• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Ubwanditsi 25 May 2017 Mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Ibisohoka n’Ibyinjira mu Buhinde (Export-Import Bank of India/Exim Bank) byashyize umukono ku masezerano afite agaciro ka miliyoni 81 z’Amadolari ya Amerika azafasha amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (TVET).

Aya masezerano yashyizweho umukono kuwa 24 Gicurasi 2017 na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver n’Umuyobozi Mukuru wa Exim Bank, David Rasquinha nk’uko bigaragara ku rubuga rwa MINECOFIN.

Aya mafaranga agamije gufasha kubaka mu buryo bugezweho, kwigisha no guhugura ndetse no kugeza ibikoresho mu bigo 10 by’imyuga n’ubumenyi ngiro bishya ndetse n’ibigo bine biteza imbere ba rwiyemezamirimo.

Aya masezerano yashyiriwe umukono mu Buhinde ahari kubera inama ngarukamwaka ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, ngo agamije kuzamura ingufu za leta yashyize mu kongera ireme ry’imyigishirize y’ubumenyi ngiro no kuzamura ubushobozi bw’ibigo ngo bibashe guhangana, kumenya ibikenewe, bizima, no kureba ahazaza ngo hasubizwe ibibazo by’ubukungu n’iby’iterambere mu ikoranabuhanga.

Minisitiri Gatete avuga ko ubumenyi mu bya tekiniki bufite umumaro ukomeye mu kugera kure, kugabanya abatagira imirimo, ubukene no kuzamura imibereho myiza mu iterambere ry’u Rwanda.

Yagize ati “Inganda zo mu Rwanda ziri gukura ariko ntibihuza n’ubumenyi buhari mu gihugu. Ni ingenzi ko tugaragaza ikibazo mu bumenyi kugira ngo twizere neza ko ubukungu bukomeza kuzamuka kandi bugakomeza guhangana.”

Ubugenzuzi buherutse ku bijyanye n’ubumenyi bwagaragaje ko hari ibidahagije mu bumenyi mu myuga n’ubumenyi ngiro kugira ngo bihaze isoko.

Ngo kuzuza ibi bibura mu bumenyi ngo byubake ubukungu bizasaba ingufu ngo Icyerekezo 2020 kigerweho hamwe na gahunda ya EDPRS2. Mu kumenyekanisha iki kibazo rero ngo guverinoma yashyizeho intego zo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka.

-6660.jpg

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver n’Umuyobozi Mukuru wa Exim Bank, David Rasquinha bashyira umukono ku masezerano (Ifoto/MINECOFIN)

Source : IZUBARIRASHE

2017-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda

Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017
APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Perezida Magufuli  ngo azahindura inote  ateze igihombo abajura

Perezida Magufuli ngo azahindura inote ateze igihombo abajura

Ubwanditsi 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye
Mu Mahanga

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi
Mu Mahanga

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016
Hitabajwe Ambasade Ya Norvège Kubera Abana Bafatiwe Muri Uganda Bajyanywe Muri RNC
ITOHOZA

Hitabajwe Ambasade Ya Norvège Kubera Abana Bafatiwe Muri Uganda Bajyanywe Muri RNC

Ubwanditsi 28 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru