• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Ubwanditsi 20 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.

Abo badipolomate basaga 40, barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga, bari kumwe na Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, bakirwa na Gatabazi Jean Marie Vianney, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Muri urwo ruzinduko, bari mu matsinda atandatu, buri tsinda rigizwe n’abantu umunani batemberezwa ibice bitandukanye bya Pariki y’igihugu y’Ibirunga, berekwa imiryango y’ingagi ziba muri iyo Pariki, bareba uko umutekano ucunzwe, banasura ikigo cyitwa Iby’iwacu cyiganjemo abahoze ari ba Rushimusi, aho babivuyemo bibumbira hamwe bakora koperative ikora ibijyanye n’ubukerarugendo bushingiye ku muco.

Abo banyamahanga baba mu Rwanda bishimiye ibyiza nyaburanga byo muri Pariki y’ibirunga, bishimira n’intera u Rwanda rumaze kugeraho mu guteza imbere ubukerarugendo.

Peter H. Vrooman, Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yagaragaje kuri Twitter ye ko ubwo yasuraga Pariki, yishimiye gusura Amahoro Family, uyu ukaba ari umwe mu miryango y’ingagi iba muri pariki y’Ibirunga.

Ibyo Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yabonye muri Pariki y’Ibirunga ngo ni ibihamya bigaragaza neza uburyo igihugu cy’u Rwanda gikataje mu guteza imbere ubukerarugendo.

Ubwo basuraga ikigo Iby’iwacu cyashinzwe n’abahoze ari ba Rushimusi muri Pariki y’Ibirunga, batangajwe n’uburyo ubukerarugendo bwageze no mu baturage bukabinjiriza amafaranga, aho buri kwezi icyo kigo cyinjiza amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu, aturuka muri ba mukerarugendo cyakira.

Icyo kigo gikora ubukerarugendo hamurikwa umuco gakondo, aho bagaragaza ubukwe bwo mu Rwanda rwo ha mbere, kuvuza ingoma, imbyino gakondo, ubuvuzi gakondo n’ibindi.

Ubwo bamurikaga imico inyuranye, bavuza ingoma, Jenny Ohlsson, Ambasaderi wa Sweden mu Rwanda, yatunguye benshi ubwo yafatanyaga n’abakaraza kuvuza ingoma, yishimira ibiranga umuco w’u Rwanda yahasanze.

Nyuma y’urwo ruzinduko, Guverineri Gatabazi JMV wakiriye abo bashyitsi, yashimiye abitabiriye urwo ruzinduko by’umwihariko, Frederique DeMan, Ambasaderi w’u Buhorande mu Rwanda, Benoit Ryelandt Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, n’abandi bayobozi batandukanye.

Yabasabye gusura kenshi Intara y’Amajyaruguru kugira ngo birebere ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda.

Ni urugendo kandi rwitabiriwe n’abayobozi banyuranye mu nzego nkuru za Leta, barimo abayobozi mu rwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) n’abandi.

Andi mafoto:

Src : KT

2019-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya Nile conference 2025 mu gushaka itike ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 21 Nov 2024
U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi

U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu
Mu Mahanga

Mu Rwanda: Perezida Kagame yatangaje ko azongera kwiyamamariza manda ya gatatu

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Pasiteri Rick Warren yatangaje intambwe eshanu zafasha ababaswe n’ubusambanyi kubiciho burundu
HIRYA NO HINO

Pasiteri Rick Warren yatangaje intambwe eshanu zafasha ababaswe n’ubusambanyi kubiciho burundu

Ubwanditsi 13 Jul 2018
KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?
INKURU NYAMUKURU

KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

Ubwanditsi 17 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru