• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 01 Jul 2026 Amakuru, IMIKINO, KWAMAMAZA, Mu Rwanda, UBUKUNGU

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Skol Brewery Ltd, na Rwanda Premier League byasinye amasezerano y’ubufatanye azamara imyaka itatu, afite afite agaciro kari hafi miliyari 1 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro habereye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’impande zombi, azatangira gukurikizwa kuva mu mwaka w’imikino wa 2026/27.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Karangwa Jules, yavuze ko ari amasezerano amakipe, abakunzi b’umupira w’amaguru ndetse n’abafatanyabikorwa bandi b’amakipe bazungukiramo.

Yavuze ko “Buri mwaka Skol izajya itanga miliyoni 305 Frw,amafaranga azatuma buri kipe itsinze umukino ihabwa miliyoni 1 Frw, kandi amakipe yihitiremo undi mufatanyabikorwa uzajya ucuruza ibinyobwa bya Skol ku mikino yakiriye.”

Yongeyeho ko hari ibihembo bizajya bitangwa buri kwezi birimo no guhemba umukinnyi mwiza w’ukwezi.

Umuyobozi Mukuru wa Skol Brewery Ltd, Eric Gilson, yavuze ko nk’uko byagenze mu myaka yatambutse, iki kigo kiri mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, ko bazakomeza kubana n’Abanyarwanda muri ruhago.

Ati “Ubufatanye ni ubwongera iterambere ry’umupira ndetse no kubana n’Abanyarwanda bakunda umupira w’amaguru mu Rwanda.”

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, Hadji Mudaheranwa, yavuze ko usibye amafaranga, abafana n’amakipe cyangwa abandi bafatanyabikorwa b’amakipe bazungukira muri ubu bufatanye mu buryo butaziguye.

Ati “Turi gutera intambwe tugana aho twifuza. Muzi aho twahereye, muzi aho tugeze, ariko na none twifuza kurenga aha. Icyo batuzaniye kizongera urwego rw’amarushanwa. Tugiye kujya tujya mu kibuga harimo ikinyobwa kandi hari ugihagarariye.”

“Mu masezerano dufitanye harimo inyungu ku makipe, kuko ikipe ni yo izajya yishakira umuntu ucuruza ibinyobwa bya Skol, kandi ihabwe ibinyobwa ku kiranguzo nk’icyo ku ruganda. Abafatanyabikorwa babaye benshi, ndetse twiteze n’abandi.”

Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yavuze ko umupira w’amaguru mu Rwanda uri kubona ubushobozi kuri iyi nshuro, ariko hagikenewe abandi bafatanyabikorwa.

Ati “Kunguka arenga miliyoni 300 Frw ku mwaka umwe, ntabwo ari amafaranga make. Uko tugenda tuyazamura, usanga ubu twararenze miliyari 1 Frw. Ni ikintu cyiza twagezeho mu mwaka umwe. Ntabwo ahagije kuko 60% ajya muri Rwanda Premier League gusa.”

“Ni ubwa mbere buri mwaka umupira w’amaguru ugize arenga miliyari 1 Frw. Turashaka ko amafaranga ashorwa muri ruhago afasha Icyiciro cya Kabiri no mu bagore. Intego ni ugukomeza gutera imbere byagutse.”

Skol Brewery Ltd isanzwe ikorana na Rayon Sports, aho byasinye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw mu gihe cy’umwaka umwe.

2026-07-01
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Ban Ki Moon yirukanye umuyobozi w’ingabo za UNMISS muri Sudani y’Epfo

Ban Ki Moon yirukanye umuyobozi w’ingabo za UNMISS muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Kwizera Olivier yasezerewe muri APR FC ariko nta kipe agomba gusinyamo umwaka urenze umwe

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’
ITOHOZA

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Ubwanditsi 12 Dec 2017
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri
Amakuru

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru