• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Ubwanditsi 11 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri iki cyumweru humvikanye amakuru y’Abagande babiri barasiwe mu Rwanda bagapfa, mu kindi kintu kigaragaza guta icyizere gukomeje kuzamuka kw’Abagande bifuza gucuruza mu Rwanda bakemera kubikora mu buryo bwa magendu.

Mbere y’uko haba iperereza iryo ari ryo ryose ariko ngo hamenyekanye uko ibintu byagenze, imbuga za internet nyinshi zo muri Uganda zirimo; Daily Monitor,, Softpower, Chimpreports, Commandpost1 n’izindi zo zatangaje byinshi.

Bifashishije n’izindi konti za facebook bakoresha bibasira u Rwanda, izi mbuga zatangaje ko U Rwanda rwarashe Abagande kubera ubugome.

Itangazamakuru  ricengezamatwara rya Kampala, akenshi ibikorwa byarwo bihuzwa n’inzego z’umutekano nka CMI, byatangaje ko abo Bagande babiri bishwe, Job Ebyarishanga na Bosco Tuheirwe, bari abanyemari.

Daily Monitor inkuru yayo ikaba yayihaye umutwe ugira uti: “Abanyemari babiri b’Abagande barasiwe mu Rwanda.”

Commandpost yo yagize iti: “Umutwe witwara gisirikare wa Guverinoma y’u Rwanda (Rwanda govt militia) wishe abanyemari babiri b’Abagande.” Izo nkuru zose zikaba zashatse kugaragaza ko abo bantu bari abanyemari (aho kuba abacuruzi ba magendu).

Gusa, nubwo itabishakaga, Daily Monitor yo yashyize ukuri ahagaragara ubwo yavugaga ibyo yatangarijwe n’umwe mu bayobozi mu Karere ka Rukiga, uyobora Paruwasi ya Kyabuhangwa, Ignatius Baketonda, ari naho abapfuye bari batuye.

Yagize ati: “Umwe mu bapfuye ni mwishywa wanjye. Nakiriye amakuru ko yarashwe agapfa na mugenzi we bari mu Rwanda ubwo bageragezaga kwinjiza igikamba mu buryo bwa magendu.”

Urubuga Softpower, ruzwiho kuyoborwa na Sarah Kagingo, umwe mu bahanga ba Kampala mu kuyobya rubanda ihabwa amakuru y’ibinyoma, yo yanditse ngo “Abagande babiri barashwe n’igisirikare cy’u Rwanda barapfa nyuma y’aho Kagame avuze ko Abagande bahawe ikaze.”

Aba rero ngo bakaba bakomeje kuzana Perezida w’u Rwanda mu mwanda wabo, mu gihe abayobozi b’ibanze muri Uganda ubwabo, ahaturanye n’u Rwanda bemera ko abo bagabo bari barenze ku mategeko binjiza magendu itabi mu Rwanda banyuze ku mupaka utemewe.

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi bashinzwe umupaka ku ruhande rw’u Rwanda, ngo kuri iki Cyumweru, itariki 10 Ugushyingo,  mu rukerera saa cyenda z’ijoro, polisi yarashe ikica abacuruzi ba magendu babiri. Ibi bikaba byarabereye mu Karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Tabagwe, mu Mudugudu wa Tabagwe. Byabaye ubwo abo bantu bari kumwe n’abandi batatu bacitse, bageragezaga kurwanya abashinzwe umutekano nabo bakirwanaho.

Bivugwa ko abo bantu bahagaritswe batwaye ibikamba ku magare atatu, binjiye ku butaka bw’u Rwanda imbere nko mu kirometero. Abapfuye bajyanywe ku Bitaro bya Nyagatare mu gihe itabi bari bafite ryafashwe nk’ibimenyetso na polisi.

Itangazamakuru rya poropaganda rya Uganda ryavuze ko babiri bari mu itsinda ry’abantu batanu, ariko ryanga gutangaza ibikorwa bari barimo byo kwica amategeko kuko iyo bavuga ukuri byari gushyira amakosa ku Bagande.

Umwe mu bayobozi ku mupaka ati: “Abagande bakoresha umupaka wemewe bambuka bahawe ikaze mu Rwanda ariko abanyamagendu? Ntibishoboka!”

Usibye aba bacuruzi ba magendu, abayobozi b’u Rwanda bari maso birushijeho kubera imitwe y’inyeshyamba ishaka gukoresha inzira nk’izo z’imipaka itemewe ngo zitere u Rwanda nk’uko biherutse kugenda mu Kinigi, ubwo FDRL-RUD yambukaga iturutse ku ruhande rwa Uganda nk’uko byemejwe na batanu muri bo bafashwe, bakica abaturage 14 abandi 18 bagakomereka.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zasubije inyuma icyo gitero, zica inyeshyamba 19 zifata izindi eshanu zahishuye ko zinjirijwe mu nyeshyamba muri Uganda.

U Rwanda rukaba rutazihanganira abakora magendu kandi rukazakora ibishoboka kugirango hatagira abantu bitwaje ibirwanisho binjirira ahatemewe bashaka gutera u Rwanda nk’uko umwe mu bayobozi abyemeza.

2019-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Perezida Kagame yahaye imbabazi  Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Perezida Kagame yahaye imbabazi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA
HIRYA NO HINO

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Amakuru

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki
INKURU NYAMUKURU

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru