• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019 ITOHOZA

Rujugiro Tribert ni umuntu ukunda gushora imari mu nganda zikora itabi mu bihugu bitandukanye bya Afurika, gusa mu myaka mike ishize, hagiye humvikana amakuru y’ uko uwo mucuruzi yaba akora ishoramari ririmo uburiganya, akwepa imisoro n’ibindi byaha bitandukanye.

Ibyo bituma yiyegereza umuntu usobanukiwe ibijyanye n’itumanaho, akaba ashinzwe gukora uko ashoboye ngo Rujugiro avugwe neza mu itangazamakuru mpuzamahanga.

Nko muri Mutarama uyu mwaka, ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 40 y’ihuriro ry’inganda z’itabi za Rujugiro “Pan African Tobacco Group (PTG)”, umunyamakuru Mfonobong Nsehe wandikira “Forbes Magazine”, yanditse inkuru ishimagiza Rujugiro.

Mbere yaho, muri Mutarama 2014, uwo mwanditsi na none yari yanditse inkuru ikubiyemo ikiganiro yagiranye na Rujugiro. Icyo gihe, ikinyamakuru Forbes cyatangaje iyo nkuru cyayihaye umutwe tugenekereje ugira uti “Twaganiriye n’Umunyafurika w’umuherwe ucuruza itabi, Rujugiro Ayabatwa Tribert.”

Kuba inkuru ebyiri zivuga ibintu bimwe, zarasohotse muri Forbes Magazine, kandi zose zigasohoka ku itariki imwe mu kwezi kumwe, si ibintu byikoze, birasobanura neza ko icyo kinyamakuru kirimo gukoreshwa mu rwego rwo gusigiriza isura y’umucuruzi Rujugiro, kimugaragaza nk’umuntu ukora imirimo ye nk’inyangamugayo kandi ngo ibyo akora bifitiye akamaro ikiremwa muntu.

Hari amakuru avuga ko kuva muri Kamena 2008, ubwo Rujugiro yafatirwaga i Londres mu Bwongereza bisabwe n’igihugu cya Afurika y’Epfo, kimushinja kuba akwepa imisoro mu ruganda rwe “Mastermind Tobacco S.A Ltd”, nibwo yahise ashaka uwitwa Himbara David amushinga kujya amuvuga neza hose.

David Himbara

Rujugiro, ukomoka mu Rwanda, yakomeje gukora uko ashoboye mu rwego rwo kwihorera kuri Leta y’u Rwanda avuga ko yanze kumutabara ubwo yari yafatiwe mu Bwongereza. We yasabye Leta y’u Rwanda gukoresha ububasha bwayo mu bya dipolomasi ngo arekurwe ariko ntibyakunda.

Ibirego byatumye uwo muherwe afatirwa mu Bwongereza, byatanzwe muri 2006, aho n’abanyamigabane bandi barimo n’umuhungu we witwa Nkwaya Paul, bashinjwaga kuba baranyereje miliyoni 7.4 z’Amadorari y’Amerika.

Leta y’u Rwanda ntiyari kwivanga igerageza gufunguza uwo munyemari kandi izi ko yari yakoresheje uburiganya akwepa imisoro, n’ubwo Rujugiro ari umwenegihugu w’u Rwanda.

Urubanza rwaciwe muri 2009

Umwe mu myanzuro y’urukiko wavugaga ko Rujugiro abujijwe gukora itabi no kuricururiza muri Afurika y’ Epfo.

Nubwo urukiko rwari rwanzuye rutyo, kandi umwanzuro w’urukiko ukaba ari itegeko, ntibyabujije Rujugiro kongera gushinga uruganda rw’itabi no kuricururiza muri Afurika y’Epfo muri 2010.

Hari amakuru avuga ko muri 2017, Rujugiro yishyuye ibihumbi 440 by’amadolari ya Amerika, ayishyura sosiyete yitwa Podesta Inc, ikora ibijyanye no kugaragaza isura nziza y’umuntu cg sosiyete runaka, kugira ngo umuvugizi we David Himbara abashe gushyikira Kongere ya Amerika, hagamijwe gushaka uko Guverinoma ya Amerika yafatira ibihano u Rwanda.

Imwe mu nkuru zasohotse muri Forbes, umwanditsi agaragaza ukuntu hagati ya 1996 na 2011 yashinze inganda z’itabi muri Angola, muri Uganda, muri Tanzania, muri Nigeria, muri Sudani y’epfo no muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Hari kandi n’urundi ruganda rw’itabi yashinze ahitwa Arua mu Majyaruguru ya Uganda muri 2013.

Uwareba umubare w’inganda z’itabi zashinzwe hirya no hino muri Afurika, yakwibwira ko hari icyo byamariye abaturage b’ibihugu izo nganda za Rujugiro zikoreramo, nyamara hari ibimenyetso byerekana ko nta muturage byafashije.

Icya mbere, abantu bakwiriye kuzirikana ni uko itabi ryangiza ubuzima, kuko nk’uko bitangazwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, abantu barenga miliyoni zirindwi bapfa bazira itabi buri mwaka.

Ikindi kandi ngo ni uko 80% by’abicwa n’itabi n’ingaruka zaryo ari abakomoka mu bihugu bikennye.

Hari amakuru avuga ko n’ ishoramari rya Rujugiro ritazamura imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu akoreramo, ryungura abamufasha mu buriganya bwe bwo gukwepa imisoro.

Uretse Afurika y’epfo yamushinje kunyereza imisoro, hari kandi na Nigeria, aho Rujugiro yagejeje kuri guverinoma y’icyo gihugu umushinga wa miliyoni 57 z’Amadorari avuga ko agiye kubaka uruganda rukora itabi ryitwa “Yes”, “Super Match” na “Forum”.

Icyo gihe yahawe aho yubaka uruganda rwagombaga kubakwa mu myaka itatu, ariko yarangiye rutubatswe, nta muturage ubonye akazi nta n’ifaranga na rimwe ashyize mu isanduku ya Leta ya Nigeria.

Ibikorwa bya Rujugiro kandi byagarutsweho muri raporo z’umuryango w’abibumbye inshuro ebyiri zitandukanye.

Muri 2001, itsinda ry’impuguke muri Loni ryashyize Rujugiro ku rutonde rw’abantu basahura umutungo wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo mu buryo butemewe n’amategeko.

Ku itariki 31 Ukuboza 2018, raporo z’izindi mpuguke muri LONI yagagaje ko Kayumba Nyamwasa n’ishyaka rye ryitwa “Rwanda National Congress (RNC) , riterwa inkunga na Rujugiro bakomeje guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.

Rujugiro kandi ahuza ibikorwa byo gutera inkunga yo gushyigikira imitwe irwanya Leta y’u Rwanda, ifite abayobozi mu gihugu cy’u Burundi, aho afite uruganda rw’itabi rwihariye isoko ryose ryo muri icyo gihugu, akaba anyereza imisoro afatanyije n’abayobozi bakuru bacyo.

Muri Uganda, Rujugiro yagiranye amasezerano y’ubucuruzi n’uwitwa Generali Salim Saleh Akandwanaho, amuha imigabane ingana na 15% mu ruganda rw’itabi, uwo Salim Saleh na we yiyemeza kumurindira imitungo iri muri Uganda no mu karere.

Hari amakuru avuga ko Rujugiro yifashishije ibikoresho afite i Dubai, yakoze kashe y’impimbano isa neza neza n’iyo ikigo cy’imisoro cyo muri Uganda gikoresha.

Iyo kashi y’impimbano ikoreshwa mu kwemeza ko itabi ryakorewe muri Uganda nubwo ryaba ryarakorewe ahandi, bityo bikamufasha mu kunyereza imisoro.

40% gusa by’ibicuruzwa bya Rujugiro ngo ni byo bigaragazwa ngo bibe byasora, naho 60% byo bikagenda mu buryo bwa magendu, inyungu ikoherezwa hanze y’igihugu.

Umwe mu b’imbere mu bucuruzi bwa Rujugiro, avuga ko buri wese ushinzwe gusakaza itabi, yahawe amabwiriza yo kuvunjisha 60% y’inyungu zose ku munsi, akavanwa mu mashilingi ya Uganda agashyirwa mu madolari ya Amerika, ubundi akoherezwa hanze.

Ababikurikiranira hafi bemeza ko, sosiyete ya Rujugiro inyereza nibura miliyoni 47 z’Amashilingi ya Uganda ku munsi.

Mu bihugu byose Rujugiro akoreramo, sosiyete ze zishinjwa ibyaha birimo kugaragaza umutungo muke ugereranije n’uwo zinjiza, gukwepa imisoro, kunyereza amafaranga no guha ruswa ababoyozi bo mu bihugu zikoreramo.

Mu Rwanda, Rujugiro byaramugoye kunyereza imisoro kuko hari imikorere itajegajega yo kumenya amafaranga yinjira n’asohoka, kandi ntiyari no gutanga ruswa ngo yemerwe. Ibyo byatumye amenyekana ko atishyura imisoro.

Inyubako yitwaga “Union Trade Center”, yatejwe cyamunara kugira ngo ikigo cy’imisoro n’amahoro cyishyurwe miliyoni 1.4 y’Amadorari y’Amerika y’imisoro Rujugiro atari yarishyuye.

Ubucuruzi bwa Rujugiro muri Afurika n’ahandi buratera imbere bidatewe n’uko akora cyane, ahubwo abikesha amayeri atandukanye akoresha za ruswa, agakorana bya hafi na bamwe mu bakomeye muri za guverinoma z’ibihugu ndetse no gutegura umushinga wizwe neza w’uburyo agomba gukwepa imisoro.

2019-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Ubwanditsi 15 Apr 2017
Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Ubwanditsi 28 Nov 2018
RNC –NEW : Rudasingwa Theogene yiyemeje  kwiyegereza no gushakira imibereho mu butinganyi

RNC –NEW : Rudasingwa Theogene yiyemeje kwiyegereza no gushakira imibereho mu butinganyi

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino
Amakuru

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 02 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru