• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu ruzinduko rwe rwa mbere mu Rwanda, Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, kuri uyu wa kane tariki 27 Gicurasi 2021, yavugiye ijambo ritazibagirana ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.

Ubwo yari amaze kunamira inzirakarengane zisaga 250.000 ziruhukiye muri urwo rwibutso, Perezida Macron waranzwe n’imvugo yuzuyemo ubumuntu, yagarutse ku nzira y’inzitane Abatutsi bishwe ndetse n’abarokotse banyuzemo muri Jenoside bakorewe mu mwaka w’1994, maze avuga ko “amazina y’abishwe urw’agashinyaguro yanditse ku ibuye ritazigera risibangana.

Yasobanuraga ko ibyabaye mu Rwanda birenze ukwemera, kuko ari “ubwirakabiri bwagwiriye ikiremwamuntu aho kiva kikagera”, aboneraho gushimangira ko igihugu cye cyashyigikiye Leta y’abajenosideri, maze agira ati:” Abanyuze mu ijoro ry’icuraburindi nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira.

Dusabye iyo mpano ikomeye y’imbabazi”

Perezida Macron kandi yagaragaje ko Jenoside itagereranywa n’ikindi kintu icyo aricyo cyose, ntisobanurwe n’umubare w’abayizize ahubwo ikareberwa mu mpamvu bishwe, kandi mu Rwanda hishwe Abatutsi.

Aha akaba yashenye abirirwa bavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, ndetse anashimangira ko azaharanira ko abagize uruhare bose muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyikirizwa ubutabera.

Perezida w’Ubufaransa kandi yatangaje ko igihugu cye cyahagurukiye kwiyunga n’amateka, Ati:”Iyi myaka 27 yabaye iyo guhakana, kwinangira, kwigira abere no guhisha ukuri. Nicishije bugufi, mu cyubahiro mbagomba,ariko uyu munsi naje kwemera uruhare rwacu mu byababayeho. Mbisabiye imbabazi.”

Perezida Macron kandi yasabye urubyiruko rw’u Rwanda n’urw’Ubufaransa gushyira hamwe bakubaka amateka mashya, ashingiye ku bufatanye muri byose, ku kuri no kubahana.

Biteganyijwe ko mbere y’uko asoza uruzinduko rwe rw’iminsi 2 mu Rwanda, Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bagirana ikiganiro n’abanyamakuru, aho byitezwe ko Perezida Macron asobanura kurushaho “impano ikomeye y’imbabazi” yasabye Abanyarwanda.

2021-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

Ubwanditsi 23 May 2018
Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Ubwanditsi 25 Dec 2020
Icyo Isi ivuga ku nsinzi ya Emmanuel Macron

Icyo Isi ivuga ku nsinzi ya Emmanuel Macron

Ubwanditsi 08 May 2017
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2017
“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura  ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga
INKURU NYAMUKURU

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano
Mu Mahanga

Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru