• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’imiyoborere basuye inganda zo muri Etiyopiya

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Mahanga

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi n’ibindi bijyanye n’inshingano zabo bari mu rugendoshuri mu gihugu cya Etiyopiya, ku munsi wa kabiri warwo basuye ibikorwa bitandukanye birimo uruganda ruteranyirizwamo imodoka rwa Bishoftu (Bishoftu Automotive Industry – BAI)), igice cy’inganda cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Industrial Zone), n’Ikigo cya Polisi gitorezwamo imbwa kureha no gusaka ibiyobyabwenge n’ibintu biturika (Canine Unit training centre).

Bishoftu Automotive Industry iherereye mu ntara ya Oromia, hakaba ari mu birometero 45 mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Addis-Ababa, umujyi mukuru w’iki gihugu, iyi ntara ikaba irimo inganda indwi zibarizwa mu cyitwa Metals and Engineering Corporation (METEC).

Uru ruganda ruteranyirizwamo imodoka zinyuranye zirimo iz’imitamenwa za gisirikare , imodoka zitwara imyanda , izitwarwamo abagenzi, ibikoresho bya gisirikare, n’ibindi.

Rufite uruhare runini mu iterambere ry’iki gihugu, kandi ibyo rukora byoroshya ingendo z’igisirikare cyacyo.

Igice cy’inganda cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na cyo giherereye mu ntara ya Oromia, kikaba kirimo inganda 26 zikoresha abantu bagera ku 10237.

Kugeza ubu, icyo kigo cya Polisi gitorezwamo imbwa kureha no gusaka ibiyobyabwenge n’ibintu biturika gifite imbwa 43 zatojwe kubikora.

Ubwo bagisuraga, aba bapolisi bakuru b’abanyeshuri beretswe uko izo mbwa zikoreshwa mu mirimo yo gutahura ibintu biturika, uko zivurwa, kandi basobanurirwa imbogamizi zo kuzitaho.

Umuyobozi wa NPC, Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye, akaba ari na we uyoboye abo banyeshuri yagize ati,”Aho basuye hose, aba banyeshuri biboneye ubushake na gahunda zashyizweho zigamije kwishakamo ibisubizo byo guteza imbere ubukungu burambye by’iki gihugu, iterambere ryacyo rirambye, amahoro n’umutekano, no guteza imbere imibereho myiza y’abagituye hibandwa cyane ku guhanga imirimo.”

Yakomeje agira ati,”Ibyo bungukiye muri BAI no mu gice cy’inganda cy’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’ahandi, byabahumuye amaso, kandi bavuga ngo: Ahari ubushake haba hari n’ubushobozi.”

Igice cy’inganda cyashyizweho kugira ngo giteze imbere ishoramari muri iki gihugu no kugira ngo cyongere umubare n’agaciro k’ibyo cyohereza hanze , ibi bikaba bifite uruhare runini mu bukungu n’iterambere ryacyo.

Mu rwego rwo kureshya abashoramari, hashyizweho uburyo bwo kuborohereza gushora imari muri iki gihugu, mu byakozwe hakaba harimo kwibanda ku ngendo zikorerwa mu mazi, koroshya itangwa ry’inguzanyo , no gusonerwa imisoro mu gihe cy’imyaka icumi. Hafi mirongo irindwi ku ijana (70%) y’ibikorwa n’inganda zo muri iki gihugu byoherezwa hanze yacyo.

Uru rugendoshuri rw’icyumweru aba bapolisi bakuru 31 bagize icyiciro cya kane cy’abiga iby’ubuyobozi ndetse n’ibindi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College-NPC) bari gukorera muri Etiyopiya ruri mu byo bagomba gukora mu gihe cy’umwaka bamara biga, aho iyo barangije amasomo bahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu kwimakaza umuco w’amahoro no guhosha amakimbirane.

-2978.jpg

Aba banyeshuri baturuka mu bihugu icumi byo ku mugabane wa Afurika ari byo: Uburundi, Etiyopiya, Gambiya, Kenya, Namibiya, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, Uganda, Zambiya, n’u Rwanda, ari na ho bigira.

RNP

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 04 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu
Mu Rwanda

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Ubwanditsi 01 Aug 2017
Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru