• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Ubwanditsi 10 Jul 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiwe uruhare rwe mu guteza imbere abagore mu Rwanda ubu bakaba bageze mu nzego zifata ibyemezo kandi bashoboye no kwibeshaho bitandukanye n’uko mbere byari bimeze aho bahezwaga mu bikorwa bimwe.

Iki gihembo yagihawe n’Ihuriro Nyafurika riharanira iterambere ry’Abagore, African Women Movements, mu gikorwa ‘Gender Champions Award’ cyo guhemba abagize uruhare mu kwimakaza ihame ry’uburinganire muri Afurika.

Hahembwe kandi Dr Nkosazana Dlamani-Zuma umaze imyaka ine ari Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wavuze ko ari iby’agaciro kuba ahawe igihembo hamwe na Perezida Kagame.

-3247.jpg

Dr Nkosazana Dlamani-Zuma

Dr Nkosazana yashimye uruhare rwa Perezida Kagame mu iterambere ry’umugore anasaba ko n’abandi bayobozi bamwigiraho.

Umukuru w’Igihugu mu ijambo rye yashimiye abamuhaye iki gikombe, anavuga ko uburinganire bukwiye gufatwa nk’ikintu cy’ibanze. Ati “ Kuba indashyikirwa mu buringanire kuri njye ni kimwe no kuba indashyikirwa mu butabera, mu gukurikiza amategeko no ku bantu muri rusange.”

Perezida Kagame kandi yakomoje ku mvugo y’Icyongereza ivuga ko inyuma y’umugabo wateye imbere haba hari umugore [behind every successful man there is a woman], avuga ko ibyo bitari bikwiye ahubwo ko umugore n’umugabo bakwiye gufashanya ‘bikaba magirirane’

Ati “Magirirane bivuze ko muba mukorera hamwe mu gihe imvugo ishaje yo ivuga ngo inyuma y’umugabo wese wateye imbere haba hari umugore. Inyuma bishatse kuvuga aho abagore bari barashyizwe, ni nkaho inyuma bivuze ahantu hihishe hatagaragara, ahantu inyuma ariko ibyo si ukuri.”

U Rwanda rumaze kuba indashyikirwa ku Isi mu guteza imbere uburinganire. Raporo Mpuzamahanga ku buringanire ‘The Global Gender Gap Index’ yamuritswe mu Ugushyingo 2015, yarushyize ku mwanya wa mbere muri Afurika nk’igihugu cyahize ibindi mu kwimakaza no guteza imbere uburinganire, ku Isi ruza kuwa Gatandatu

U Rwanda kandi nicyo gihugu cyahize ibindi muri Afurika mu kuzamura umubare w’abagore bafite akazi, gutanga amahirwe angana hagati y’abagore n’abagabo mu burezi n’ubuvuzi nkuko byagaragajwe na The Global Gender Gap Index yo mu 2015.

Icyegeranyo ku miyoborere muri Afurika ‘Mo Ibrahim Index of African Governance’ cyo mu 2015 cyashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri n’amanota 87,6% nyuma ya Seychelles mu guteza imbere uburinganire muri Afurika.

Muri Minisiteri 20 u Rwanda rufite, muri zo 10 ziyoborwa n’abagore mu gihe mu Nteko Ishinga Amategeko bangana na 62%.

-3246.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Source: Igihe

2016-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Kurekura Kabuga ngo ni uko ashaje ni agahomamunwa, abo arusha imyaka icumi bishe abayahudi baraburanishwa no muri iki gihe

Ubwanditsi 13 Aug 2023
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Ubwanditsi 20 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.
Amakuru

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Ubwanditsi 18 May 2021
Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina
INKURU NYAMUKURU

Inama ya P5 platform y’igitaraganya mu buvumo mu Bwongereza, RNC yacitse igikuba nyuma yo kumva ko Ingabire yari  yaragize uburisho atagishaka kumva iryo zina

Ubwanditsi 11 Nov 2019
Kamonyi: Urubyiruko  rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Kamonyi: Urubyiruko rwahawe ubumenyi ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru