• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Ubwanditsi 29 Jan 2018 UBUKERARUGENDO

Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.

Tariki 28 Mutarama 2018, i Addis Ababa muri Ethiopia hateraniye inama ya 30 y’Umuryango wa Afurka yunze Ubumwe (AU). Iyi nama yemeje itangira rya gahunda yo gufungura ingendo zo mu kirere.

Iyi gahunda izwi nka “Single African Air Transport Market (SAATM)”, yahise yitabirwa n’ibihugu 23 byiyemeje gukorera hamwe nta mbogamizi mu bucuruzi bw’ingendo zo mu kirere.

Iyi gahunda yari imaze imyaka itatu yaremejwe ariko itarashyirwa mu bikorwa, ije gukuraho amananiza akenshi yatumaga ibihugu bya Afurika bidatahiriza umugozi umwe.

Ibihugu byitabiriye iyi gahunda, ubwabyo bifite ½ kirenga cy’abatuye Afurika, bakagira 80% by’abakoresha ingendo zo mu kirere zikora muri Afurika.

Igitangaje ni uko amakompanyi y’indege Nyafurika ari yo afite ibihombo ugereranyije n’andi mpuzamahanga ahakorera.

kompanyi z’indege zo muri Afurika zifite gusa 20% by’isoko ryose rya Afurika. 80% bisigaye bifitwe n’amasosiyete mpuzamahanga.

Muri 2017, amasosiyete mpuzamahanga akorera muri Afurika yose hamwe yungutse miliyari 29 z’amadolari ya Amerika, mu gihe amasosiyete Nyafurika yose yagize igihombo cya miliyoni 800 z’Amadolari ya Amerika.

Rwandair nk’imwe muri kompanyi Nyafurika zirimo guhindura isura y’imitanigire ya serivisi zo mu kirere, yinjiranye ku isoko impinduramatwara zo gukuraho imvugo y’uko serivisi z’indege Nyafurika zidashoboye ku isoko.

JPEG - 197.8 kb
Ibuye ry’ifatizo ry’ikimenyetso cyo gushyiraho isoko rimwe ku ndege zo muri Afurika

Rwandair imaze gufungura ingendo zigera mu bihugu 18 bya Afurika, hakiyongeraho izindi enye zijyamuri Aziya n’i Burayi.

Gusa ntibyayibujije gukumirwa kuri amwe mu masoko yo muri Afurika, mu gihe kompanyi mpuzamahanga zoherezwa kuri ayo masoko.

Umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Mushikiwabo yavuze ko kwangira Rwandair ibyangombwa byo gukorera mu gihugu kimwe ariko ukabiha umunyamahanga, biterwa no kudashyira hamwe hagati y’Abanyafurika.

Ibi bisa n’ibyo Perezida Kagame yibanzeho ubwo yakiraga inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, kuri iki Cyumweru tariki 28 Mutarama 2018.

JPEG - 112.5 kb
Umuyobozi wa Rwandair, Col Chance Ndagano n’ikipe ya Rwandair bari bitabiriye itangizwa ry’iyi gahunda

Yavuze ko Afurika yasigaye inyuma ariko atanga n’umuti watuma ijya ku murongo w’iterambere.

Ati “Igihe cyatugendanye ariko tugomba guhindura imikorere ubu ngubu kugira ngo dukize Afurika ubukene karande. Tugomba gushyiraho isoko rusange duhuriyeho, ibikorwa remezo byacu bigahuzwa kandi ikoranabuhanga rikaza imbere mu guteza imbere ubukungu bwacu.”

Yunzemo ati “Nta gihugu cyangwa akarere kakora konyine ngo gatere imbere. Dukwiye kurangwa no gukora kandi tugakorera hamwe.”

Igenzura ryakozwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ingendo zo mu Kirere (IATA) rigaragaza ko ibihugu 12 gusa bya Afurika bihagije kugira ngo bihindure isura y’ubucuruzi muri Afurika.

IATA ivuga ko habonetse ibihugu 12 bigafungura isoko ry’ingendo zo mu kirere, byatanga imirimo mishya igera ku bihumbi 155, kandi bikongera miliyari 1.3 z’amadolari ya Amerika ku bukungu bw’ibyo bihugu.

JPEG - 25.4 kb
Indege za Rwandair ziri muri zimwe mu ndege zihagazeho muri Afurika

Iyi gahunda igomba gutangira mbere y’uko uyu mwaka urangira, ifatwa nk’igerageza ry’uko nishyirwa muri gahunda bizaha inzira n’andi mavugurura ajyanye n’icyerekezo cya 2063 Afurika yunze Ubumwe yihaye, ajyanye n’uko ingendo zo mu kirere zigira uruhare rufatika mu bukungu bw’ibihugu bigize uyu muryango.

Perezida Kagame nawe yizera ko iyi gahunda niyubahiriza izaba ari intambwe ikomeye itewe n’Abanyafurika.

Ati “Nitwiyemeza tugakuraho izi nzitizi tuzaba dutanze ubutumwa kuri Afurika no ku isi ko tuzanye impinduka mu mikorere yacu.”

Hagati aho, Rwandair yo ikomeje kwagura ingendo no hanze ya Afurika, aho nyuma y’ingendo zo mu Buhinde, u Bwongereza n’u Bubiligi, yitegura gutangiza ingendo mu Bushinwa na Amerika.

2018-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Ubwanditsi 10 May 2018
Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Maria Sharapova n’umukunzi we bahishuye ibihe bidasanzwe bagize ubwo basuraga u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 17 Sep 2023
Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo
Mu Rwanda

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi
Mu Mahanga

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura
Mu Mahanga

Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Ubwanditsi 28 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru