• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Ubwanditsi 13 Jan 2017 ITOHOZA

Mu gihe tubona ko abanyapolitke baba barinzwe cyane cg tukabona ko abaherwe banezerewe kubera imitungo bigwijeho, bimaze kugaragara ko babuze amahoro batagisinzira. Ibi bigaragarira mu makuru agenda acicikana hirya no hino ku isi.

Ikivugwa rero ni uko abagize leta z’ibihugu by’ibihangage n’ abaherwe benshi bo ku isi barushijeho kugira ubwoba bwinshi kubera ibirimo kubera ku isi none barimo gushaka uko bashora imitungo yabo mugushaka ubuhungiro bwibishobora kubatwara ubuzima haba intambara cyangwa se ibiza.

Leta z’ibihugu byibihangage nizo zatumye umurego ukaza wo kubaka indaki zubuhungiro.

Twahera nko muri Amerika, ibitangazamakuru bitandukanye bivuga ko kuva aho habereye ibitero byasenye imiturirwa taliki ya 11 Nzeri 2001, byatumye leta ya Amerika ishora amafaranga menshi mukubaka indake ziba munda y’isi, ubwo bwihisho bukaba bushobora guhisha cyane abanyepolitike n’imiryango yabo. Biravugwa ko mugihe Amerika yaterwa hanyuma nka Washington igaterwamo ibisasu bya kirimbuzi nka nuclear, ngo bafite aho bahisha abategetsi barenga 100 n’imiryango yabo kugira ngo guvernement ikomeze imirimo. Ibi ngo byabaye igihe ibyihebe byateye n’indege muri Amerika ngo abategets bo hejuru ntibabaga ku isi bari baragiye kubahisha muri izo ndake ziba zubatse nko ku isi kuko ziba zifite namakaritsiye.

Ushobora gutembera nkuko bisanzwe ku isi. Indake gouvernement ya Bush yarihishemo ngo ni iyakozwe mu gihe perezida Eisenhower yari kubutegetsi, bayubaka batinya ko icyahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete ko zari kubasukaho ibisasu bya kirimbuzi. Iyo ndaki yubatse nk’umugi ntiyari yarigeze ikoreshwa yakoreshejwe bwa mbere ubwo ibitero byabiyahuzi byibasiraga Washington na New York muri 2001.

Naho mu Burusiya ho biravugwa ko mu myaka 15 ishize perezida Putin yubakishije indake nyinshi zisa naho zizengurutse umurwa mukuru Moscow, ndetse n’ahandi hatandukanye mu gihugu. Inzego z’ubutasi z’amerika zabwiye Washington Free Beacon ko hashize imyaka myinshi Putin ategetse ko hubakwa indake z’ubwihisho nyinshi, ariko hakaba harimo indake nini cyane zigera kuri 12 kuburyo imwe ifite uburebure bufite 12km.

-5336.jpg

-5335.jpg

-171.png

Hari ubundi bwihisho bwindake bunini cyane bwubatswe mu musozi witwa Yamantau mukarere ka Urals aho mu Burusiya ikaba yahisha abaturage bihumbi byinshi. Muri rusange Ubururusiya bufite gahunda yo kubaka indake zifite uburebure bwa 10.000 km abantu bakwihishamo mugihe baterwa ibibombe bya kirimbuzi.

Gusa aya makuru ntabwo abayobozi b’Uburusiya bayanyomoje babyemeje bavuga ko kuva ingabo z’umuryango wa NATO N’Amerika bakomeje kugota imipaka yabo bagomba gutegura uko bazarinda abaturage babo kuko intambara yaba yahitana abantu batagira ingano kubera intwaro zakoreshwa.

Abanyamafaranga nabo bari kubaka indake z’ubwihisho hirya no hino ku isi .

Kubera ko bikomeje kugaragarira abantu bose ko umutekano ku isi ugenda uba muke, ibi byatumye abafite agafaranga gatubutse bagana amasosiyete kabuhariwe mu bwubatsi bwizindake kugira ngo barebe ko nabo bazabona ubwihisho mu gihe haba intambara cg ibiza bikomeye biramutse biteye. Ikivugwa ni uko izi ndake zubatswe muburyo buhanitse, zifite ikoranabuhanga ryo hejuru ridakenera mashanyarazi nkaya dukoresha kandi nta muntu cg intwaro ishobora kuyisenya ngo igere kubayihishemo imbere.

Abaherwe biyemeje kubakisha izi ndaki z’ubwihisho bava mu bihugu bitandkanye ariko cyane abenshi bari muri Amerik n’Uburayi. Nko muri Leta ya Kansas muri Amerika, haravugwa ko abakire bagiye bubakisha indaki zatwaye akayabo kari hagati ya Miliyoni imwe n’igice kugera kuri Miliyoni 3 z’amadorali (1,5 – 3 million $). Ndetse aba bazubaka barakataje kuburyo bagiye bubaka izigerekeranye zifite ubwiza butangaje. Indake nkiyi ishobora gucumbikira abantu 75 barimo abaganga, abashakashatsi ndetse nabubatsi babagoboka mugutunganya inyubako zishobora kononekara kuko bamaramo igihe kinini.

indake mo imbere

-5334.jpg

-5333.jpg

-5332.jpg

Umwe mububaka izi ndaki akaba yitwa Larry Hall akaba yarubatse indaki nyinshi munkengero z’umugi wa Denver muri Kansas, yavuz ko kuva muri 2008 bubatse indake nyishyi ziza kuzura muri 2012 ngo mugihe gito bazigurishije muburyo batatekerezaga none ngo isoko bafite rimaze kubarenga.

Ing. Hall avuga ko izo ndake zabo zubatse kuburyo nta ntwaro ya kirimbuzi yagera munda y’isi aho zubatse kandi zikomeye kuburyo umutekano yuyituyemo uba wizewe. Ikindi ngo hari ikoranabuhanga bafite ryo kubika ibiryo kuburyo abantu bashobora kuyituramo imyaka irenga 5 ntakibazo bagize cg babe bakenera ikintu hano ku isi.

Yanasobanuye ko habamo nububiko bw’intwaro muburyo bwo guteganya byose.

Ikindi yavuze ko abantu babakire bubakisha izihenze, ngo ariko hari abandi bubakisha iziciriritse zikaba zitwara hagati ya 30.000 – 50.000 $ ni ukuvuga 25.000.0000 kugeza kuri 42.000.000mu mafaranga y’u Rwanda.

Mu gihe bamwe bubakisha indake niko n’abandi bakomeza umutekano mu ngo zabo bakoresha ikoranabuhanga ryo hejuru mukurinda umutekano wabo, abandi bagakoresha imbwa kabuhariwe aha ntabwo twibagiwe abarindwa n’abantu batagifitiwe icyizere kuko ariyo mpamvu babateye umugongo bagashakira umutekano ahandi.

Buri wese ubona cg akumva ibi yahita yibaza niba hari ikintu aba banyapolitike n’abaherwe bazi ko kigiye kuba bakaba babibwirana hagati yabo dore ko ibinyoni bisa biguruka hamwe?

Tubitege amaso.

Hakizimana Themistocle

2017-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Uganda: Museveni Arakangurira Abagande Kwinjiza Ibicuruzwa Mu Buryo Bwa Magendu Mu Rwanda

Uganda: Museveni Arakangurira Abagande Kwinjiza Ibicuruzwa Mu Buryo Bwa Magendu Mu Rwanda

Ubwanditsi 19 May 2019
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. ruta
    May 19, 20187:05 pm -

    hhhhhhh niba har’ibitey’ubwoba bibaho biba ikuzimu !!
    ikindi nibaza ! kuki bakor’ibitwaro bya kirimbuzi bitsemba abandi bo bakabitinya ? ariko iteka ry’Imana ntibazaricika,n’abapagani b’impumyi kuko ikibi gihungirwa muri Yesu gusa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Brig Abel Kandiho Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Brig Abel Kandiho Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League
Amakuru

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 27 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru