• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Bizagorana ko amahoro agaruka muri Kongo igihe cyose ubutegetsi buzakomeza kwima amatwi abagerageza kubafasha kuva mu ngorane”

“Bizagorana ko amahoro agaruka muri Kongo igihe cyose ubutegetsi buzakomeza kwima amatwi abagerageza kubafasha kuva mu ngorane”

Ubwanditsi 26 Jun 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, arasanga imwe mu mbogamizi zituma amahoro atagaruka mu burasirazuba bwa Kongo, ari uko Leta y’icyo gihugu yinangiye, ikanga gushyikirana n’umutwe wa M23. Ibi yabivuze mu gihe amasezerano yose agamije kugarura amahoro muri Kongo, asaba ko intambara yarangizwa binyuze mu nzira y’ibiganiro.

Hagati aho, mu gihe abategetsi ba Kongo batifuza ko hari umusirikari w’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba uzaba ukiri muri icyo gihugu nyuma ya Nzeri uyu mwaka, Perezida William Ruto wa Kenya, igihugu cyahawe ubuyobozi bw’ingabo z’uwo Muryango ziri muri Kongo, we yatangaje ko izo ngabo zitazigera zitererana Abanyekongo igihe cyoze bazaba bakiri mu kaga, kuko ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Kongo kitareba iki gihugu gusa, ko ahubwo ari ikibazo cy’Akarere kose.

Mu kiganiro na televiziyo mpuzamahanga “France24″, Perezida Ruto yashimangiye ko uyu muryango wa EAC utitaye ku bashyigikiye ibikorwa byawo muri Kongo cyangwa ababirwanya, ko icya ngombwa ari intambwe ikomeye ingabo zawo zikomeje gutera mu kugarura umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu. Perezida William Ruto ati:”Mu Gushyingo 2022, bwo abasirikari ba Kenya bageraga muri Kivu y’Amajyaruguru, abarwanyi ba M23 biteguraga gufata umujyi wa Goma, dore ko bari bageze mu bilometero 7 gusa by’uwo mujyi. Nyamara ubu bigijwe inyuma, uwo mujyi n’uduce tuwegereye ubu biratekanye. …Dukoresha uburyo bwacu bwite[ amafaranga , ingabo ndetse n’ibikoresho].

Ntitwakwemera ko izo mbaraga, icyo cyemezo n’ubwo bushake, biba imfabusa”.

Ibi ariko Perezida Ruto arabivuga mu gihe mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, we akomeje guhihibikana, asaba umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’Amajyepfo, SADC, kohereza ingabo zo kumwamururaho umutwe wa M23 wariye karungu, ukaba ukomeje kotsa igitutu igisirikari cye, FARDC n’imitwe yitwaje intwaro bakorana.

Ingabo za EAC zizabangikana zite n’iza SADC ndetse n’abacancuro?

Ibyo muri Kongo bishobora kurushaho kuba agatogo.

2023-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame

Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo  ukurikirana

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo ukurikirana

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Ubwanditsi 03 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2025
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru