• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 11 Jan 2018 UBUKERARUGENDO

Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko ashimishijwe n’uburyo u Rwanda ruri kuza ku isonga mu kurengera ibidukikije, mu gihe ibindi bihugu bisubira inyuma.

Mkapa ni umwe mu bayobozi b’Umuryango Nyafurika wita ku bidukikije “African Wildlife Foundation (AWF)”, akaba yari mu Rwanda mu gikorwa cyo kwegurira hegitari 27.8 Pariki y’Ibirunga, kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Mutarama 2018.

Yagize ati “Nshimishijwe no kuba ngize uruhare mu gikorwa cyo kwegurira guverinoma uyu mutungo, kuko yagize uruhare rugaragara mu guharanira kurinda ibidukikije.”

Iyi pariki icumbikiye ingagi zo mu birunga zigera kuri 540, kandi zikaba nta handi zigaragara uretse mu Rwanda, Uganda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Yakomeje agira ati “Akenshi usanga abayobozi bo muri Afurika bafata ibyemezo bigira ingaruka ku ihungabana ry’umutungo kamere, kuko badasobanukiwe n’akamaro ko kubungabunga ibidukikije.”

JPEG - 969.1 kb
Mkapa atera igiti muri ubu butaka bweguriwe Parike y’Ibirunga

Avuga ko kubungabunga ibidukikije ari imwe mu nzira yo kuzagira isi nziza mu minsi iza, ibyo u Rwanda rukaba rwarabimenye ari nayo mpamvu rukomeza kongera ubuso bwa pariki aho kubugabanya.

Nyuma yo kongeraho izi hegitari, Pariki y’ibirunga izava ku buso bwa hegitari ibihumbi 16 yari isanzweho igere ku 16,027

Clare Akamanzi, umuyobozi wa RDB yavuze ko iki gikorwa kije guhuza inyungu za Leta y’u Rwanda zigamije guha abaturage ahazaza heza ariko hanibandwa ku kurengera ibidukikije.

Ati “Kurinda ingangi n’ubukerarugendo natwe biduha inyungu.”
Mkapa yavuze ko mu myaka ishize muri Afurika hagaragaye ibibazo by aba rushimusi kandi bikagira ingaruka ku nyamaswa zituye muri za pariki.

JPEG - 671.7 kb
Ubu butaka bwashyikirijwe RDB ifite mu nshingano Parike y’ibirunga

Ariko yavuze ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame byamuhaye icyizere ko kurengera ibidukikije mu Rwanda ari intego igihugu kitazatezukaho.

JPEG - 1.1 Mb
Uyu muhango wari witabiriwe n’ingeri zitandukanye z’abantu
JPEG - 1010.5 kb
Urekerereza nirwo rwasusurukije iyi gahunda

2018-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni

Uganda Airlines igiye gutangirira ingendo mu bihugu bitatu mu Karere mugihe ivugwamo politiki ishaje ya Museveni

Ubwanditsi 25 Jul 2019
Ingingo zishimangira umusaruro w’inama y’Intekorusange ya FIFA ku Rwanda nk’umusingi w’imenyekanishagihugu mu bukerarugendo

Ingingo zishimangira umusaruro w’inama y’Intekorusange ya FIFA ku Rwanda nk’umusingi w’imenyekanishagihugu mu bukerarugendo

Ubwanditsi 20 Mar 2023
RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

RwandAir igiye kwerekeza muri Israel

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Perezida Kagame yatembereje Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani wa Qatar muri Pariki y’Akagera

Ubwanditsi 22 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino
Amakuru

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda
Mu Mahanga

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Ubwanditsi 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru