• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

RwandAir igiye kugura indege enye mu kwagura ubwikorezi bw’imizigo

Ubwanditsi 26 Aug 2018 UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege (RwandAir) igiye kugura indege enye zizayifasha kwagura imikorere no guhangana n’imbogamizi ziri mu isoko ry’ubwikorezi bwo mu kirere.

RwandAir ifite indege 12 ikoresha mu byerekezo 26. Intego yayo ni ugukuba kabiri umubare wazo mu myaka itanu, hagamijwe kwagura ibikorwa muri Afurika no gukora ingendo ku yindi migabane y’Isi.

Biteganyijwe ko 2019, RwandAir izakira indege enye nshya zizayifasha no kwinjira ku isoko rya Amerika, Aziya n’u Burayi.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko muri Nyakanga 2019, bazakira indege ebyiri zo mu bwoko bushya bwa Airbus A330 n’iza Boeing 737 MAX.

Abahanga mu by’ubwikorezi bavuga ko nubwo hari izifite ubushobozi bwo gutwara imizigo ariko zitaragera ku rwego rufatika.

Imizigo itwarwa muri RwandAir yavuye kuri toni 8,000 mu 2016 igera ku 13,000 mu Ukuboza 2017. Ingano y’imizigo inyura ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yitezweho kuzamukaho 30% ikagera kuri toni 16,900 mu Ukuboza 2018.

The East African yanditse ko ubuyobozi bwa RwandAir bwatangaje ko “Indege yerekeza mu Burayi, Aziya, Uburengerazuba bwo hagati, ku bibuga byo muri Afurika n’ibyerekezo bishya nka Amerika, u Bushinwa yitezweho uruhare muri iri terambere.”

RwandAir yihaye intego yo kwinjiza 9% by’inyungu mu gutwara imizigo. Ku bufatanye na Leta, igiciro cy’umuzigo itwaye cyagabanutseho 62% kigera ku $0.95 ku kilo mu gihe ibigo byo mu karere ikilo gitwarirwa $1.5.

Abayobozi bagaragaza ko kuvugurura imikorere ari ishoramari rirambye rishobora kugira imbogamizi ku bukungu.

Umuyobozi w’Ikigo Aviation Travel and Logistics Holdings Limited (ATL), Jean Ndenga, yatangaje ko “Tubibona nk’amahirwe kuko ku ruhande rwacu dushyize imbaraga mu ishoramari rya RwandAir. Kugira abo muhangana ni byiza kuko bituma ibyo mukora bizamuka.”

Leta yashyize miliyoni $47 muri RwandAir mu 2017, zivuye kuri miliyoni $53.8 mu 2016 na miliyoni $56.2 mu 2015.

U Rwanda ruheruka gusinya amasezerano n’u Butaliyani yemerera RwandAir gukoresha ibibuga by’indege byose byo muri icyo gihugu, aho ishobora gusiga cyangwa igakura abagenzi n’imizigo.

Ni amasezerano ya 32 yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda n’igihugu cyo hanze ya Afurika nk’amahirwe yo kwagura imiryango.

RwandAir izatangiza ingendo i Guangzhou mu Bushinwa na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kamena 2019. Ni iya kane muri Afurika izerekeza i New York nyuma ya Kenya Airways, South African Airways na Ethiopian Airlines.

2018-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 27, 20181:46 am -

    NTUBONA INKURU NZIZA!!AHA HO SAWA NDABEMEYE!!
    AHO KWANDIKA AMATIKU KU BYIBIHUGU BITURANYE NATWE!!
    RWANDAIR ,MUZANGURIRE AGATIKE NYITEMBEREMO!!
    GUSA SINZI AHO NAJYA KUKO NTAGIHUGU KIRUTA U RWANDA!!
    HARAKABAHO PRESIDENT KAGAME!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora
Mu Rwanda

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 
Amakuru

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru