• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 01 Jul 2026 Amakuru, IMIKINO, KWAMAMAZA, Mu Rwanda, UBUKUNGU

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Skol Brewery Ltd, na Rwanda Premier League byasinye amasezerano y’ubufatanye azamara imyaka itatu, afite afite agaciro kari hafi miliyari 1 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro habereye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’impande zombi, azatangira gukurikizwa kuva mu mwaka w’imikino wa 2026/27.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Karangwa Jules, yavuze ko ari amasezerano amakipe, abakunzi b’umupira w’amaguru ndetse n’abafatanyabikorwa bandi b’amakipe bazungukiramo.

Yavuze ko “Buri mwaka Skol izajya itanga miliyoni 305 Frw,amafaranga azatuma buri kipe itsinze umukino ihabwa miliyoni 1 Frw, kandi amakipe yihitiremo undi mufatanyabikorwa uzajya ucuruza ibinyobwa bya Skol ku mikino yakiriye.”

Yongeyeho ko hari ibihembo bizajya bitangwa buri kwezi birimo no guhemba umukinnyi mwiza w’ukwezi.

Umuyobozi Mukuru wa Skol Brewery Ltd, Eric Gilson, yavuze ko nk’uko byagenze mu myaka yatambutse, iki kigo kiri mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, ko bazakomeza kubana n’Abanyarwanda muri ruhago.

Ati “Ubufatanye ni ubwongera iterambere ry’umupira ndetse no kubana n’Abanyarwanda bakunda umupira w’amaguru mu Rwanda.”

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, Hadji Mudaheranwa, yavuze ko usibye amafaranga, abafana n’amakipe cyangwa abandi bafatanyabikorwa b’amakipe bazungukira muri ubu bufatanye mu buryo butaziguye.

Ati “Turi gutera intambwe tugana aho twifuza. Muzi aho twahereye, muzi aho tugeze, ariko na none twifuza kurenga aha. Icyo batuzaniye kizongera urwego rw’amarushanwa. Tugiye kujya tujya mu kibuga harimo ikinyobwa kandi hari ugihagarariye.”

“Mu masezerano dufitanye harimo inyungu ku makipe, kuko ikipe ni yo izajya yishakira umuntu ucuruza ibinyobwa bya Skol, kandi ihabwe ibinyobwa ku kiranguzo nk’icyo ku ruganda. Abafatanyabikorwa babaye benshi, ndetse twiteze n’abandi.”

Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yavuze ko umupira w’amaguru mu Rwanda uri kubona ubushobozi kuri iyi nshuro, ariko hagikenewe abandi bafatanyabikorwa.

Ati “Kunguka arenga miliyoni 300 Frw ku mwaka umwe, ntabwo ari amafaranga make. Uko tugenda tuyazamura, usanga ubu twararenze miliyari 1 Frw. Ni ikintu cyiza twagezeho mu mwaka umwe. Ntabwo ahagije kuko 60% ajya muri Rwanda Premier League gusa.”

“Ni ubwa mbere buri mwaka umupira w’amaguru ugize arenga miliyari 1 Frw. Turashaka ko amafaranga ashorwa muri ruhago afasha Icyiciro cya Kabiri no mu bagore. Intego ni ugukomeza gutera imbere byagutse.”

Skol Brewery Ltd isanzwe ikorana na Rayon Sports, aho byasinye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw mu gihe cy’umwaka umwe.

2026-07-01
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Kigali: Abana b’inzererezi batatu batwikiwe muri ruhurura, babiri barapfa bivugwa ko batwitswe n’Abanyerondo.

Kigali: Abana b’inzererezi batatu batwikiwe muri ruhurura, babiri barapfa bivugwa ko batwitswe n’Abanyerondo.

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Ubwanditsi 10 May 2024
Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubwanditsi 31 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA
ITOHOZA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
ITOHOZA

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 24 Jun 2017
U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit
POLITIKI

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

Ubwanditsi 10 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru