• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ntabwo Uwera Dalila yabaye Miss wambere mu Rwanda nkuko bimaze iminsi byandikwa mu binyamakuru, kuko uwabaye Miss Rwanda 1992 yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntabwo Uwera Dalila yabaye Miss wambere mu Rwanda nkuko bimaze iminsi byandikwa mu binyamakuru, kuko uwabaye Miss Rwanda 1992 yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 02 Mar 2017 SHOWBIZ

Uwera Dalila , 1992 yatorewe kuba igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 1993, mu muhango wabereye kuri Hotel Chez Lando. Nkuko twabitangarijwe n’umwe mu bari abakemurampaka [Guge ] Sam Goddy Nshimiyimana wari mubateguye ayo marushanwa ntabwo Uwera Dalila yabaye Miss wambere mu Rwanda nkuko bimaze iminsi byandikwa mu binyamakuru, kuko ngo uwabaye Miss Rwanda 1992 ni Jeanne Munyankindi ukomoka i Ndera mu Karere ka Gasabo wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

-5984.jpg

N’ubwo amaze iminsi yandikwa mu binyamakuru bitandukanye byahano mu Rwanda asaba guhabwa agaciro nka Nyampinga wambere w’u Rwanda, Uwera Dalila akwiye kuvugisha ukuri ku ikamba nyaryo yegukanye 1992, aho kubeshya Abanyarwanda kuko aziko abenshi ari bashya mu gihugu. Ahubwo koko yabaye Nyampinga w’u Rwanda umwaka ukurikiyeho 1993 aba [Miss Rwanda 1994 ] kuko ngo ntamategeko byagiraga.

Uwera Dalila mu kiganiro yahaye kimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda yahishuye andi mabanga y’urugo rwe aho yahamirije abanyamakuru ko yamaze gutandukana n’umubiligi bari barashakanye,gusa yirinda kugaruka ku cyo yapfuye n’uyu wahoze ari umugabo we na cyane ko ngo ari ibintu biri hagati yabo ndetse yumva nta mpamvu n’imwe yatuma atangaza icyo bapfuye.

Uwera Dalila yabwiye umunyamakuru ko we n’umugabo we bari babanye imyaka umunani aho kuba itatu nk’uko byavuzwe, ahubwo hakaba hari hashize imyaka itatu bakoze ubukwe. Yaboneyeho kumara abantu amatsiko ahamya ko bari bamaze imyaka ibiri baratandukanye dore ko bamaze no kubona gatanya.

-5985.jpg

Uwera Dalila yatandukanye n’umugabo bari barashakanye nyuma yo kubyarana umwana umwe, kuri ubu ufite imyaka ine. Mu kiganiro ni icyo kinyamakuru yavuze ko nyuma yo gutandukana n’uyu wari umugabo we yatangiye ubuzima bushya ndetse anongeraho ko yamaze kubona umusore bakundana bagiye kumarana umwaka wose bari mu rukundo ndetse bakaba biteguye kurushinga mu gihe icyo aricyo cyose baba bamaze kubyumvikana.Yagize ati:

“Njyewe, ubu natangiye ubuzima bushya, yego mfite umukunzi mushya ni umubiligi wikorera business isanzwe, turakigana ariko igihe icyo aricyo cyose twabana kuko sinakongera gukora ikosa ryo kubana n’umuntu tutiganye neza ngo ndebe ko twahuza.

Uwera Dalila yabajijwe niba yiteguye kongera gukora ubukwe naho azabukorera n’uyu mukunzi we mushya, mu gusubiza iki kibazo, aratsemba avuga ko atakongera gutangaza umukunzi we mushya ahubwo ko abantu bazamumenya igihe nikigera.

Asubiza iki kibazo Dalila yagize ati: “Nzaza mu Rwanda gukora ubundi bukwe, agomba gukwera data mu Rwanda.”

Uyu mubyeyi kandi yabwiye umunyamakuru ko yiteguye kuza mu Rwanda muri Nyakanga 2017 mu mirimo ye isanzwe ya buri munsi ariko harimo no kurangiza bimwe mu bibazo afitanye n’umuntu baguze inzu mu Rwanda agashaka kuyimunyanganya.

Yashimiye CID y’u Rwanda yamufashije kuryoza uwo muntu amanyanga yari agiye kumukorera, bityo ngo akaba azaza mu Rwanda mu minsi iri imbere aho azaba aje kureba uko iki kibazo gikemutse.

-5986.jpg

HARI ICYO ASABA MINISPOC

Uyu mubyeyi ikindi yifuza ni uko MINISPOC yamwibuka bakamushumbusha ikamba rye Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yamunyaze dore ko nyuma yo kuryegukana, aya mahano yahise atangira bikarangira ahise ahunga bityo kuri ubu akaba yumva Minispoc n’abafatanyabikorwa bayo bakamuhaye irishumbusha iryo yatsindiye Jenoside yakorewe abatutsi ikarimunyaga. Ibi arabivuga mugihe hamaze kugaragara andi makuru yemeza ko 1992 yabaye igisonga cyambere cya Nyampinga, aho kuba Nyampinga wambere w’u Rwanda nkuko abivuga.

Uwera Dalila yakomeje asaba ko yahabwa agaciro mu irushanwa rya Miss Rwanda dore ko ngo kuba yarabaye Nyampinga w’u Rwanda wa mbere mu mateka akaba akiriho ari amahirwe abana b’abakobwa bakabaye babona yo kuganira nawe bityo akaba asanga bakabaye bamuhamagara igihe iri rushanwa rigiye kuba agafasha abana b’abakobwa kwitegura neza iri rushanwa.

2017-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar
POLITIKI

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Ubwanditsi 28 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru