• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Ubwanditsi 10 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Kagame na mugenzi we Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo nibo Bakuru b’Ibihugu ba mbere ba Afurika, bamaze kwemeza kuzitabira inama yo ku rwego rwo hejuru y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku kurwanya igituntu izaba muri Nzeri uyu mwaka.

Iyi nama izaba kuwa 26 Nzeri uyu mwaka, niyo ya mbere y’Umuryango w’Abibumbye yahariwe kwiga ku gituntu gusa. Igamije kongera imbaraga mu kurandura igituntu ndetse n’uwacyanduye akabona ubuvuzi. Insanganyamatsiko yayo iragira iti “Ubumwe mu kurandura igituntu: Igisubizo cyihutirwa ku cyorezo cyugarije Isi”.

Aba bakuru b’ibihugu batangaje ko bazitabira iyi nama ubwo hafungurwaga inama ya 31 ya AU yabereye i Nouakchott muri Mauritania. Icyo gihe Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yagiranye inama n’abakuru b’ibihugu bagera hafi kuri 20 baganira ibyo Afurika yiyemeje kuri iyi nama yiga ku gituntu.

Perezida Ramaphosa yavuze ko yiyemeje kuzitabira iyi nama yo ku rwego rwo hejuru, ndetse ahamagarira bagenzi be b’Abakuru b’Ibihugu kuzitabira iyi nama y’amateka.

Yagize ati “Nk’Abakuru b’Ibihugu muri Afurika, dusobanukiwe ko ubuzima bukwiye guhabwa umwanya w’ibanze mu nzego zo hejuru za politiki. Ikibazo cy’igituntu ntikireba gusa ba Minisitiri b’ubuzima kuko mu nzego za politiki, ubukungu n’imibereho nabo barebwa n’igituntu. Imbaraga zacu mu gushaka ubushobozi zirakenewe kugira ngo turwanye igituntu burundu”.

Perezida Kagame yagaragaje ko igituntu ari ikibazo cyihutirwa muri Afurika kuko mu bihugu cyugarije cyane ibyo kuri uyu mugabane ari byo byinshi.

Yagize ati “Igituntu ni imwe mu ndwara zikomeye muri Afurika, ibihugu 16 muri 30 byugarijwe n’iyi ndwara ni ibyo kuri uyu mugabane. Ni kubw’iyi mpamvu inzobere ndetse na ba Minisitiri b’ubuzima mu bihugu bigize AU, bemeje aho Afurika ihagaze kuri iyi ndwara, bikazagaragazwa muri iyi nama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku gituntu izaba muri Nzeri i New York”.

Ibizibandwaho n’iby’ibanze n’ibyiyemejwe n’abakuru b’ibihugu bya AU kuri iyi nama birimo; kugeza ubuvuzi kuri 90% by’abarwaye igituntu, kuvura 90% bagakira no gushora imari mu buryo burinda abantu kwandura indwara y’igituntu.

Ibihugu bigize AU, ntibyahwemye kugira uruhare mu bufatanye bwo kurandura igituntu. Muri Kanama 2016, ba Minisitiri b’ubuzima ba Afurika nibo babaye aba mbere mu gusaba ko habaho inama yo ku rwego rwo hejuru yiga ku gituntu.

Dr Lucica Ditiu, Umuyobozi wa gahunda y’ubufatanye mu kurwanya igituntu, avuga ko Perezida Kagame na Ramaphosa, bahamije ko iyi ndwara ikwiye umwanya w’imbere muri gahunda za leta. Yongeyeho ko bategereje ko n’abandi bakuru b’ibihugu bakurikiza urugero rwa bo bakiyemeza kuzitabira iyi nama yo ku rwego rwo hejuru.

Gahunda y’ubufatanye yo guhagarika igituntu igamije kurandura burundu iyi ndwara ihitana abantu batatu buri munota. Yatangiye mu 2001, igamije ko buri wese wanduye igituntu abona ubufasha, imiti myiza kandi ubuvuzi bukagera kuri buri wese ubukeneye.

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

2018-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye

Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Ubwanditsi 18 Sep 2024
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo
Amakuru

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Ubwanditsi 03 Oct 2021
Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye
Mu Mahanga

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018
Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru