• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

Ubwanditsi 17 Dec 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete ya Afurika y’epfo ikora ingendo zo mu kirere, South African Airways, yisabiye gutabarwa kubera ibihe bikomeye by’ubukungu irimo bishobora no gutuma ifunga burundu.

Igeze mu bihe bishyirwamo ikigo cy’ubucuruzi kigaragaza ibyago byinshi byo guhomba, aho hari kwigwa neza uburyo n’ingamba zagifasha guhindura uburyo cyakoragamo ubucuruzi ndetse kikishingirwa ku myenda kugira ngo cyongere gukora neza.

Iyi sosiyete yafashe uyu mwanzuro nk’uburyo bwayifasha kubona ibisubizo by’ibibazo by’ubukungu irimo ku wa Kane, nyuma y’aho inama y’ubutegetsi yayo ihuye n’ishami rishinzwe ibigo bya leta ari nayo munyamigabane munini muri iyi sosiyete.

Mu itangazo yashyize hanze, South African Airways yavuze ko ubu buryo bwo kwaka ubutabazi aribwo bwayifasha kugarurirwa icyizere n’abafatanyabikorwa kuruta ubundi buryo bwose yari gukoresha n’ubwo nabwo burimo ingorane nyinshi.

Iti “SAA irabizi irabizi ko uyu mwanzuro urimo ingorane nyinshi no gushidikanya ku bakozi bayo”.

Minisitiri ushinzwe ibigo bya Leta muri Afurika y’Epfo, Pravin Gordhan, yavuze ko mu gihe hagitegerejwe ibizava muri ubu bufasha, iyi sosiyete igiye kuba igurijwe miliyoni $172 kugira ngo ikomeze ibikorwa byayo.

South African Airways imaze igihe mu bibazo by’ubukungu dore ko guhera mu 2011 itarongera kunguka, ibintu byatumye mu 2018 Minisitiri w’imari muri iki gihugu Tito Mboweni yisabira ko iyi sosiyete yafungwa.

Gusa ibi bihe byaje gukomera ku wa 15 Ugushyingo ubwo abakozi bayo bafataga icyumweru cyo kwigaragambya kubera umushahara muto n’igabanywa ryari rigiye kubakorerwa.

Iyi myigaragambyo yatumye iyi sosiyete ihagarika zimwe mu ngendo yakoraga ibintu byatumye yarahombaga agera ku madoralari miliyoni 3.4 buri munsi.

South African Airways nubwo yagiye ihura n’ibibazo bikomeye birimo ruswa n’icyenewabo, ifatwa nka bimwe mu bigo by’indege bikuze kandi bifite amateka akomeye dore ko yashinzwe ku ya 1 Gashyantare mu 1934 ikaba ikoresha abakozi barenga 5000 mu byerekezo birenga 35 ijyamo.

Ni iki cyatumye ikigo gikomeye nk’iki gihomba

Kuva mu 1994 kugeza mu 2015 iyi kompanyi y’indege yari ikomeye ku buryo yegukanaga ibihembo bya kompanyi itwara abantu n’ibintu mu ndege ya mbere muri Afurika.

Gusa n’ubwo yari ikomeye bigeze aha yagiye icibwa intege n’amande yagiye icibwa nk’aho mu 2006 yaciwe amande y’amadorali miliyoni 31 kubera imico idahwitse igamije kwikubira isoko, mu 2007 nabwo iza gucibwa andi mande angana n’amadorali miliyoni 3.7.

Ibi bihano byose byatumye iyi sosiyete umwenda yari isanganywe yiyongera bigera mu 2011 imyenda yari ifite mu ma banki imaze kugera kuri madorali miliyari 3.9.

Ibi bibazo byose wakongeraho icyenewabo na ruswa byakunze kuvugwa muri iyi sosiyete biri mu byayiteye ibihombo bikomeye bishobora no gutuma ifunga imiryango hatagize igikorwa.

Inkuru ya IGIHE

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye

RUSHYASHYA 14 Jul 2026
RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Ubwanditsi 20 Aug 2018
RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

RDB yemeje ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Nyungwe bitigeze bihungabana

Ubwanditsi 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36
Mu Rwanda

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Ubwanditsi 23 May 2018
Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga
Mu Rwanda

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka
Mu Rwanda

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru