• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Ntabwo Uwera Dalila yabaye Miss wambere mu Rwanda nkuko bimaze iminsi byandikwa mu binyamakuru, kuko uwabaye Miss Rwanda 1992 yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntabwo Uwera Dalila yabaye Miss wambere mu Rwanda nkuko bimaze iminsi byandikwa mu binyamakuru, kuko uwabaye Miss Rwanda 1992 yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 02 Mar 2017 SHOWBIZ

Uwera Dalila , 1992 yatorewe kuba igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 1993, mu muhango wabereye kuri Hotel Chez Lando. Nkuko twabitangarijwe n’umwe mu bari abakemurampaka [Guge ] Sam Goddy Nshimiyimana wari mubateguye ayo marushanwa ntabwo Uwera Dalila yabaye Miss wambere mu Rwanda nkuko bimaze iminsi byandikwa mu binyamakuru, kuko ngo uwabaye Miss Rwanda 1992 ni Jeanne Munyankindi ukomoka i Ndera mu Karere ka Gasabo wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

-5984.jpg

N’ubwo amaze iminsi yandikwa mu binyamakuru bitandukanye byahano mu Rwanda asaba guhabwa agaciro nka Nyampinga wambere w’u Rwanda, Uwera Dalila akwiye kuvugisha ukuri ku ikamba nyaryo yegukanye 1992, aho kubeshya Abanyarwanda kuko aziko abenshi ari bashya mu gihugu. Ahubwo koko yabaye Nyampinga w’u Rwanda umwaka ukurikiyeho 1993 aba [Miss Rwanda 1994 ] kuko ngo ntamategeko byagiraga.

Uwera Dalila mu kiganiro yahaye kimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda yahishuye andi mabanga y’urugo rwe aho yahamirije abanyamakuru ko yamaze gutandukana n’umubiligi bari barashakanye,gusa yirinda kugaruka ku cyo yapfuye n’uyu wahoze ari umugabo we na cyane ko ngo ari ibintu biri hagati yabo ndetse yumva nta mpamvu n’imwe yatuma atangaza icyo bapfuye.

Uwera Dalila yabwiye umunyamakuru ko we n’umugabo we bari babanye imyaka umunani aho kuba itatu nk’uko byavuzwe, ahubwo hakaba hari hashize imyaka itatu bakoze ubukwe. Yaboneyeho kumara abantu amatsiko ahamya ko bari bamaze imyaka ibiri baratandukanye dore ko bamaze no kubona gatanya.

-5985.jpg

Uwera Dalila yatandukanye n’umugabo bari barashakanye nyuma yo kubyarana umwana umwe, kuri ubu ufite imyaka ine. Mu kiganiro ni icyo kinyamakuru yavuze ko nyuma yo gutandukana n’uyu wari umugabo we yatangiye ubuzima bushya ndetse anongeraho ko yamaze kubona umusore bakundana bagiye kumarana umwaka wose bari mu rukundo ndetse bakaba biteguye kurushinga mu gihe icyo aricyo cyose baba bamaze kubyumvikana.Yagize ati:

“Njyewe, ubu natangiye ubuzima bushya, yego mfite umukunzi mushya ni umubiligi wikorera business isanzwe, turakigana ariko igihe icyo aricyo cyose twabana kuko sinakongera gukora ikosa ryo kubana n’umuntu tutiganye neza ngo ndebe ko twahuza.

Uwera Dalila yabajijwe niba yiteguye kongera gukora ubukwe naho azabukorera n’uyu mukunzi we mushya, mu gusubiza iki kibazo, aratsemba avuga ko atakongera gutangaza umukunzi we mushya ahubwo ko abantu bazamumenya igihe nikigera.

Asubiza iki kibazo Dalila yagize ati: “Nzaza mu Rwanda gukora ubundi bukwe, agomba gukwera data mu Rwanda.”

Uyu mubyeyi kandi yabwiye umunyamakuru ko yiteguye kuza mu Rwanda muri Nyakanga 2017 mu mirimo ye isanzwe ya buri munsi ariko harimo no kurangiza bimwe mu bibazo afitanye n’umuntu baguze inzu mu Rwanda agashaka kuyimunyanganya.

Yashimiye CID y’u Rwanda yamufashije kuryoza uwo muntu amanyanga yari agiye kumukorera, bityo ngo akaba azaza mu Rwanda mu minsi iri imbere aho azaba aje kureba uko iki kibazo gikemutse.

-5986.jpg

HARI ICYO ASABA MINISPOC

Uyu mubyeyi ikindi yifuza ni uko MINISPOC yamwibuka bakamushumbusha ikamba rye Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yamunyaze dore ko nyuma yo kuryegukana, aya mahano yahise atangira bikarangira ahise ahunga bityo kuri ubu akaba yumva Minispoc n’abafatanyabikorwa bayo bakamuhaye irishumbusha iryo yatsindiye Jenoside yakorewe abatutsi ikarimunyaga. Ibi arabivuga mugihe hamaze kugaragara andi makuru yemeza ko 1992 yabaye igisonga cyambere cya Nyampinga, aho kuba Nyampinga wambere w’u Rwanda nkuko abivuga.

Uwera Dalila yakomeje asaba ko yahabwa agaciro mu irushanwa rya Miss Rwanda dore ko ngo kuba yarabaye Nyampinga w’u Rwanda wa mbere mu mateka akaba akiriho ari amahirwe abana b’abakobwa bakabaye babona yo kuganira nawe bityo akaba asanga bakabaye bamuhamagara igihe iri rushanwa rigiye kuba agafasha abana b’abakobwa kwitegura neza iri rushanwa.

2017-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ubwanditsi 16 May 2019
Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Ubwanditsi 19 Nov 2017
ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo  ‘Odeur ya Ocean’

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho

Ifoto ya Shaddyboo iri kuvugisha abatari bake,nawe ihere ijisho

Ubwanditsi 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 
Amakuru

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi
Mu Rwanda

Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru