• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Ubwanditsi 17 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 12 mu kiciro cya mbere wahuje ikipe ya Kiyovu SC yari yakiriye ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC, warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa mu mukino wabereye kuri Sitade ya Kigali.

Muri uyu mukino warangiye amakipe yombi anganyije, ikipe ya APR FC yabonyemo ikarita itukura yahawe Ruboneka Bosco usanzwe akina mu kibuga hagati afatanya na Mugisha Bonheur.

Kiyovu SC yakinnye uyu mukino idafite abakinnyi bayo babiri ba rutahizamu bakomoka mu gihugu cya Uganda bayobowe na Emmanuel Arnold Okwi utaragera mu Rwanda nyuma y’akaruhuko yari yahawe k’iminsi mikuru ndetse na Mzamiru Mutyba wageze mu Rwanda ariko we akaba atarakoreshejwe kuri uyu mukino.

Kunganya kw’amakipe yombi byatumye ikipe ya Kiyovu SC ikomeza kuyobora uru rutonde rwa shampiyona rw’agateganyo, aho kugeza ubu mu mikino 12 imaze gukinwa ifite amanota 25 igakurikirwa na APR FC ifite 24 ariko ikaba ikizigamye indi mikino 2 itari yakina.

Shampiyona y’u Rwanda ku munsi wayo wa 12 irasozwa kuri uyu wa mbere aho ikipe ya Mukura VS iri bwakire ikipe ya Police FC kuri sitade ya Huye naho Gasogi United yakire ikipe ya Gicumbi FC, ni umukino ubera kuri Sitade ya Kigali yose igakinwa guhera ku isaha ya Saa cyenda.

Mu mukino Mukura VS yakira Police FC ubera mu ntara y’amajyepfo, ugiye kuba mu gihe Mukura imaze imikino ine idatsinda Police FC kuko muri iyo mikino bamaze guhura banganyije incuro 2 batsindwa kabiri.

Mukura VS igiye gukina yishimira ko mu yagaruye umutoza wayo mukuru Ruremesha Emmanuel wari wahagaritswe mu mikino ibiri iheruka.

Ni mugihe Police FC nayo yagaruye umutoza mukuru Frank Nuttal wari umaze iminsi atari mu Rwanda kuko yari yaragiye muri Ecosse mu biruhuko ari naho akomoka, gusa ariko iyi kipe irakina idafite Hakizima Muhadjiri wahagaritswe kubera amakarita atatu y’umuhondo yujuje bituma asiba umukino umwe.

2022-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Ubwanditsi 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

# Umwiherero :  ‘Niba ushobora guhaguruka ukavuga ko ari wowe kamara ‘, uri gusenya ikiduhuriza hamwe- Kagame [ VIDEO ]
Mu Mahanga

# Umwiherero : ‘Niba ushobora guhaguruka ukavuga ko ari wowe kamara ‘, uri gusenya ikiduhuriza hamwe- Kagame [ VIDEO ]

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira
POLITIKI

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye
ITOHOZA

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ubwanditsi 29 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru