• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Ubwanditsi 10 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Amakuru aturuka imbere mu nda ya wa mutwe w’iterabwoba RNC, aravuga ko uburakari ari bwose mu bayoboke bayo, bakomeje gushinja Kayumba Nyamwasa uruhare mu mfu za hato na hato za bagenzi babo.

Intandaro y’aya macakubiri mashya ni urupfu rw’uwitwa Gabriel Kanyangoga warogewe mu mujyi wa Cape Town muri Afrika y’Epfo, bikavugwa ko uburozi bwamuhitanye bwavuye kwa Evode Ntwari ariko nawe abuhawe na muramu we, Kayumba Nyamwasa.

Gabriel Kanyangingo yigeze kuba umujyanama wa RNC, ariko agakunda gushinja Kayumba Nyamwasa kugirira nabi abanenga imikorere ye, kurigisa imisanzu basaruza mu mpunzi ngo bari ku rugamba, no kutagira umurongo ufatika wa politiki. Kanyangingo yagiye yumvikana asaba Kayumba Nyamwasa kwegura, ndetse binamuviramo kwamburwa uwo mwanya yari afite mu ishyaka ry’ibigarasha.

Hari ibigarasha byabanaga na Kanyagoga muri Afrika y’Epfo byahishuye ko ngo yabibwiye ko Nyamwasa ashaka kumwica, ndetse akaba yari yaranabimenyesheje abashinzwe umutekano muri icyo gihugu. Aha rero niho abayoboke b’icyo kiryabarezi bahereye batsa umuriro kuri Kayumba Nyamwasa bavuga ko Kanyangusho agiye mu mubare w’abo Nyamwasa yivuganye. Bavuga ko Evode Ntwari na Kayumba Nyamwasa basanze kwica Kanyangoga atezwe igico bitazashoboka kuko yari yaramaze kwishinganisha, bahitamo gukoresha uburozi.

Iki cyuka cy’amacakubiri no kwishishanya muri RNC kije gushyira ibintu irudubi, kuko gisanze n’ubundi Nyamwasa na muramu we Ntwari batarebwa neza n’ibindi bigarasha, cyane cyane nyuma y’aho Ben Rutabana aburiwe irengero, nabyo bigashinjwa abo bagabo bombi.

Uyu Ben Rutabana na mushiki we Gwiza Thabita bari mu mubare w’ibigarasha bitari byishimiye imikorere ya Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke, ari nabyo byaviriyemo Rutabana kurigiswa, ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa na Gen. Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi muri Uganda. Ngibyo rero iby’ibigarasha ngo bishaka kuyobora uRwanda nabyo ubwabyo bitiyoboye.

2021-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka  (Interpol)

Kampala : Undi munyarwanda uri mu mitwe y’iterabwoba yabonanye na Museveni n’umuhungu we Muhoozi Kainerugaba nyuma bamufasha gutoroka (Interpol)

Ubwanditsi 02 Aug 2019
Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza

Ubwanditsi 06 Jun 2023
Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Abiyita ingabo za FLN/Sankara bacitsemo ibice 2 bapfa ibisahurano

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Ubwanditsi 01 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa

Ubwanditsi 27 May 2018
Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije
Mu Mahanga

Imyiteguro yo kwakira John Kerry mu Rwanda irarimbanije

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Perezida Kagame yasabye abayobozi kudahora basaba imbabazi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye abayobozi kudahora basaba imbabazi

Ubwanditsi 12 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru