• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Brig Abel Kandiho Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho

Uganda: Brig Abel Kandiho Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho

Ubwanditsi 02 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hari hashize iminsi mike cyane Abakuru b’ibihugu byombi Perezida Kagame na Museveni bari kumwe n’Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibi bihugu bituranyi, barebera hamwe uko umutekano kumpande zombi wagaruka ndetse bakarushaho gukorana kunyungu z’ibihugu byombi n’ibikorwa byo gushimuta abanyarwanda Kampala bigahagarara.

Ntibyumvikana rero kubona umunyarwanda yongera gushimutirwa muri Uganda n’inzego zishinzwe umutekano nyuma y’ibi biganiro. Ubuhamya bwa Beatrice Nyirahabimana, umugore w’ umunyarwanda witwa Claude Iyakaremye, wakuwe aho bategera bus hitwa Volcano Bus Terminal muri Old Kampala, ku mugoroba wo ku Cyumweru, buteye agahinda.

Résultat de recherche d'images pour "Brig Abel Kandiho"

Uyu akaba avuga ko umugabo we yahatiwe  kwinjizwa ku ngufu  mu modoka n’abantu bikekwa ko ari abo mu nzego z’ubutasi [ CMI], mu modoka ya Toyota Noah ifite ibirango UAJ 921G nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Ibi birajyana n’amakuru ava Kampala, aho bivugwa ko abanyarwanda benshi bashobora gushimutwa muri iyi minsi mikuru ya Pasika, kuko abanyarwanda bari kujya Uganda ni benshi .Umuntu rero ashobora kukubeshyera ugafatwa witwa intasi y’u Rwanda, cyane ko abakozi ba CMI, bashyizwe kuri Parking zose za Bus ziva mu Rwanda.

Umukuru wa CMI, Brig Abel Kandiho ashobora kuba atorohewe

Uyu musilikare mukuru ushinzwe ubu maneko bwa gisilikare muri Uganda yakomeje gushyirwa mu majwi mu itangazamakuru  nka Virunga Post n’ibindi.. ko akorana byahafi na RNC ya  Kayumba Nyamwasa  mu gushimuta abanyarwanda Kampala, bitwa intasi z’u Rwanda.

Nyuma rero yaho Gen. Tumukunde,  bakoranaga mu bikorwa byo gushimuta Abanyarwanda no guteranya u Rwanda na  Uganda yirukaniwe kubuyobozi bwa Minisiteri y’umutekano , Brig Kandiho nawe  ntiyorohewe, ku mpamvu zuko yayoboye igikorwa  cyafashe ubusa kandi  cyakozwe [ Buswa ] n’urwego ayoboye  rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI). Ikindi n’igikorwa cyari cyigamije gufata abapolisi, n’ibindi byegera bya Jenerali Kale Kayihura,  n’Abanyarwanda batuye Uganda, baregwaga kuba ari ba maneko, ariko  uyu mugambi wari ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ukaza gutahurwa Uganda na RNC ,bitageze kumugambi wabyo, kimwe mubyarakaje bikomeye Salim Saleh umuvandimwe wa Perezida Museveni.

Ariko kandi  Brig.Kandiho si shyashya, urebeye ku myitwarire ye.

Aregwa kandi ko mu gihe yari ku isonga mu guhashya iterabwoba hifashishijwe  Joint Anti Terrorism Task Force (JATT), umutwe wari ugizwe n’ingabo kabuhariwe za Uganda People’s Defence Force (UPDF) ndetse na polisi, ubwo yari afite itsinda ryari rishinzwe gushimuta abacuruzi babaga bafite amashilingi menshi cyane, bityo iryo tsinda rikaba ryarajyaga ribacurika rikabacuza, binyuze mu kubagerekaho ibyaha.

Résultat de recherche d'images pour "Brig Kandiho"

Brig.Kandiho

Abafite amakuru ahagije kuri icyo kibazo, bakaba baratubwiye ngo bajyaga babakorera iyica rubozo bariya bacuruzi, mu rwego  rwo kubahatira gutanga amafaranga menshi, mbere yuko babarekura.

Akaba yarongeyeho ko mu gihe aka gaco kari muri aya marorerwa,  iyi nkoramutima y’abaturage yaje kwigwizaho amafaranga menshi cyane, ari nayo yamushoboje kwigwizaho imitungo myinshi cyane mu Mujyi wa Kampala ndetse n’inzuri mu gace avukamo ka Kiruhura.

Andi makuru akaba yaratubwiye ko muri icyo gihe,  yanatwaye ibizibiti byabaga bifitwe nababaga bakekwaho gukora ibikorwa by’iterabwoba, muri ibi, habaga harimo n’amashilingi n’ibindi bintu. Akaba yarongeyeho ko byanaje gutuma atadacana uwaka n’abapolisi bo ku rwego rwo hejuru, ndetse n’uwahoze ari kizigenza w’igipolisi cya Uganda ubwe IGP Kale Kiyuhura, bitewe nuko ibizibiti byose yabaga yarakusanyije atabigaragazaga inshuro nyinshi.

Umuntu uzi neza aya makuru, yabwiye uru rubuga rwa Rushyashya ko ubwo Museveni yafataga icyemezo cyo  kumanura Kayihura mu ntera, aribwo yashingaga Kandiho amabanga yo kuyobora urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, kuko yari azi ko bombi batacanaga uwaka, kubera amafaranga, n’ibindi bintu bifitanye isano n’ibikorwa byo guhashya iterabwoba,  byose byabaga byakozwe ku mabwiriza ya Kandiho. Akaba yaramuhaye uriya mwanya kuberako yari azi ko ari umwanzin wa Kale, bityo azakora ibishoboka akamunaniza we na Tumukunde.

Tuzakomeza kubagezaho amanyanga yose y’uyu mugabo Brig.Kandiho…..

2018-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Ubwanditsi 22 May 2018
Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Nyuma ya Bomboli-Bomboli muri RNC : Museveni yashyizeho ushinzwe guhuza impande zitavuga rumwe, Kayumba n’agatsiko kamwigometseho

Ubwanditsi 17 Oct 2019
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Ubwanditsi 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa
Mu Rwanda

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Mbanda  yahaye ‘ Gasopo’  Amashyaka yiyita  Opposition  harimo  na RNC
ITOHOZA

Mbanda yahaye ‘ Gasopo’ Amashyaka yiyita Opposition harimo na RNC

Ubwanditsi 26 May 2017
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora
Mu Rwanda

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ubwanditsi 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru