ko natwe twongera imbaraga mu mikorere yacu no mu bikoresho twifashishaga, ubu tukaba twarabaye ishami rikomeye, rifite ibikoresho bihagije kandi bikomeye ku rwego rw’isi, byose bituma tubasha guhangana n’ibyaha bikrwa hifashishijwe ikoranabuhanga.”

Yavuze ko kugeza ubu, iri shami rishinzwe iterambere ry’ikoranabuhanga (CIS) arizo Information Technology, Technical Support, Communications, Command and Coordination Center na Cyber Security Deployment, ikagira abahanga mu ikoranabuhanga 100, ndetse ubu ikaba yaramaze kubona software igezweho ikoreshwa mu gutahura abakora ibyaha by’ikoranabuhanga.

-2789.jpg

Umuyobozi w’ishami rishinzwe iterambere ry’ikoranabuhanga (Communication and Information System -CIS) muri Polisi y’u Rwanda Chief Superintendent of Police (CSP) Elie Mberabagabo

Akaba yagize ati:”Nk’uko ibyaha byinshi bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, dufasha ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda (CID) mu gutahura abanyabyaha, kuko dufite ubushobozi bwo kubona ibintu byose bishobora kuba biri muri mudasobwa n’ikindi kintu cyose kibikwaho inyandiko n’amashusho.”

CSP Mberabagabo yakomeje avuga ko kubera ko u Rwanda rwihuta mu ikoranabuhanga n’itumanaho kandi rikaba rikoreshwa mu buzima butandukanye bw’igihugu, Polisi y’u Rwanda ifite inshingano zo kugenzura ikoreshwa neza ryaryo mu rwego rwo gucungira umutekano abarikoresha.

Avuga ku buryo Polisi y’u Rwanda yifashisha ikoranabuhanga mu gufata abanyabyaha yavuze ko Polisi mpuzamahanga (Interpol) yashyizeho uburyo bwo guhanahana amakuru mu buryo bwihuse aho umunyacyaha ageze mu gihugu runaka kigaha amakuru aho akomoka cyangwa yakoreye icyaha agafatwa aribwo buzwi ku izina rya I-24/7, bisobanuye ko ibihugu byo ku isi yose amasaha 24, iminsi 7 biba bihanahana amakuru, ubu buryo Polisi y’u Rwanda ikaba yaranabugejeje ku mipaka hafi ya yose y’u Rwanda no ku kibuga cy’indege cya Kigali, ndetse no mu kigo cy’Igihugu cy’abinjira n’abasohuka no mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro ishami rya gasutamo.

Kubera iri koranabuhanga rya I-24/7 abakekwaho ibyaha hafi 300 bashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa, 17barafashwe bacirwa imanza mu bihugu bafatiwemo, 75 barafashwe boherezwa kuburanira mu rukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), abandi 13 boherezwa kuburanira mu Rwanda.

Yanavuze ko iri koranabuhanga ryagejejwe mu mashami atandukanye ya Polisi y’u Rwanda mu korohereza abayigana, aho yavuze ko ryagejejwe mu kigo cya Polisi gipima ubuziranenge bw’ibinyabiziga, kwiyandikisha ku bashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga ndetse no gusohora izo mpushya ku buryo bisigaye bikomerera abashaka gukora iz’impimbano.

Mu rwego rwo gukomeza kwegereza serivisi abaturage, iri koranabuhanga muri Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo itishyurwa, urubuga rwa Polisi y’u Rwanda, imbuga nkoranyambaga Polisi y’u Rwanda ikoresha abaturage bakaba bashobora gutangiraho ibibazo byabo bakabona ibisubizo ako kanya.

Uru rubuga rwa Polisi y’u Rwanda ni (www.police.gov.rw), imbuga nkoranyambaga ni twitter na facebook, naho iyo mirongo itishyurwa ni aho uwagize ikibazo kirebana n’iby’inzira zo mu mazi ahamagara kuri 110, ukorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ahamagara kuri 3512, uhohotewe n’umupolisi ahamagara kuri 3511, uhuye n’ikibazo cy’impanuka zo mu muhanda ahamagara kuri 113, ushaka ubutabazi bwihuse ahamagara kuri 112, ushaka ubutabazi ku nkongi z’umuriro ahamagara kuri 111, ushaka gutanga amakuru kuri ruswa ahamagara 997, utanga amakuru k’uhohotera umwana ahamagara 116, naho ushaka ubufasha mu kigo Isange agahamagara kuri 3029.

CSP Mberabahizi kandi yagize ati:” Kubera iyi mirongo itishyurwa n’izi mbuga nkoranyambaga, bituma Polisi y’u Rwanda ikorana bya hafi n’abaturage.”

Imigambi iri imbere ni iyihe?

Yasobanuye ko Polisi y’u Rwanda ifite gahunda yo gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga bushoboka bwose ngo ikome mu nkokora abanyabyaha, aho yagize ati:”Mu rwego rwo gukomeza gucunga umutekano w’abaturage hakoreshejwe ikoranabuhanga, Polisi y’u Rwanda ifite umushinga wo gukwirakwiza za CCTVs mu bice bikunda guhuriramo abantu benshi mu mijyi itandukanye y’iki gihugu, zikazatuma tuzajya tubona ibyahabereye, tukaba turi no gukorana n’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ngo hashyirweho uburyo bw’ikoranabuhanga buzatuma abakoresha umuhanda banyurwa na serivisi bahabwa n’iri shami.”

Iryo koranabuhanga rizifashishwa n’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda harimo guha utwaye ikinyabiziga ufatiwe mu ikosa urupapuro ruvuye mu kamashini kazajya kaba gafitwe n’umupolisi, aho kumusigaranira ibyangombwa, hanyuma nawe akazajya kwishyura amande yaciwe akoresheje ikoranabuhanga.

CSP Mberabagabo yasoje avuga ko n’ubwo ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga bitaraba byinshi mu Rwanda, ahandi ku isi bihakorerwa cyane, ariko ko ababikora bagomba kumenya ko Polisi y’u Rwanda ihagaze neza ku ikoranabuhanga ku buryo uwo ariwe wese uzabikinisha atazatinda gufatwa agashyikirizwa ubutabera, akaba asaba buri wese gutangira amakuru ku gihe y’ibyaha by’ikoranabuhanga.

RNP

2016-05-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Ubwanditsi 26 Nov 2017
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida  Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)
POLITIKI

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka
Mu Rwanda

Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka

Ubwanditsi 10 Jul 2017
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball
Amakuru

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru