• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Ubwanditsi 10 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Kagame na mugenzi we Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo nibo Bakuru b’Ibihugu ba mbere ba Afurika, bamaze kwemeza kuzitabira inama yo ku rwego rwo hejuru y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku kurwanya igituntu izaba muri Nzeri uyu mwaka.

Iyi nama izaba kuwa 26 Nzeri uyu mwaka, niyo ya mbere y’Umuryango w’Abibumbye yahariwe kwiga ku gituntu gusa. Igamije kongera imbaraga mu kurandura igituntu ndetse n’uwacyanduye akabona ubuvuzi. Insanganyamatsiko yayo iragira iti “Ubumwe mu kurandura igituntu: Igisubizo cyihutirwa ku cyorezo cyugarije Isi”.

Aba bakuru b’ibihugu batangaje ko bazitabira iyi nama ubwo hafungurwaga inama ya 31 ya AU yabereye i Nouakchott muri Mauritania. Icyo gihe Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yagiranye inama n’abakuru b’ibihugu bagera hafi kuri 20 baganira ibyo Afurika yiyemeje kuri iyi nama yiga ku gituntu.

Perezida Ramaphosa yavuze ko yiyemeje kuzitabira iyi nama yo ku rwego rwo hejuru, ndetse ahamagarira bagenzi be b’Abakuru b’Ibihugu kuzitabira iyi nama y’amateka.

Yagize ati “Nk’Abakuru b’Ibihugu muri Afurika, dusobanukiwe ko ubuzima bukwiye guhabwa umwanya w’ibanze mu nzego zo hejuru za politiki. Ikibazo cy’igituntu ntikireba gusa ba Minisitiri b’ubuzima kuko mu nzego za politiki, ubukungu n’imibereho nabo barebwa n’igituntu. Imbaraga zacu mu gushaka ubushobozi zirakenewe kugira ngo turwanye igituntu burundu”.

Perezida Kagame yagaragaje ko igituntu ari ikibazo cyihutirwa muri Afurika kuko mu bihugu cyugarije cyane ibyo kuri uyu mugabane ari byo byinshi.

Yagize ati “Igituntu ni imwe mu ndwara zikomeye muri Afurika, ibihugu 16 muri 30 byugarijwe n’iyi ndwara ni ibyo kuri uyu mugabane. Ni kubw’iyi mpamvu inzobere ndetse na ba Minisitiri b’ubuzima mu bihugu bigize AU, bemeje aho Afurika ihagaze kuri iyi ndwara, bikazagaragazwa muri iyi nama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku gituntu izaba muri Nzeri i New York”.

Ibizibandwaho n’iby’ibanze n’ibyiyemejwe n’abakuru b’ibihugu bya AU kuri iyi nama birimo; kugeza ubuvuzi kuri 90% by’abarwaye igituntu, kuvura 90% bagakira no gushora imari mu buryo burinda abantu kwandura indwara y’igituntu.

Ibihugu bigize AU, ntibyahwemye kugira uruhare mu bufatanye bwo kurandura igituntu. Muri Kanama 2016, ba Minisitiri b’ubuzima ba Afurika nibo babaye aba mbere mu gusaba ko habaho inama yo ku rwego rwo hejuru yiga ku gituntu.

Dr Lucica Ditiu, Umuyobozi wa gahunda y’ubufatanye mu kurwanya igituntu, avuga ko Perezida Kagame na Ramaphosa, bahamije ko iyi ndwara ikwiye umwanya w’imbere muri gahunda za leta. Yongeyeho ko bategereje ko n’abandi bakuru b’ibihugu bakurikiza urugero rwa bo bakiyemeza kuzitabira iyi nama yo ku rwego rwo hejuru.

Gahunda y’ubufatanye yo guhagarika igituntu igamije kurandura burundu iyi ndwara ihitana abantu batatu buri munota. Yatangiye mu 2001, igamije ko buri wese wanduye igituntu abona ubufasha, imiti myiza kandi ubuvuzi bukagera kuri buri wese ubukeneye.

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

2018-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka

RUSHYASHYA 16 Jun 2026
Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Ubwanditsi 10 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo
ITOHOZA

Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni
UBUKERARUGENDO

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’  bararira ayo kwarika
Mu Rwanda

Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’ bararira ayo kwarika

Ubwanditsi 26 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru