• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko
Brig Richard Karemire, Umuvugizi wa UPDF

UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma y’iminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko

Ubwanditsi 26 Jun 2018 ITOHOZA

Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko Abagande badakwiye kugira impungenge ku gitegereje Gen Kale Kayihura ufunzwe, kigasaba ko cyahabwa umwanya kikita kuri iki kibazo.

“Murekere ikibazo cya Gen Kayihura ubuyobozi bwa UPDF. Ubuyobozi buri kukitaho. Ni ikibazo kiri mu biganza byacu kandi kiri kwitabwaho uko bikwiye,” uwo ni umuvugizi wa UPDF, Brig Richard Karemire.

Yasubizaga ikibazo cy’ikinyamakuru Daily Monitor, dukesha iyi nkuru, ku mpamvu Gen Kale Kayihura n’abo bareganwa bakomeje gufungwa binyuranyije n’ibiteganywa n’itegeko nshinga ko barengeje amasaha 48 batarashyikirizwa urukiko.

Nyuma y’iminsi 13 atawe muri yombi ku byaha kugeza ubu bitarasobanurwa neza, guverinoma ya Uganda ikomeje kuruca ikarumira ku bigiye gukurikira ifatwa rya Kayihura.

Ingingo ya 23 y’itegeko nshinga rya Uganda mu gika cyayo cya kane havugwamo ko umuntu utawe muri yombi mu gihe adahise arekurwa agomba gushyikirizwa urukiko vuba bishoboka bitarenze amasaha 48 uhereye igihe yaterewe muri yombi. Igisirikare cya Uganda kikaba cyarataye muri yombi Gen Kale Kayihura kuwa 13 Kamena n’abandi bantu basaga 10 bagaragaraga nk’abantu be ba hafi kuva icyo gihe bakaba bafungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye no mu zindi gereza.

Umunyamategeko Elison Karuhanga, wo muri Kampala Associated Advocates yunganira kayihura, kuri uyu wa mbere yatangaje ko Kayihura atarabasaba gutanga ikirego gisaba guverinoma kumushyikiriza urukiko. Yanze gusobanura impamvu Kayihura ntacyo bimutwaye kuba ataragezwa mu rukiko, avuga ko ari ibanga riri hagati y’umukiriya n’abajyanama be mu mategeko.

Karuhanga yakomeje avuga ko kugeza ubu 90% by’ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru atari byo kuko umukiriya wabo nta kirego aramenya ashinjwa.

Ni mu gihe minisitiri w’umutekano, Gen Jeje Odongo mu cyumweru gishize avugana n’itangazamakuru yatangaje ko Gen Kayihura afite dosiye agomba gusubiza.

 

2018-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi

Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Ubwanditsi 23 May 2017
Ikinyoma cya Major  Rutayomba  Theogene  na  Rado Itahuka cyakubiswe   kitarenze umutaru  ( Yavuguruwe )

Ikinyoma cya Major Rutayomba Theogene na Rado Itahuka cyakubiswe kitarenze umutaru ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Ubwanditsi 07 Oct 2017

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    June 27, 20182:40 pm -

    NONE SE KO MUBABAJWE NO GUFUNGWA KWA KAYIHURA NTIMUBONA KO NUMWANA MUTO AHITA ABONA ICYIHISHE INYUMA? NONE SE MUSEVENI NTIYABEMEREYE KO INGURUBE ZANYU INYENZI NKOTANYI IGIHE CYAZO CYAGEZE? UZIKO NTARINZI KO MURI ABASWA BINJIJI KUGEZAHO? MWIYUMVIRAKO IBYITSO BYANYU BITAZWI? IYO BIFASHWE MUVUZINDURU? MUZIVUGIRIZA NDE? NJYE NDI MWEBWE NAMWARA NKIYUMANGANYA NGACECEKA!!!! KUVUZINDURU KWANYU KWEREKANA KOKO KO MWAKORANAGA NIYO NGURUBE MUSEVENI YAFUNZE IKABA IRI KUMENA AMABANGA YANYU INYENZI!!!! HAHAHAHAHAHAHAAAAA KABABAYEHO SHA NARABABWIYE MWANGA KUMVA KO IMINSI YIGISAMBO ITARENGA MIRINGW………..

    Subiza
  2. rwaka
    July 4, 201811:29 am -

    ngo uri maombi ? keretse niba usenga Satani kuko urwango ufite uretse no kurukomora mu maraso y’ibiseekuru byawe warwonse no mu mashereka,nicyo gituma mutazongera kwicara mu Rugwiro kko ubu mu Rda turasenga kdi IMANA yo mw’ijuru yabony’umubabaro w’abanyarda itwunamurira igihugu ikibirukanamo mwa mashitani mwe murangwa n’urwango rwo mûri kamere

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Gasogi United
Amakuru

APR FC yasezereye AS Kigali igera muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Gasogi United

Ubwanditsi 25 Jan 2024
Amerika mu nzira yo gukura abasirikare bayo muri Afghanistani
HIRYA NO HINO

Amerika mu nzira yo gukura abasirikare bayo muri Afghanistani

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda
Amakuru

Hagiye Gusaranganywa Imbangukiragutabara 80 mu bitaro Byo Mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru