• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

Ubwanditsi 22 May 2018 UBUKERARUGENDO

Binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingendo zikorerwa mu kirere hagati y’u Rwanda na Ghana, Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, Rwandair, yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra (Kotoka International Airport) mu gukora ingendo zerekeza mu bihugu bitandukanye birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuri uyu wa 21 Gicurasi nibwo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara Abantu n’Ibintu muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu na Minisitiri ushinzwe ibijyanye n’indege muri Ghana, Cecilia Abena Dapaah, bashyize umukono kuri aya masezerano, nyuma y’imyaka isaga umunani atangiye kuganirwaho.

Uwihanganye yavuze ko nubwo RwandAir yari isanzwe ikora ingendo zerekeza muri Ghana, binyuze muri aya masezerano u Rwanda rwemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo muri iki gihugu byose mu buryo busesuye.

Yagize ati “ Twatangiye gukorera muri kiriya gihugu dukoresheje RwandAir mu myaka hafi itanu ishize, mu minsi ishize twahinduye umuhanda uba Kigali-Abuja-Accra. Turateganya gukoresha Accra tujya mu bindi byerekezo by’isi birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

Yakomeje asobanura ko bahisemo ikibuga cy’indege cya Accra muri Ghana kubera ko cyujuje ibisabwa n’Ibigo bishinzwe ibijyanye n’ingendo zo mu kirere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibindi bihugu byo ku mugabane w’u Burayi.

Ku ruhande rwa Ghana, Minisitiri Cecilia yavuze ko bishimira kuba RwandAir ikorera ingendo mu gihugu cyabo, aho yavuze ko iyo iza kuba idahari bari gukoresha iminsi ibiri ngo babashe kugera mu Rwanda, none bakoresheje amasaha atanu gusa.

Yakomeje avuga ko ingendo zo mu kirere ari ingenzi cyane mu guteza imbere ubukungu bw’Afurika, ahamya ko Ghana ifite urubuga rwagutse u Rwanda rwabyaza umusaruro, haba mu gutwara abantu n’ibintu mu ndege mu gihugu imbere cyangwa kwerekeza mu bindi bihugu birimo n’ibyo mu Burengerazuba bw’uyu mugabane.

Umuyobozi mukuru wa Rwandair, Yvonne Manzi Makolo, yagaragaje ko Accra ari rimwe mu masoko yagutse bafite, kuko iki kibuga gikoreshwa mu gutwara abagenzi bajya muri Afurika y’Amajyepfo ndetse n’Uburengerazuba.

RwandAir iherutse gutangiza ingendo zerekeza Cape Town muri Afurika y’Epfo, kuri ubu ijya mu byerekezo 26 mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, u Burayi na Aziya.

Mu minsi iri mbere kandi iyi sosiyete ifite indege 12 irateganya gutangira gukora ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel, Addis Ababa muri Ethiopia, Djibouti, Guangzhou mu Bushinwa na New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Minisiteri y’ibikorwaremezo ihamya ko uko u Rwanda ruzagenda rwagura aho rukorera ingendo, ibihugu bikarushaho gushyira mu bikorwa amasezerano arebana no gufungura ikirere bizagira uruhare mu kugabanya ibiciro byo kugenda mu ndege bigihanitse cyane muri Afurika.

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wari uwa Rayon Sport yerekeje muri Kenya
IMIKINO

Umutoza wari uwa Rayon Sport yerekeje muri Kenya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
DONALD TRUMP  yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3  ye .
ITOHOZA

DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

Ubwanditsi 31 Jan 2017
Cibitoke/Burundi: Abaturage Barinubira Amarondo Y’ijoro Batangiye Gukoreshwa Ku Mupaka W’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Cibitoke/Burundi: Abaturage Barinubira Amarondo Y’ijoro Batangiye Gukoreshwa Ku Mupaka W’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru