• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 07 Oct 2017 Mu Rwanda

Kiliziya Gatolika mu Rwanda, yongeye gusabira imbabazi abapadiri bateshutse ku nshingano zabo bakagira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kuva kuwa 7 Ukwakira 1917 kugera kuwa 7 Ukwakira 2017, imyaka 100 irashize Musenyeri Jean Joseph Hirth ahaye Ubupadiri abanyarwanda babiri ba mbere, Barthazar Gafuku uvuka i Zaza na Donat Reberaho uvuka i Save.

Mu ijambo rya Musenyeri wa Diyosezi ya Butare, akaba n’Umuyobozi w’inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, Philippe Rukamba, ubwo hizihizwaga iyi Yubile y’imyaka 100; yagarutse ku mateka yaranze abapadiri mu myaka ijana ishize, ashimira abitwaye neza kugira ngo Kiliziya ishinge imizi.

Yananenze ariko abitwaye nabi, cyane cyane abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasabira imbabazi imbere y’Abanyarwanda bose.

Yagize ati “Turasaba imbabazi z’ibyaha by’abapadiri cyane cyane abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, turazisaba nk’abepisikopi babo. Mu ruzinduko Perezida wa Repubulika yagiriye i Vatikani, Papa yasabiye imbabazi abakirisitu bose muri rusange […] Hari bagenzi bacu twongeye gusabira imbabazi imbere y’Imana mu bwiyumanganye bwinshi, imbere y’abanyarwanda bose n’imbere y’abantu bose.”

Musenyeri Rukamba yavuze ko abapadiri b’u Rwanda muri iki gihe bakomeje gusaba Imana imbaraga ngo batazongera gutsindwa bakitwara nabi.

Ati “Umwaka wa Yubile unadufasha kureba imbere tukiha ingamba nshya zo kudatsindwa n’ikibi, ntitugomba guheranwa n’inabi.”

Yanashimye kandi abapadiri bitwaye neza mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bagatabara abo bari bashinzwe ndetse benshi muri bo bakicwa bazira kwanga gutererana abahigwaga.

Yongeyeho ko mu myaka iri imbere, kiliziya izakomeza gukorana neza na leta y’u Rwanda mu bikorwa biteza imbere Abanyarwanda bose muri rusange.

Mu gihe hizwihizwa Yubile y’imyaka 100, u Rwanda rubonye abapadiri ba mbere b’abenegihugu; inyandiko zitandukanye za Kiliziya Gatolika, zivuga ko abapadiri ba mbere bakoze ibikorwa bikomeye birimo kuba barajyaga kwiga muri Tanzania n’amaguru kuko ariho hari iseminari muri aka karere. Zivuga kandi ko Ubupadiri mu Rwanda ari ikintu cyihuse cyane ugereranyije no mu bindi bihugu, kuko ku myaka 17 gusa abamisiyoneri bahageze hahise haboneka abapadiri kavukire.

Izi nyandiko zivuga ko Abepiskopi, Jean-Joseph Hirth, Léon-Paul Classe na Laurent Déprimoz bitanze maze Kiliziya igashinga imizi mu Rwanda mu myaka 50 ya mbere. Yubile y’iyi myaka yabaye abanyarwanda 99 bamaze guhabwa Ubupadiri.

-8255.jpg

Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Musenyeri Philippe Rukamba

2017-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Perezida Museveni yazamuye umuhungu we ku ipeti rya General Major

Perezida Museveni yazamuye umuhungu we ku ipeti rya General Major

Ubwanditsi 17 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Ubwanditsi 14 Sep 2016
“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”,   Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame
ITOHOZA

“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”, Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019
UBUKUNGU

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru