• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Uganda: Ubuzima bw’Umunyarwanda Rutayisire ufungiye muri Gereza ya Luzira buri mu marembera

Ubwanditsi 13 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru agera ku rubuga Virungapost aravuga ko Augustin Rutayisire, umwe mu Banyarwanda benshi bafungiwe muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ngo yaba ari hafi kubura ubuzima bwe.

Abamubonye baratangaza ko Rutayisire, kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira, yahuye n’iyicarubozo no gufatwa nabi bikabije birimo gukubitwa, kwicishwa inzara no guhatirwa kuryama ku isima ikonje.

Umwe muri aba ati: “Kuva Augustin yafatwa, muri Gicurasi 2018 na Mukama Moses Kandiho, umuvandimwe w’Umuyobozi w’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Abel Kandiho, yabayeho mu buzima bubi nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.”

Uyu yakomeje agira ati: “Mu cyumweru gishize muri Luzira, bwana Augustin ntiyemerewe matora ubu ari kurara ku ibaraza rikonje. Yarakubiswe aterwa imigeri na bamwe mu bacungagereza ndetse agira ibikomere mu gatuza, mu mayasha no mu mugongo, none ubu arimo gukorora amaraso,” 

Rutayisire kandi ngo afunze mu buryo nta muntu uvugana nawe ndetse akaba atemerewe no kuvugana n’umuryango we.

Muri Gicurasi uyu mwaka, nibwo urubuga dukesha iyi nkuru rwasohoye inkuru yavugaga ko Rutayisire yari agiye kwicirwa muri gereza ubwo umuntu yashyiraga ibimene by’amacupa mu byo kurya bye. Icyo gihe yagize amahirwe kuko ngo yihutanywe akajyanwa kwa muganga akarokoka.

Akaga Rutayisire arimo ndetse n’Abandi Banyarwanda batari bacye bafungiye muri Uganda ko gukorerwa iyicarubozo no gufungirwa ahantu hatandukanye hatemewe n’amategeko bakunda kwita mu Cyongereza ‘Safe House’ ngo katangiye ubwo Uganda yafataga icyemezo cyo gushyigikira imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, cyane cyane uwa Kayumba Nyamwasa.

Kuva ubwo Abanyarwanda benshi bajya cyangwa batuye muri Uganda bagiye batabwa muri yombi bagafungwa binyuranyije n’ammategeko, mu buryo ngo nk’ubwakoreshwaga na Idi Amin, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungwa mu buryo butesha agaciro ikiremwamuntu.

Inzego z’umutekano za Uganda. Izizwi cyane nka CMI na ISO, bivugwa ko zikorana bya hafi n’abayoboke ba RNC, zakunze kwibasira Abanyarwanda ku mpamvu eshatu z’ingenzi.

Iya mbere, kwari ukubashakamo abafite ubushake bwo kuba abarwanyi ba RNC. Amakuru akavuga ko gushimuta no gukora iyicarubozo ari bumwe mu buryo bukoreshwa mu kumvisha abafatwa ko bagomba kwiyunga ku nyeshyamba za kayumba nubwo ngo ubu buryo butakunze kubahira.

Ngo byagaragaye ko Abanyarwanda benshi bahitamo kubabara aho kugambanira igihugu cyabo.

Iya kabiri, ngo CMI, ISO na RNC, usanga bazenguruka mu bantu bavuga Ikinyarwanda muri Uganda, bashaka urubyiruko binjiza mu barwanyi. Ngo banashakisha ariko Abanyarwanda b’abahinzi bakomeye, abanyemari n’abandi nkabo, bakabinjiza muri gahunda yabo ngo bajye batera inkunga z’ibyo bakeneye nk’ibikoresho.

Abanze kumva ibyo basabwa rero ngo bakunze kwisanga batotezwa, bakangishwa kwicwa ndetse bagateguzwa ko bazitabwaho.

Iya gatatu, ngo Umunyarwanda w’umunyabyago agera mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda ni nk’iyo bamubonyemo igipimo kiza cyo kwiba. Abasesenguzi bakaba bemeza ko umubano wifashe nabi hagati y’u Rwanda na Uganda wabaye icyuho gikomeye cy’ubujura bukorwa n’abashinzwe umutekano.

Tugarutse kuri Rutayisire, ngo ibibazo bye byihariye byatangiye ubwo yavaga iwe I Kigali, muri Gicurasi 2018 agiye muri Uganda mu rugendo rwa business. Ubwo yageraga I Mbarara nk’uko byatangajwe n’umugore we, yahuye na Rwamucyo, wari inshuti ye kandi bakoranaga business. Rwamucyo yari afite amafaranga menshi mu modoka ye agera kuri miliyoni 140 z’Amashilingi yashakaga kubitsa muri banki ifite ishami muri Mbarara.

Akimara guparika imodoka, bahise bagotwa n’umuvandimwe wa Brig. Gen. Abel Kandiho witwa Moses Kandiho ukorera urwego rushinzwe umutekano ruzwi nka GISO (Government Internal Security Officer) muri Mbarara.

Kandiho yabwiye Rwamucyo na Rutayisire ko bakekwaho uruhare mu mugambi w’ubujura abategeka kwicara hasi batabwa muri yombi.

Ubwo rero ngo GISO yari kuri telephone ivugana n’undi muntu nk’uko abo mu muryango wa Rwamucyo bavuga, hashize akanya gato haba hageze imodoka hasohokamo Major Mushambo, wo mu ishami rya UPDF rishinzwe kurwanya ubutasi ndetse n’abandi basirikare.

Nk’abari bazi icyo bariho, ngo bahise baka Rwamucyo urufunguzo rw’imodoka ye barayifungura. Muri kanya gato, amafaranga Rwamucyo yari afite yahise anyerezwa ahubwo berekana ko imodoka ye bayisanzemo imbunda maze ibirego babaregaga (Rwamucyo na Rutayisire), bihindukamo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Nguko uko Rutayisire yafashwe kuva icyo gihe none ubuzima bwe bukaba buri mu marembera aho afungiwe muri Gereza ya Luzira ihereye Kampala.

2019-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Ubwanditsi 21 Nov 2017
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi
Mu Rwanda

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo
ITOHOZA

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo

Ubwanditsi 18 Oct 2018
Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe
Mu Rwanda

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Ubwanditsi 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru