• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Ubwanditsi 30 Dec 2021 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Hashize igihe kitari gito udukingirizo tw’abagore tutagaragara ngo abadukeneye batubone ndetse banadukoreshe, ibyo byatumye Umuryango AHF-Rwanda ituzana ku buryo tuzajya tuboneka ahatangirwa utw’abagabo.

Byavuzwe kuri uyu wa kane tariki ya 30 Ukuboza 2021 ubwo hasozwaga Imurikagurisha Mpuzamahanga ryaberaga i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, aho Umuryango Mpuzamahanga ufasha kurwanya no gukumira agakoko gatera SIDA (AHF-Rwanda) watangaje ko Udukingirizo tw’abagore twabonetse.

Udukingirizo twatanzwe muri iri imurikagurisha turi muri gahunda ya AHF-Rwanda yo gufasha mu guhashya icyorezo cya SIDA gihitana ubuzima bwa benshi by’umwihariko ku Mugabane wa Afurika.


Nzeyimana Anastase Program officer muri AHF-Rwanda, avuga ko bagiye muri Expo kugira ngo barusheho guhashya ubwandu bwa Virusi itera SIDA, akaba ari nayo mpamvu bazanye udukingirizo tw’abagore n’abagabo mu rwego rwo kubarinda gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye, yo nyirabayazana yo kwandura indwara zitandukanye zirimo na Virusi itera Sida.
Agira ati:”Turabizi ko abagore n’abagabo badukeneye kandi ni ngombwa kuko udukingirizo tuzabafasha mu kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo n’icyorezo cya SIDA.”

Hashize igihe kitari gito udukingirizo tw’abagore tutagaragara ngo abadukeneye batubone ndetse banadukoreshe, ibyo byatumye Umuryango AHF-Rwanda ituzana ku buryo tuzajya tuboneka ahatangirwa utw’abagabo, ariko hakazabaho guhugura abakozi bakora muri za Condoms Kiosks uko bazajya bigisha abagore uko gakoreshwa.


Umuhoza Chartine Umwe mu bahawe udukingirizo tw’abagore na AHF-Rwanda avuga ko adatewe ipfunwe no gukoresha ako gakingirizo kuko kamurinda ibyago byo kwandura indwara nyinshi zirimo na Virusi Itera Sida.


Umuhuzabikorwa wa Gahunda yo kurwanya SIDA mu Rugaga rw’Abikorera, PSF, Rusanganwa Léon Pierre, avuga ko gufatanya na AHF-Rwanda gutanga udukingirizo tw’abagore muri Expo, ari uko bakeneye guteza imbere ubukungu bw’igihugu bushingiye ku buzima buzira umuze.
Ati “Kwita ku kurwanya indwara zaba izandura n’izitandura muri PSF ni iby’agaciro kuko igihe tugize ibibazo abikorera bagahitanwa n’izi ndwara cyangwa zikabazahaza, igihugu kiba kihahombera kuko ntibaba bakora, biba ari byiza kubona umufatanyabikorwa mwiza nka AHF-Rwanda barebye kure bazana udukingirizo Tw’abagore, ibi bizafasha umuryango nyarwanda kuboneza urubyaro barushaho kwirinda icyorezo cya Virusi itera Sida.”

Umuryango AHF-Rwanda uvuga ko watanze udukingirizo ibihumbi 129 muri Expo 2021. Muri abo bantu bafashe udukingirizo harimo Abagabo bangana na 85% ndetse n’Abagore bangana na 15%

 

2021-12-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Ubwanditsi 20 Jan 2018
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023
Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubwanditsi 07 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Ubwanditsi 08 Oct 2025
Umugabo wa Celine Dion yapfuye
IMIKINO

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru