• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ubwanditsi 04 Mar 2017 Mu Rwanda

Jean Bosco Uwitonze yafatiwe mu murenge wa Kazo, akarere ka Ngoma, mu gitondo cyo kuri uyu wa kane afite imifuka itanu y’urumogi kuri moto.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngoma, Senior Superintendent of Police(SSP) Janvier Mutaganda atangaza ko Uwitonze bahimba Kigingi, yatanzweho amakuru n’irondo nyuma yo kumubona muri ako gace mu buryo budasanzwe.

Yagize ati:” Mu ma saa kumi n’imwe za mugitondo , irondo ryo mu kagari ka Kinyonzo ririmo gutaha, babonye moto yinjira mu ishyamba riri hafi aho bituma bayikemanga; niko guhita bahamagara Polisi ya sitasiyo ya Mutenderi iri hafi aho.”

SSP Mutaganda yongeyeho ati:” Abapolisi bari bagiye mu kazi gatandukanye baje nyuma ho gato, abari muri iryo shyamba barimo guhererekanya urwo rumogi, bumvise abapolisi baje bariruka basiga moto ihambiriyeho ruriya rumogi ; iby’amahirwe ariko, abanyerondo bari bamenye Uwitonze wari uyitwaye, usanzwe unazwi muri ako gace nk’umucuruzi w’urumogi, akaba yarafashwe nyuma yaho gato.”

Hagati aho, umuyobozi wa Polisi mu karere yatangaje ko, undi witwa Ishimwe Diogene w’imyaka 22, nawe yaje gufatirwa mu murenge wa Mutenderi ku manywa, aho yafashwe n’abaturage , nyuma yo gukemanga umufuka yari atwaye, bakamuhagarika, bamusatse bamusangana ibiro 8 by’urumogi.

Aha yagize ati:” Tuzi ko imirenge ya Kazo na Mutenderi ikoreshwa nk’inzira y’abacuruza ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi biva mu murenge wa Gahara muri Kirehe bivuye hakurya y’umupaka, bigakomeza umuhanda wa Rwamagana bijya I Kigali; twakajije umurego mu kubifata ariko cyane cyane twigisha abaturage gutanga amakuru kuri abo bantu igihe cyose bababonye.”

Kirehe ikaba izwi nk’ahantu hambukira ibiyobyabwenge byinshi biva hakurya y’umupaka byinjira mu gihugu bicishijwe ku mipaka itemewe.

Ahandi, Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yafashe inzoga zo mu mashashi zitemewe zigizwe n’udupaki 684 twa chief waragi 684, udupaki 36 twa blue sky n’ utwa kitoko waragi 120 , nyuma yo gusaka inzu y’uwitwa Ingabire Marie Claire utuye mu kagari ka Gihembe, mu murenge wa Kageyo.

Gicumbi nayo ikaba ikoreshwa nk’ahantu hakunze kwambukira inzoga zo mu mashashi zitemewe mu gihugu, hakaba harashyizweho amatsinda yo kuzirwanya nibura muri buri murenge muri 27 igize akarere kose, nk’uburyo bwo guhashya ikwirakwizwa n’icuruzwa ryazo.

-6005.jpg

Ibi bikaba byaragize akamaro kubera ko, guhera muri Kanama umwaka ushize, hamaze kwangizwa inzoga z’ubu bwoko zifite agaciro ka miliyoni 50 z’amanyarwanda.

Kuri ubu, Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi ikaba yarashyize imbaraga mu kwigisha abaturage ibashishikariza gushora izo miliyoni mu bucuruzi bwemewe aho kuzishora mu biyobyabwenge.

RNP

2017-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Ubwanditsi 01 Sep 2021
APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026

APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 22 Apr 2026
Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011
INKURU NYAMUKURU

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha
Mu Rwanda

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga
ITOHOZA

Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga

Ubwanditsi 29 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru