• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Nov 2016 ITOHOZA

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko Leta ya Canada yohereje Henri J. Claude Seyoboka kuburanishwa ku byaha bya Jenoside aregwa kuba yarakoreye mu Rwanda mu 1994.

Indege yazanye uyu mugabo ngo yaba iri bugere mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane.

Seyoboka w’imyaka 49, yari umusirikare mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari atuye ahitwa Gatineau muri Canada, yangaga koherezwa mu Rwanda avuga ko ngo ahageze yagirirwa nabi.

Muri Canada yaburanaga n’urwego rushinzwe imipaka (Agence canadienne des services frontaliers) i Montréal rwifuzaga ko acyurwa mu Rwanda kubera ibyaha bikomeye aharegwa.

-4704.jpg

Henri J. Claude Seyoboka Ex. FAR

-4703.jpg

Nahagera araba abaye umuntu wa kabiri woherejwe na Canada nyuma ya Leon Mugesera wakatiwe gufungwa burundu, nubwo yajuriye.

Seyoboka yabaga muri Canada kuva mu 1996.

Nyuma ya Jenoside aho akekwaho kugira uruhare mu bwicanyi, yahungiye mu cyahoze ari Zaire, ahera aho asaba ubuhungiro muri Canada aho umugore we n’umwana bari batuye bo n’ubundi.

Ikinyamakuru CBC cyo muri Canada dukesha iyi nkuru kivuga ko mu kwa mbere 1995 Seyoboka yabonye Passport mpimbano maze ajya Toronto yaka ubuhunzi. Gusa mu kubusaba yabeshye ko atigeze aba mu ngabo z’u Rwanda.

‘Statut’ (Icyemezo cy’ubuhunzi) y’ubuhunzi yayambuwe mu 2006, nyuma y’aho iperereza ry’icyahoze ari Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (Tribunal pénal international sur le Rwanda, TPIR) mu 2002, mu buhamya bwatanzwe n’umuntu utarashyizwe ahagaragara amazina ye, yashinje uyu mugabo ko yishe umugore n’abana be babiri.

Mu Rwanda ubu, Seyoboka akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo Icyaha cya Jenoside, icyo kurimbura imbaga, n’icyaha cyo kwica nk’icyaha kibasiye inyokomuntu.

Aregwa kuba yarabikoreye mu cyahoze ari perefegitura y’Umujyi wa Kigali, ahahoze ari muri segiteri ya Rugenge, Komini ya Nyarugenge. Ashinjwa kuba yararindaga Bariyeri ziciweho Abatutsi batandukanye bari batuye mur aka gace.

Mu nyandiko zo mu 2014, iki kinyamakuru cyo muri Canada gifite, zivuga ko u Rwanda rwandikiye ubutabera bwo muri Canada bubaza impamvu iyoherezwa rye mu Rwanda ritinda.

-4702.jpg

Seyoboka mu ngabo za kera (Ex-Far) yari afite ipeti rya Lieutenant

Seyoboka mu ngabo za kera (Ex-Far) yari afite ipeti rya Lieutenant ndetse akaba yarakatiwe n’Urukiko Gacaca rwa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali igifungo cy’imyaka cumi n’icyenda (19 ans) adahari.

U Rwanda rwasabye Canada abantu 13

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha avuga ko kuba uyu mugabo yaratinze koherezwa byatewe n’inzira biba bigomba gucamo.

-4701.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Nkunsi Faustin

Faustin Nkuzi avuga ko inkiko zo muri Canada zabanje gusuzuma ikibazo cy’imyirondoro inyuranye n’ukuri yari yatanzwe na Seyoboka ubwo yakaga ibyangombwa byo gutura muri iki gihugu nk’impunzi.

Umushinjacyaha Nkusi ati “ Inkiko rero zigira uburyo zikemura ibibazo, hari ukubijuririra, hari ukuba uburana bwa mbere ukajurira.”

Nkusi avuga ko izi mpamvu zose ziba zigomba gusuzumwa, akavuga ko igihugu cya Canada cyagaragaje ko ubutabera bwo mu Rwanda bwizewe bityo ko bugomba kohererezwa uyu mugabo cyari gicumbikiye.

Gusa avuga ko iki gihugu cyohererejwe impapuro zo guta muri yombi abantu bagera kuri 13 bose bakekwaho ibyaha bya Jenoside basize bakoreye mu Rwanda.

Avuga ko hari abandi babiri baburanishirizwe muri iki gihugu barimo Munyaneza Desire wakatiwe gufungwa burundu na Jacques wagizwe umwere.

2016-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023
Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP

Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP

RUSHYASHYA 06 Jul 2026
Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2019
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dosiye ya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yashyikirijwe ubushinjacyaha
ITOHOZA

Dosiye ya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yashyikirijwe ubushinjacyaha

Ubwanditsi 18 May 2019
AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.
Amakuru

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 21 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru