• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Ubwanditsi 29 Jan 2018 UBUKERARUGENDO

Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.

Tariki 28 Mutarama 2018, i Addis Ababa muri Ethiopia hateraniye inama ya 30 y’Umuryango wa Afurka yunze Ubumwe (AU). Iyi nama yemeje itangira rya gahunda yo gufungura ingendo zo mu kirere.

Iyi gahunda izwi nka “Single African Air Transport Market (SAATM)”, yahise yitabirwa n’ibihugu 23 byiyemeje gukorera hamwe nta mbogamizi mu bucuruzi bw’ingendo zo mu kirere.

Iyi gahunda yari imaze imyaka itatu yaremejwe ariko itarashyirwa mu bikorwa, ije gukuraho amananiza akenshi yatumaga ibihugu bya Afurika bidatahiriza umugozi umwe.

Ibihugu byitabiriye iyi gahunda, ubwabyo bifite ½ kirenga cy’abatuye Afurika, bakagira 80% by’abakoresha ingendo zo mu kirere zikora muri Afurika.

Igitangaje ni uko amakompanyi y’indege Nyafurika ari yo afite ibihombo ugereranyije n’andi mpuzamahanga ahakorera.

kompanyi z’indege zo muri Afurika zifite gusa 20% by’isoko ryose rya Afurika. 80% bisigaye bifitwe n’amasosiyete mpuzamahanga.

Muri 2017, amasosiyete mpuzamahanga akorera muri Afurika yose hamwe yungutse miliyari 29 z’amadolari ya Amerika, mu gihe amasosiyete Nyafurika yose yagize igihombo cya miliyoni 800 z’Amadolari ya Amerika.

Rwandair nk’imwe muri kompanyi Nyafurika zirimo guhindura isura y’imitanigire ya serivisi zo mu kirere, yinjiranye ku isoko impinduramatwara zo gukuraho imvugo y’uko serivisi z’indege Nyafurika zidashoboye ku isoko.

JPEG - 197.8 kb
Ibuye ry’ifatizo ry’ikimenyetso cyo gushyiraho isoko rimwe ku ndege zo muri Afurika

Rwandair imaze gufungura ingendo zigera mu bihugu 18 bya Afurika, hakiyongeraho izindi enye zijyamuri Aziya n’i Burayi.

Gusa ntibyayibujije gukumirwa kuri amwe mu masoko yo muri Afurika, mu gihe kompanyi mpuzamahanga zoherezwa kuri ayo masoko.

Umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Mushikiwabo yavuze ko kwangira Rwandair ibyangombwa byo gukorera mu gihugu kimwe ariko ukabiha umunyamahanga, biterwa no kudashyira hamwe hagati y’Abanyafurika.

Ibi bisa n’ibyo Perezida Kagame yibanzeho ubwo yakiraga inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, kuri iki Cyumweru tariki 28 Mutarama 2018.

JPEG - 112.5 kb
Umuyobozi wa Rwandair, Col Chance Ndagano n’ikipe ya Rwandair bari bitabiriye itangizwa ry’iyi gahunda

Yavuze ko Afurika yasigaye inyuma ariko atanga n’umuti watuma ijya ku murongo w’iterambere.

Ati “Igihe cyatugendanye ariko tugomba guhindura imikorere ubu ngubu kugira ngo dukize Afurika ubukene karande. Tugomba gushyiraho isoko rusange duhuriyeho, ibikorwa remezo byacu bigahuzwa kandi ikoranabuhanga rikaza imbere mu guteza imbere ubukungu bwacu.”

Yunzemo ati “Nta gihugu cyangwa akarere kakora konyine ngo gatere imbere. Dukwiye kurangwa no gukora kandi tugakorera hamwe.”

Igenzura ryakozwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ingendo zo mu Kirere (IATA) rigaragaza ko ibihugu 12 gusa bya Afurika bihagije kugira ngo bihindure isura y’ubucuruzi muri Afurika.

IATA ivuga ko habonetse ibihugu 12 bigafungura isoko ry’ingendo zo mu kirere, byatanga imirimo mishya igera ku bihumbi 155, kandi bikongera miliyari 1.3 z’amadolari ya Amerika ku bukungu bw’ibyo bihugu.

JPEG - 25.4 kb
Indege za Rwandair ziri muri zimwe mu ndege zihagazeho muri Afurika

Iyi gahunda igomba gutangira mbere y’uko uyu mwaka urangira, ifatwa nk’igerageza ry’uko nishyirwa muri gahunda bizaha inzira n’andi mavugurura ajyanye n’icyerekezo cya 2063 Afurika yunze Ubumwe yihaye, ajyanye n’uko ingendo zo mu kirere zigira uruhare rufatika mu bukungu bw’ibihugu bigize uyu muryango.

Perezida Kagame nawe yizera ko iyi gahunda niyubahiriza izaba ari intambwe ikomeye itewe n’Abanyafurika.

Ati “Nitwiyemeza tugakuraho izi nzitizi tuzaba dutanze ubutumwa kuri Afurika no ku isi ko tuzanye impinduka mu mikorere yacu.”

Hagati aho, Rwandair yo ikomeje kwagura ingendo no hanze ya Afurika, aho nyuma y’ingendo zo mu Buhinde, u Bwongereza n’u Bubiligi, yitegura gutangiza ingendo mu Bushinwa na Amerika.

2018-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025
U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Ubwanditsi 05 May 2018
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ubwanditsi 29 Jan 2019
APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC
Amakuru

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

Ubwanditsi 03 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru