• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Huye :Amavubi yabuze amanota atatu ku munota wa nyuma

Huye :Amavubi yabuze amanota atatu ku munota wa nyuma

Ubwanditsi 19 Nov 2018 IMIKINO

Kuri iki Cyumweru i Huye Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yanganyije n’ikipe y’igihugu ya Repebulika ya Centrafrique yitwa  Les Fauves mu mukino wo kwishyura wo mu itsinda rya 8 mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2019. Umukino warangiye ari 2-2.

Umukino wabereye kuri Stade mpuzamahanga ya Huye

Amavubi niyo yatangiye atsinda icya mbere  ku munota wa 9  cyatsinzwe na kapiteni wayo Tuyisenge Jacques ku mupira yari aherejwe na Fitina Ombolenga .

Ku munota wa 26 ikipe y’igihugu ya Central Africa yabonye igitego cyabo cya mbere cyatsinzwe na Habibou Habib ku makosa yaba myugariro b’u Rwanda.

Mbere yuko igice cya mbere cy’umukino kirangira ku munota wa 45’w’umukino nibwo Rutahizamu w’Amavubi akaba n’uwa Gormahia Tuyisenge Jacques  yatsindaga igitego cya kabiri cy’u Rwanda ku makosa y’umunyezamu wa Central Africa wagonganye na Kagere agwa hasi.

Mu gice cya kabiri cy’umukino u Rwanda rwakomeje gushakisha uko rwabona igitego cya gatatu rukomeza gusatira izamu rya Central Africa ariko biranga.

Uko u Rwanda rwashakaga igitego cya gatatu niko na Central Africa nayo yashakaga kunganyiriza i Kigali.

Ku munota wa nyuma w’umukino byayihiriye Centrafrique yotsa igitutu Amavubi biza gutuma  myugariro wo ku ruhande rw’i buryo Manishimwe Emmanuel ashyira umupira muri koruneri yatewe na David Manga ugasanga mugenzi we Geoffrey Kondogbia ahagaze neza ahita ashyira umupira mu rushundura.

Mu gusimbuza ku ruhande rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda umutoza mukuru Mashami Vincent yakuyemo Hakizimana Muhadjiri amusimbuza na Niyonzima Olivier Sefu, Buteera Andrew asimburwa na Usengimana Danny naho Iranzi Jean Claude  asimbura kapiteni Tuyisenge Jacques.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Rwanda: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rwatubyaye Abdul, Manzi Thierry,  Ally Niyonzima, Butera Andrew,  Bizimana Djihad, Hakizimana Muhadjiri, Jacques Tuyisenge na Meddie Kagere.

Abasimbura bari: Rwabugiri Umar, Steve Rubanguka, Rutanga Eric, Mukunzi Yannick, Amran Nshimiyimana, Mico Justin, Iranzi Jean Claude, Rugwiro Herve, Niyonzima Olivier, Danny Usengimana, Iragire Saidi na  Shema Tresor.

Centrafrique: Lembet Geoffrey Didace, Ngam-Ngam Saint Cry Ngam-Ngam, Eloge Ethisset Enza Yamissi, Vivien Mabide, Foxi Kethevoama, Anzite Touadare Clovis Franklin, Zimbori Brice Nicaise, Fred Nimani, Geoffrey Kondogbia, Habibou Habib na Youga Amos Christopher.

Abasimbura bari:  Elvis Samolah Nkali, Ndobe Sadack Stephane, Cedric Yambere, Ngakoutou Yapende-Quentin,  Louis Mafouta, Toropite Tresor, David Manga, Dertin Dertin, Thibaut Ban,  Saint-fort Dimokoyen na  Junior Samolah Ngali.

Amavubi yabanje gutsinda bibiri ariko aza kwishyurwa ku munota wa nyuma

Les Fauves z’i Bangui zisize zibabaje Amavubi y’i Kigali

Src: Umuseke

2018-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Ubwanditsi 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda
ITOHOZA

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe
POLITIKI

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Ubwanditsi 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru