• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru agera ku rubuga Virungapost aravuga ko Augustin Rutayisire, umwe mu Banyarwanda benshi bafungiwe muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ngo yaba ari hafi kubura ubuzima bwe.

Abamubonye baratangaza ko Rutayisire, kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira, yahuye n’iyicarubozo no gufatwa nabi bikabije birimo gukubitwa, kwicishwa inzara no guhatirwa kuryama ku isima ikonje.

Umwe muri aba ati: “Kuva Augustin yafatwa, muri Gicurasi 2018 na Mukama Moses Kandiho, umuvandimwe w’Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Abel Kandiho, yabayeho mu buzima bubi nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.”

Uyu yakomeje agira ati: “Mu cyumweru gishize muri Luzira, bwana Augustin ntiyemerewe matora ubu ari kurara ku ibaraza rikonje. Yarakubiswe aterwa imigeri na bamwe mu bacungagereza ndetse agira ibikomere mu gatuza, mu mayasha no mu mugongo, none ubu arimo gukorora amaraso,” 

Rutayisire kandi ngo afunze mu buryo nta muntu uvugana nawe ndetse akaba atemerewe no kuvugana n’umuryango we.

Muri Gicurasi uyu mwaka, nibwo urubuga dukesha iyi nkuru rwasohoye inkuru yavugaga ko Rutayisire yari agiye kwicirwa muri gereza ubwo umuntu yashyiraga ibimene by’amacupa mu byo kurya bye. Icyo gihe yagize amahirwe kuko ngo yihutanywe akajyanwa kwa muganga akarokoka.

Akaga Rutayisire arimo ndetse n’Abandi Banyarwanda batari bacye bafungiye muri Uganda ko gukorerwa iyicarubozo no gufungirwa ahantu hatandukanye hatemewe n’amategeko bakunda kwita mu Cyongereza ‘Safe House’ ngo katangiye ubwo Uganda yafataga icyemezo cyo gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, cyane cyane uwa Kayumba Nyamwasa.

Kuva ubwo Abanyarwanda benshi bajya cyangwa batuye muri Uganda bagiye batabwa muri yombi bagafungwa binyuranyije n’ammategeko, mu buryo ngo nk’ubwakoreshwaga na Idi Amin, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungwa mu buryo butesha agaciro ikiremwamuntu.

Inzego z’umutekano za Uganda. Izizwi cyane nka CMI na ISO, bivugwa ko zikorana bya hafi n’abayoboke ba RNC, zakunze kwibasira Abanyarwanda ku mpamvu eshatu z’ingenzi.

Iya mbere, kwari ukubashakamo abafite ubushake bwo kuba abarwanyi ba RNC. Amakuru akavuga ko gushimuta no gukora iyicarubozo ari bumwe mu buryo bukoreshwa mu kumvisha abafatwa ko bagomba kwiyunga ku nyeshyamba za kayumba nubwo ngo ubu buryo butakunze kubahira.

Ngo byagaragaye ko Abanyarwanda benshi bahitamo kubabara aho kugambanira igihugu cyabo.

Iya kabiri, ngo CMI, ISO na RNC, usanga bazenguruka mu bantu bavuga Ikinyarwanda muri Uganda, bashaka urubyiruko binjiza mu barwanyi. Ngo banashakisha ariko Abanyarwanda b’abahinzi bakomeye, abanyemari n’abandi nkabo, bakabinjiza muri gahunda yabo ngo bajye batera inkunga z’ibyo bakeneye nk’ibikoresho.

Abanze kumva ibyo basabwa rero ngo bakunze kwisanga batotezwa, bakangishwa kwicwa ndetse bagateguzwa ko bazitabwaho.

Iya gatatu, ngo Umunyarwanda w’umunyabyago agera mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda ni nk’iyo bamubonyemo igipimo kiza cyo kwiba. Abasesenguzi bakaba bemeza ko umubano wifashe nabi hagati y’u Rwanda na Uganda wabaye icyuho gikomeye cy’ubujura bukorwa n’abashinzwe umutekano.

Tugarutse kuri Rutayisire, ngo ibibazo bye byihariye byatangiye ubwo yavaga iwe I Kigali, muri Gicurasi 2018 agiye muri Uganda mu rugendo rwa business. Ubwo yageraga I Mbarara nk’uko byatangajwe n’umugore we, yahuye na Rwamucyo, wari inshuti ye kandi bakoranaga business. Rwamucyo yari afite amafaranga menshi mu modoka ye agera kuri miliyoni 140 z’Amashilingi yashakaga kubitsa muri banki ifite ishami muri Mbarara.

Akimara guparika imodoka, bahise bagotwa n’umuvandimwe wa Brig. Gen. Abel Kandiho witwa Moses Kandiho ukorera urwego rushinzwe umutekano ruzwi nka GISO (Government Internal Security Officer) muri Mbarara.

Kandiho yabwiye Rwamucyo na Rutayisire ko bakekwaho uruhare mu mugambi w’ubujura abategeka kwicara hasi batabwa muri yombi.

Ubwo rero ngo GISO yari kuri telephone ivugana n’undi muntu nk’uko abo mu muryango wa Rwamucyo bavuga, hashize akanya gato haba hageze imodoka hasohokamo Major Mushambo, wo mu ishami rya UPDF rishinzwe kurwanya ubutasi ndetse n’abandi basirikare.

Nk’abari bazi icyo bariho, ngo bahise baka Rwamucyo urufunguzo rw’imodoka ye barayifungura. Muri kanya gato, amafaranga Rwamucyo yari afite yahise anyerezwa ahubwo berekana ko imodoka ye bayisanzemo imbunda maze ibirego babaregaga (Rwamucyo na Rutayisire), bihindukamo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Nguko uko Rutayisire yafashwe kuva icyo gihe none ubuzima bwe bukaba buri mu marembera aho afungiwe muri Gereza ya Luzira ihereye Kampala.

2019-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi

Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Minisitiri Biruta yibukije inzego z’Ububiligi ko gukoloneza u Rwanda byarangiranye n’umwaka w’1962, Anagaruka kuri Paul Rusesabagina wiyita imfubyi Mbiligi

Ubwanditsi 08 May 2021
Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro
POLITIKI

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire
Amakuru

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika
Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Ubwanditsi 19 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru