• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ubwanditsi 04 Mar 2017 Mu Rwanda

Jean Bosco Uwitonze yafatiwe mu murenge wa Kazo, akarere ka Ngoma, mu gitondo cyo kuri uyu wa kane afite imifuka itanu y’urumogi kuri moto.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngoma, Senior Superintendent of Police(SSP) Janvier Mutaganda atangaza ko Uwitonze bahimba Kigingi, yatanzweho amakuru n’irondo nyuma yo kumubona muri ako gace mu buryo budasanzwe.

Yagize ati:” Mu ma saa kumi n’imwe za mugitondo , irondo ryo mu kagari ka Kinyonzo ririmo gutaha, babonye moto yinjira mu ishyamba riri hafi aho bituma bayikemanga; niko guhita bahamagara Polisi ya sitasiyo ya Mutenderi iri hafi aho.”

SSP Mutaganda yongeyeho ati:” Abapolisi bari bagiye mu kazi gatandukanye baje nyuma ho gato, abari muri iryo shyamba barimo guhererekanya urwo rumogi, bumvise abapolisi baje bariruka basiga moto ihambiriyeho ruriya rumogi ; iby’amahirwe ariko, abanyerondo bari bamenye Uwitonze wari uyitwaye, usanzwe unazwi muri ako gace nk’umucuruzi w’urumogi, akaba yarafashwe nyuma yaho gato.”

Hagati aho, umuyobozi wa Polisi mu karere yatangaje ko, undi witwa Ishimwe Diogene w’imyaka 22, nawe yaje gufatirwa mu murenge wa Mutenderi ku manywa, aho yafashwe n’abaturage , nyuma yo gukemanga umufuka yari atwaye, bakamuhagarika, bamusatse bamusangana ibiro 8 by’urumogi.

Aha yagize ati:” Tuzi ko imirenge ya Kazo na Mutenderi ikoreshwa nk’inzira y’abacuruza ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi biva mu murenge wa Gahara muri Kirehe bivuye hakurya y’umupaka, bigakomeza umuhanda wa Rwamagana bijya I Kigali; twakajije umurego mu kubifata ariko cyane cyane twigisha abaturage gutanga amakuru kuri abo bantu igihe cyose bababonye.”

Kirehe ikaba izwi nk’ahantu hambukira ibiyobyabwenge byinshi biva hakurya y’umupaka byinjira mu gihugu bicishijwe ku mipaka itemewe.

Ahandi, Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yafashe inzoga zo mu mashashi zitemewe zigizwe n’udupaki 684 twa chief waragi 684, udupaki 36 twa blue sky n’ utwa kitoko waragi 120 , nyuma yo gusaka inzu y’uwitwa Ingabire Marie Claire utuye mu kagari ka Gihembe, mu murenge wa Kageyo.

Gicumbi nayo ikaba ikoreshwa nk’ahantu hakunze kwambukira inzoga zo mu mashashi zitemewe mu gihugu, hakaba harashyizweho amatsinda yo kuzirwanya nibura muri buri murenge muri 27 igize akarere kose, nk’uburyo bwo guhashya ikwirakwizwa n’icuruzwa ryazo.

-6005.jpg

Ibi bikaba byaragize akamaro kubera ko, guhera muri Kanama umwaka ushize, hamaze kwangizwa inzoga z’ubu bwoko zifite agaciro ka miliyoni 50 z’amanyarwanda.

Kuri ubu, Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi ikaba yarashyize imbaraga mu kwigisha abaturage ibashishikariza gushora izo miliyoni mu bucuruzi bwemewe aho kuzishora mu biyobyabwenge.

RNP

2017-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yamaganye itangazo rivuga ko igiye  kwivuna abatuka Perezida Kagame

Polisi y’u Rwanda yamaganye itangazo rivuga ko igiye kwivuna abatuka Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Hategerejwe umwanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.
Mu Mahanga

Police Handball Club yegukanye igikombe cyo kwibuka ku nshuro ya kabiri.

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Ubushakashatsi : Umutekano n’Ituze Rusange ku manota ari hejuru ya 80% -RGB
Mu Mahanga

Ubushakashatsi : Umutekano n’Ituze Rusange ku manota ari hejuru ya 80% -RGB

Ubwanditsi 31 Jan 2017
Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere
Mu Rwanda

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru