• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Ubwanditsi 11 Oct 2018 UBUKERARUGENDO

Urugendo ruva Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu rujya i Kigali mu ndege ya Rwandair rwimuriwe Entebbe muri Uganda kubera ikirere kitameze neza.

Mu itangazo Rwandair yanyujije kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, rivuga ko urugendo WB305 rwimurie ku kibuga cy’indege cya Entebbe, rukaza gusubukurwa ikirere kibaye cyiza.

Rigira riti “Kubera ikirere kitameze neza ku kibuga cy’indege cya Kigali, urugendo WB305 ruva i Dubai rwimuriwe Entebbe kugeza igihe ikirere cyongeye kuba cyiza ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali. Bishobora kugira impinduka kuri gahunda y’ingendo, tubiseguyeho.”

Rwandair isanzwe ikora ingendo enye mu cyumweru ziva Dubai zirimo urwo kuwa Mbere, kuwa Kabiri, kuwa Kane no kuwa Gatandatu.

Iyo urugendo rw’indege rwimuriwe ahandi, abagenzi bafashwa mu bundi buryo kugira ngo bagere aho bari bateganyije kujya cyangwa bagategereza ko icyatumye urugendo rwimurwa kirangira.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko kuva ku itariki ya 09 kugeza kuya 13 Ukwakira 2018, hateganyijwe imvura nyinshi irimo n’umuyaga mu Rwanda.

Kwimura cyangwa guhagarika ingendo z’indege kubera ikirere kibi birasanzwe kuko ingendo zo mu kirere zikorana cyane n’imiterere y’ikirere.

Iyo hari kugwa mvura nyinshi, inkubi y’umuyaga bishobora gutuma ingendo z’indege zihagarara cyangwa zikimurirwa ahandi kubera ko ku kibuga cy’indege haba hatagaragara ku buryo indege zagwa cyangwa ngo zihaguruke.

Ubushyuhe bwinshi nabwo bushobora kugira ingaruka ku ngendo z’indege kuko ireme ry’umwuka wo mu kirere riba rike bigasaba indege kubanza kugenda urugendo runini hasi kugira ngo ibone imbaraga ziyihagurutsa mu kirere.

Icyo gihe nk’iyo umuhanda indege zigendeshamo amapine ku kibuga cy’indege ari muto, bisaba ko imitwaro imwe n’abantu bavamo uburemere bukagabanyuka kugira ngo ifate ikirere.

2018-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe

U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe

Ubwanditsi 19 Sep 2018
RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Ubwanditsi 07 Aug 2018
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025
Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

URwanda rurasaba abaturage bwarwo  guhagarika kujya ahantu hari icyorezo cya Ebola
INKURU NYAMUKURU

URwanda rurasaba abaturage bwarwo  guhagarika kujya ahantu hari icyorezo cya Ebola

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.
Amakuru

Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.

Ubwanditsi 05 May 2021
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru
Amakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru