• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubwanditsi 30 Aug 2016 ITOHOZA

Umutwe w’iterabwoba ’Rwanda National Congress’ [RNC] utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda umaze iminsi uvugwa mo bombori bombori, umwuka mubi ndetse no gushwana bikomeye kuri ubu byawugizeho ingaruka zikomeye zo kubura inkunga bahabwaga n’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Uku kutumvikana kwabimburiwe n’umwuka mubi waturutse mu gushaka kwigarurira ububasha bw’ uyu mutwe kwa bamwe, kutavuga rumwe hagati y’abasivili nka Dr Rudasingwa n’abasirikare barangajwe imbere na Kayumba.

Mu myaka itanu ishize bivugwa ko uyu mutwe warimo ibibazo by’imiyoborere kugeza Col. Patrick Karegeya yishwe kubera amakimbirane no kutizerana kugeza ubwo tariki ya 22 Mata 2016 habaye inama y’igice kimwe iyobowe na Dr.Theogene Rudasingwa, isozwa n’ibisa no guterana amagambo gukomeye.

Kuva ubwo kugeza ubu Kayumba na Rudasingwa bararebana ayingwe, ibi ngo bikaba byaratumye umuterankunga w’imena Rujugiro yifata kuko ngo yabaye ahagaritse inkunga yateranga RNC. Amakuru akavuga ko iyi nkunga izasigara ihabwa David Himbara kugirango abone uko akoresha itangazamakuru mpuzamahanga mu kurwanya manda ya gatatu ya Perezida Kagame.

-3876.jpg

David Himbara

-126.png

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Ibi bije nyuma y’amakuru yemezwa na Lt Col Abraham Sam Bisengimana, uherutse kwitandukanya n’ umutwe w’ iterabwoba wa FDLR agatahuka mu Rwanda, yemeje ko umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert afitanye imikoranire n’ uyu mutwe ukorera mu mashyamba ya Congo, wiganjemo abasirikare bahoze mu ngabo zatsinzwe mbere y’ umwaka wa 1994 ndetse bamwe muribo banasize bagize uruhare rugaragara mu iyicwa ry’ Abatutsi.

Bisengimana yagaragaje ko Rujugiro atera inkunga umutwe wa FDLR ngo ubashe guteza umutekano mucye mu Rwanda. Ngo ibyo bikorwa abikora afatanije n’ abahoze ari abasirikare bakuru mu Rwanda bari mu buhungiro muri Afurika y’ Epfo,barimo Kayumba Nyamwasa.

Lt Col Bisengimana yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza ko Rujugiro akorana hafi na hafi na FDLR.

Hari amakuru avuga ko uwo munyemari aherutse kwitabira inama zitandukanye muri Cote d’Ivoire aho yahuriraga n’ abo basirikare b’ u Rwanda bari mu buhungiro ndetse n’ abasirikare bakuru ba FDLR.

Ngo izo nama zigamije gushinga undi mutwe w’ inyeshyamba mushya uzaba ufite intego nyamakuru yo guhungabanya umutekano w’ igihugu.

Muri Mata 2011, Polisi y’Igihugu yafashe imodoka 8 za Rujugiro zari zivuye muri Akagera Motors zerekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

-3877.jpg

Kayumba Nyamwasa na Rujugiro Tribert

Izo modoka zafatiwe mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu zaguzwe n’isosiyete yitwa Congo Tobacco Company(CTC) ikorera mu Mujyi wa Goma, ariko inzego z’umutekano zari zifite amakuru ko zigiye gutera inkunga imitwe y’inyeshyamba zirwanya u Rwanda harimo uwashinzwe na Kayumba na Karegeya, n’indi mitwe ikorera mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nka FDLR.

Iperereza rya Rushyashya rigaragaza uburyo Rujugiro yagiye atera inkunga Rwanda National Congress (RNC), umutwe uyobowe na Faustin Kayumba Nyamwasa, binyuze muri David Himbara.

Aya makuru kandi agaragaza ko Rujugiro yagiye ahinduranya amazina ku ma konti ye, amwe akayitirira abo mu muryango we mu rwego rwo kuyobya uburari ko yaba yoherereza RNC amafaranga.

Andi makuru avuga kandi ko Rujugiro afata ku kiyobyabwenge cy’urumogi na Cocaine, byatumye ibice bye byo mu mutwe bigira ibibazo by’ihungabana.

Ubwo yari akiri mu Rwanda, yaba yarakundaga gusangira ibyo biyobya bwenge na Dr David Himbara wakoraga mu biro bya Perezida Kagame.

Tubibutse ko mu kwezi k’ Ukwakira 2008, Rujugiro Tribert yatawe muri yombi mu Bwongereza kubera impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi zoherejwe n’ igihugu cya Afurika y’ Epfo, aho yari akurikiranyweho kunyereza akayabo k’ imisoro.

Nyuma yaho yagiranye amasezerano n’ ubuyobozi bushinzwe imisoro muri Afurika y’ Epfo baramurekura agaruka mu Rwanda, yongera kuhava ntiyagaruka kugeza uyu munsi.

Cyiza Davidson

2016-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahakanye ibyo gushyirwaho igitutu ku kibazo cy’abimukira bo muri Israel
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahakanye ibyo gushyirwaho igitutu ku kibazo cy’abimukira bo muri Israel

Ubwanditsi 05 Apr 2018
AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup
Amakuru

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Hafashwe imodoka ipakiye amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 25 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru