• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300
Umwe mu bakomeretse

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Ubwanditsi 26 Nov 2017 Mu Mahanga

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije Igihugu cya Misiri n’abaturage bacyo muri rusange ku bw’igitero cy’iterabwoba cyabereye ku musigiti kigahitana abantu 300.

Mushikiwabo Louise, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, n’ibikorwa by’Umuryango w’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko u Rwanda rwamaganye icyo gikorwa kiterabwoba cyahitanye imbaga kigakomeretsa benshi.

Mu butumwa yacishije ku rubuga rwa Twitter, Minisitiri Mushikiwabo yagize ati “ Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, twifatanyije mu kababaro na Misiri n’abaturage bayo. Twamaganye igitero cy’iterabwoba cyabereye mu musigiti Al- Rawda uherereye mu Majyaruguru ya Sinai, cyishe inzirakarengane 235 abandi benshi bagakomereka.”

Uko igitero cyagenze

Kuri uyu wa gatanu ubwo abayoboke b’Idini ya Islam basengeraga mu Musigiti wa Al- Rawda mu Mujyi wa Bir al-Abed, bari bagiye kurangiza isengesho ryabo rikuru, hatewe ikibombe gikomeye ku musigiti mbere y’uko abantu bitwaje imbunda baza kurasa umuntu wese wasahakaga gusohoka ngo ahunge.

Ababarirwa muri 235 ni bo bamaze kumenyekana ko bahasize ubuzima na ho abagera 109  bakaba bakomeretse.

BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko abantu bagera kuri 40 bitwaje intwaro bahise banafunga imihanda yose yerekeza kuri uwo musigiti, batangira kurasa mu byerekezo bitandukanye, ku buryo n’imodoka z’ubutabazi za Ambulance zahageze mbere zarashwe.

Kugeza ubu nta mutwe n’umwe wari wigamba iki gitero gusa harakekwa Islamic state, ugendera ku mahame ya kisiramu.

Igihugu cya Misiri kiri mu birwanya iterabwoba, ikaba ishobora kuba ari yo mpamvu icyo gitero cyahabereye mu rwego rwo kwihimura.

Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sissi yamaze gushyiraho icyunamo cy’iminsi itatu, nk’uko yabitangarije kuri Televiziyo y’Igihugu.

Mu bandi bakuru b’ibihugu bagaragaje ko bafashe mu mugongo Misiri harimo Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uw’u Bufaransa Emmanuel Macron ndetse na Vladimir Poutine w’u Burusiya n’abandi.

Kugeza ubu muri ako karere umutekano wakajijwe ndetse n’Umukuru w’Igihugu yatangaje ko bagiye guhiga bukware abagize uruhare muri icyo gitero.

2017-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018
Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Ubwanditsi 06 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka

Ubwanditsi 13 Sep 2018
U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera
Amakuru

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.
Amakuru

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru