Umujyi wa Kigali wafashe icyemezo cyo kudakomeza amasezerano y’ubufatanye wari ufitanye na Gasogi United ndetse na Kiyovu Sports, AS Kigali akaba ari yo kipe yonyine izakomeza gukorana nawo mu mwaka w’imikino utaha.
Iki cyemezo kije nyuma y’uko amakipe yombi yanze gahunda y’Umujyi wa Kigali yo guhuza amakipe aterwa inkunga nawo kugira ngo habeho ikipe imwe ikomeye ihagararira umurwa mukuru.
Muri Werurwe 2026, ubuyobozi bwa Gasogi United bwatangaje ko butemera uwo mushinga wo kwihuza kw’amakipe. Perezida w’iyi kipe, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC, yari yagaragaje ko Gasogi United ishaka gukomeza ibikorwa byayo nk’ikipe yigenga.
Gasogi United yari isanzwe ihabwa inkunga ya miliyoni 100 Frw buri mwaka w’imikino n’Umujyi wa Kigali. Nyuma y’itangazo ry’ihagarikwa ry’ubufatanye, KNC yashimiye Umujyi wa Kigali ku mikoranire myiza n’inkunga wahaye iyi kipe mu myaka ishize.
Ku rundi ruhande, Kiyovu Sports nayo yamenyeshejwe ko amasezerano yayo n’Umujyi wa Kigali atazongerwa narangira ku wa 30 Kamena 2026. Iyi kipe yari isanzwe ihabwa miliyoni 150 Frw buri mwaka w’imikino, ariko nayo yanze gahunda yo kwihuza n’andi makipe.
Nyuma y’ibi byemezo, Umujyi wa Kigali uzasigarana AS Kigali gusa. Hari amakuru avuga ko iyi kipe ishobora no guhindurirwa izina ikitwa Kigali FC, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda nshya y’ivugurura ry’umupira w’amaguru mu murwa mukuru.
Ihagarikwa ry’inkunga kuri Gasogi United na Kiyovu Sports risize hibazwa uko aya makipe azitegura umwaka utaha w’imikino, cyane cyane mu bijyanye n’ubushobozi bw’imari bwari busanzwe butangwa n’Umujyi wa Kigali.





