• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amateka ya Chan kuva igitangira

Amateka ya Chan kuva igitangira

Ubwanditsi 06 Jan 2016 IMIKINO

Irushanwa mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CHAN riteganyijwe gutangira tariki ya 16 Mutarama kugeza tariki ya 7 Gashyantare 2016, mu gihugu cy’U Rwanda hazakinirwa imikino y’igikombe cy’Afurika gihuza bakinnyi baba bakina mu makipe mu bihugu byabo batarabigize umwuga ku mugabane w’Uburayi. Cyangwa ahandi mu bindi bihugu.

-1677.jpg

Iyo mikino ni ku nshuro ya kane igiye gukinwa, kuko ku nshuro ya mbere iyo mikino yakiniwe mu gihugu cya Côte d’Ivoire hagati y’itariki ya 22 Gashyantare kugeza tariki ya 08 Werurwe mu mwaka 2009.

Igitekerezo cyo gutangiza iri rushanwa rizwi ku izina rya (African Nations Championship) cyemejwe tariki ya 11 Nzeri 2007, cyemejwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).

Amakipe yatangiye amajonjora, amakipe yabonye itike aza gupagwa uko azakina hari kuwa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2008, uwo muhango wabereye mu mujyi wa Abidjan muri Côte d’Ivoire.

Iryo rushanwa rikinwa bwa mbere ryitabiriwe n’amakipe 8, ariyo Côte d’Ivoire (Host country) nk’igihugu cyakiriye iryo rushanwa, Libya, Senegal ,Ghana, Congo DR, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

-1678.jpg

Igikombe cyegukanywe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itsinze ikipe y’igihugu ya Ghana ibitego 2-0.

Ikipe yabashije kwegukana umwanya wa gatatu n’ikipe y’igihugu ya Zambia nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Senegal ibitego 2-1.

Imikino ya CHAN 2009, yakiniwe muri Côte d’Ivoire imikino yose yabereye mu mijyi ibiri Bouaké na Abidjan, bakiniraga kuma Stade abiri iyitwa Stade Bouaké yakira abantu ibihumbi 35 hari kandi Stade Félix Houphouët-Boigny yakira nayo abantu ibihumbi 35, hakinwe imikino 16 hinjiramo ibitego 29.

Umukinnyi watsinze ibitego byishi (Top scorer) ni Given Singuluma yinjije ibitego bitanu (5 goals) umunnyi wakiniraga Zambia.

Naho umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi (Best player) ni Tresor Mputu, wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku nshuro ya kabiri irushanwa rya CHAN, ryabereye mu gihugu cya Sudan hari mu mwaka 2011.

-1679.jpg

Igikombe cyegukanywe na Tunisia nyuma yo gutsinda Angola ibitego 3-0. Kuva iki gihe nibwo irushanwa ryatangiye kwitabirwa n’amakipe 16 bitandukanye n’irushanwa ryabaye ku nshuro ya mbere.

Mu mikino 32 yakinwe hinjiyemo ibitego 59.

Abakinnyi batsinze ibitego byishi (Top scorers) ni batanu binjije ibitego bitatu (3 goals): El Arbi Hillel Soudani, wo muri Algeria, Myron Shongwe, wo muri Afurika y’epfo, Mudathir El Tahir, wo muri Sudan na Zouheir Dhaouadi, Salema Gasdaoui, bo muri Tunisia.

Naho umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi (Best player) ni Zouheir Dhaouadi, wo muri Tunisia.

Ku nshuro ya gatatu irushanwa ryabereye mu gihugu cya Afurika y’epfo mu mwaka 2014, ni nyuma yaho igihugu cya Libya kitaryakiriye nkuko byari biteganyijwe ko ariho imikino izabera.

Libya nubwo itakiriye imikino niyo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda ikipe ya Ghana kuri Penaliti 4-3 naho umukino wari warangiye nta kipe ibashije gutsinda indi igitego 0-0.

-1680.jpg

Mu mikino 32 yakinwe hinjiyemo ibitego 73.

Umukinnyi watsinze ibitego byishi (Top scorer) ni Bernard Parker yinjije ibitego bine (4 goals) umunnyi wakiniraga Afurika y’Epfo.

Naho umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi (Best player) ni Ejike Uzoenyi, wo muri Nigeria.

-11.gif

Ku nshuro ya kane CHAN 2016 igiye kubera mu Rwanda, amakipe 16 azitabira

-1681.jpg

imikino agabanyije mu matsinda akurikira.

Itsinda rya mbere: Rizakinira kuri sitade Amahoro

• Rwanda
• Cote d’Ivoire
• Morocco
• Gabon
Itsinda rya Kabiri: Rizakinira i Huye

• DRC
• Ethiopia
• Cameroun
• Angola
Itsinda rya 3: Rizakinira i Nyamirambo

• Tunisia
• Guinea
• Niger
• Nigeria
Itsinda rya 4: Rizakinira i Rubavu

• Zimbambwe
• Zambia
• Uganda
• Mali

Irushanwa rya CHAN 2018 biteganyijwe ko rizabera muri Kenya, naho CHAN 2020 iteganyijwe kuzabera muri Ethiopia.

M.Fils

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Ubwanditsi 04 Dec 2021
Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Ubwanditsi 16 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gukora imibonano  mpuzabitsina neza  ku bashakanye bituma biteza imbere  ( Ubuhamya Video  )
HIRYA NO HINO

Gukora imibonano mpuzabitsina neza ku bashakanye bituma biteza imbere ( Ubuhamya Video )

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye  na  Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]
INKURU NYAMUKURU

Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye na Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu
Amakuru

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru