• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zikoresha amashanyarazi z’uruganda Volkswagen zigiye gutangira kwifashishwa mu gutwara abantu mu mushinga wa Move, aho umuntu akoresha porogaramu ya telefoni mu gusaba gutizwa imodoka ya mu gihe runaka.

Izi modoka ziswe e-Golf, ziratangira gukoreshwa mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri ku bufatanye bwa Volkswagen n’ikigo cyo mu Budage, Siemens, aho cyo kizajya gitanga uburyo bwo kongera umuriro w’amashanyarazi mu modoka.

Ku ikubitiro imodoka enye nizo zatangiye gukoreshwa ariko hari gahunda yo kwagura zikagera kuri 50, ndetse na sitasiyo zazo zikava kuri imwe zikagera kuri 15 mu gihugu hose.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko gutangiza ikoreshwa ry’izi modoka ari intambwe ijya mbere yo gushyigikira uburyo bwiza bwo gutwara abantu binyuze mu gutiza imodoka bwatangijwe mu Rwanda.

Ati “Ibi birerekana ko twiyemeje gushyira imbere ikoranabuhanga kugira ngo rihindure iterambere ry’ubukungu bwarwo. Bifite kandi umumaro mu kurengera ibidukikije no guteza imbere ikoranabuhanga”.

Yakomeje avuga ko abanyarwanda bazi ko kurengera ibidukikije no kurwanya ibyuka bihumanya ikirere ari ingenzi kandi ubu buryo bwo gukoresha izi modoka bukazatuma bagera ku byo biyemeje mu kurwanya ibyo byuka.

Minisitiri w’Intebe yashimye uburyo ishoramari rya Volkswagen ririmo gutanga imirimo bigendanye n’umuhigo wa leta y’u Rwanda wo guhanga imirimo miliyoni mu 2024.

Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda, Rugwizangoga Michaella, yavuze ko muri gahunda ya Move, yo gutiza imodoka kugera mu mpera z’uyu mwaka imodoka zirenga 200 zizaba zikoreshwa mu Rwanda harimo izo mu bwoko bwa Polo, Amarok, Teramont na Passat. Abashoferi 20 b’abagore bakora muri iyi gahunda.

Ati “Imodoka zikoresha amashanyarazi zimaze gukoreshwa ahantu henshi ariko nyuma y’ubushakashatsi, amahugurwa n’ibindi byakozwe, uyu munsi turatangiza izi modoka mu Rwanda ari nazo za mbere za Volkswagen muri Afurika.”

Izi modoka zagejejwe ku isoko ry’u Rwanda ku bufatanye bwa Volkswagen na Siemens, aho izatanga uburyo bwo kongera umuriro muri izo modoka.

Umuyobozi wa Siemens muri Afurika y’Amajyepfo n’Uburasirazuba, Sabine Dall’Omo, yashimangiye ko ‘uko imijyi ya Afurika itera imbere n’ikoranabuhanga rigatera imbere, niyo mpamvu hakenewe uburyo bwo gutwara abantu bugezweho kandi burambye mu Mujyi wa Kigali’.

Umuyobozi wa Volkswagen muri Afurika y’Epfo, Thomas Schafer, yavuze ko gutangiza ikoreshwa ry’izi modoka ari ugukomereza ku rugendo rwatangiye mu 2016 ubwo u Rwanda rwasinyaga amasezerano y’ubufatanye n’u Rwanda na Volkswagen, yo gushyira uruganda ruteranyiriza imodoka hano no gutangiza uburyo bwo gutwara abantu ndetse no guhugura.

Ati “Kugera ku musaruro mwiza kwa gahunda twatangije yo gutiza abantu imodoka byatweretse ko u Rwanda rufite icyerekezo cyo kuva ku modoka zikoresha amavuta rukajya ku zikoresha amashanyarazi. Dufite kandi icyizere dukura kuri ubwo bwabyaye umusaruro tutari twiteze”.

Iyi modoka itagira imyotsi ishobora kugenda kilometero 230, igashyirwamo umuriro iyo bikorewe mu rugo ni hagati y’amasaha 10 na 11, naho kuyishyiramo umuriro ku buryo bwihuse [kuri sitasiyo] ni iminota 45.

Izi modoka za e-Golf ntabwo zateranyirijwe mu Rwanda ahubwo zakorewe mu Budage zizanwa mu gihugu.

Volkswagen Group iteganya gushora miliyari €30 mu gukora imodoka zikoresha mashanyarazi, aho iteganya kongera ubwoko bw’imodoka zikoresha amashanyarazi gusa, zikava ku bwoko butandatu bukagera kuri 50 bitarenze umwaka wa 2025.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente n’abandi bayobozi ubwo batangizaga ikoreshwa ry’imodoka zikoresha amashanyarazi mu Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo (iburyo) yitabiriye uyu muhango

Abayobozi batandukanye bitabiriye itangizwa ryo gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi

Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda Rugwizangoga avuga ko izi modoka zizifashishwa mu buryo busanzwe bwo kuzitiza abantu bakitwara cyangwa bagatwarwa n’abashoferi babo

Umuyobozi wa Siemens muri Afurika y’Amajyepfo n’Uburasirazuba, Sabine Dall’Omo, yashimangiye ko bashyigikiye gahunda yo kurwanya imyuka yangiza ikirere mu Rwanda

Iki gikorwa cyatangiranye imodoka enye ariko mu minsi iri imbere zizagera kuri 50

Iyi modoka ikoresha amashanyarazi gusa

Umuyobozi wa Volkswagen muri Afurika y’Epfo, Thomas Schafer, yavuze ko gutangiza ikoreshwa ry’izi modoka ari ugukomereza ibiri mu masezerano bafitanye n’u Rwanda

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yashimye ishoramari rya Volkswagen mu Rwanda kuko ririmo kurufasha guhanga imirimo

Siemens izashyiraho sitasiyo zo kongereramo amashanyarazi

Minisitiri w’Intebe agiye kuganura iyi modoka

Kuri sitasiyo iyi modoka izajya yongerwamo amashanyarazi iminota 45

Sitasiyo yongera amashanyarazi mu modoka

Src : IGIHE

2019-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa
Amakuru

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026
Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana
HIRYA NO HINO

Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo
HIRYA NO HINO

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru