• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubwanditsi 13 Mar 2019 POLITIKI

Ibigo byahawe iyo nkunga ni Collège de Bethel (APARUDE) ryo mu Ruhango na Samaritan International School ryo mu karere ka Nyagatare akazabifasha kongera inyubako zinyuranye byari bikeneye.

Ikigo cya Collège de Bethel cyigisha imyuga, cyahawe asaga miliyoni 74Frw ngo akazagifasha kubaka inzu y’uburyamo bw’abakobwa bagera kuri 600 biga muri icyo kigo kuko ngo ntaho bari bafite hahagije, na ho ikigo kindi gihabwa asaga miliyoni 61Frw kizubakisha ibyumba by’amashuri bitatu, icyo kwigishirizamo ikoranabuhanga n’ibindi.

Umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi ya Collège Bethel wasinye ku masezerano y’iyo nkunga, Jean Marie Nkurunziza, yavuze ko yari ikenewe kuko abakobwa batagiraga aho barara bose.

Ati “Dufite abanyeshuri barenga 1200 barimo abakobwa 600, ariko abakobwa bose ntitwabashaga kubacumbikira ku buryo hari abo twakodesherezaga hanze. Iyi nkunga rero ije gukemura icyo kibazo bikazanatuma twongera umubare w’abakobwa biga imyuga nk’uko na Leta ibishyigikiye”.

Uretse inyubako, iyo nkunga izanadufasha kugura ibitanda 200 byo kuyishyiramo ndetse n’ibindi bikoresho by’abashinzwe abakobwa, iyo mirimo yose ngo ikazaba yarangiye mu mezi atandatu.

Umuyobozi w’ishuri rya Samaritan International School riherereye mu murenge wa Karangazi, Kabasinga Fatier, avuga ko yishimiye iyo nkunga kuko ibyumba by’amashuri byari bikenewe.

JPEG - 278.3 kb
Amb Takayuki Miyashita ahererekanya ayo masezerano na Mme Kabasinga

Ati “Twari dufite ibyumba bitandatu byonyine kandi tugomba kugira icyenda kugira ngo abana bige kuva mu kiburamwaka. Ikindi nta cyumba cy’ikoranabuhanga twari dufite kandi abana baba bagomba kuryiga nk’uko biri muri gahunda ya Leta, turashimira cyane Ubuyapani kuko busanzwe budufasha”.

Iyo nkunga kandi ngo izafasha iryo shuri kubaka inzu mberabyombi (salle polyvalente), ubwiherero ndetse no kugura ibigega byo kubika amazi bibiri.

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita wasinyanye amasezerano y’iyo nkunga n’abayihawe, yavuze ko igihugu cye gikorana neza n’u Rwanda kandi ko iyo mikoranire izakomeza.

Ati “Dushyigikira u Rwanda mu mishinga rwihitiyemo, ntabwo dutegeka ibyo duteramo inkunga, ubwo ni bwo buryo dukorana n’u Rwanda kandi tuzabikomeza, igikuru ni uko bigirira akamaro abaturage. Nishimiye iyo mikoranire kandi nizeye ko abaturage bafata neza ibyo bagezwaho”.

Mu myaka 21 ishize, Ubuyapani bwateye inkunga imishinga 95 mu rwego rw’uburezi, amazi, isuku n’isukura ndetse no mu buhinzi.

2019-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba

Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba

RUSHYASHYA 28 Jun 2026
Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Ubwanditsi 21 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda
Amakuru

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Ubwanditsi 16 Dec 2021
Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda
Mu Mahanga

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI
INKURU NYAMUKURU

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru