• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Sibomana Athanase wavuze ko ntacyo atinya kuki yikanga baringa?   |   16 Sep 2026

  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Ubwanditsi 09 Jun 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’ukwezi kumwe ingabo z’u Rwanda zitangije ibikorwa byahariwe ingabo bimaze kumenyerwa nka ‘Army Week’, hamaze gukorwa ibikorwa byinshi binyuranye harimo ubuvuzi bwahawe abantu barenga ibihumbi 60 bari bafite uburwayi bunyuranye, harimo umugore wabazwe ikibyimba mu nda ibyara cyapimaga ibiro bitandatu.

Iki gikorwa ngarukamwaka cyatangiye mu 2009, ingabo z’u Rwanda zishaka gutanga umusanzu mu gukora ibikorwa biteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange. Ibi bikorwa ubusanzwe byamaraga icyumweru kimwe, gusa uyu mwaka hashyizwemo akarusho ko gufasha abaturage mu gihe cy’amezi abiri.

Mu bikorwa biri gukorwa muri icyo cyumweru cyahariwe ingabo, harimo gutanga ubuvuzi bw’indwara zinyuranye ku buntu, kubaka no gusana ibikorwaremezo binyuranye, gutanga umuriro w’amashanyarazi ukomoka ku mirasire y’izuba, gutunganya ibishanga n’imisozi ihingwaho, ubukangurambaga ku kurengera ibidukikije n’ibindi.

Mu kwezi kumwe ibyo bikorwa bimaze bikorwa hirya no hino mu gihugu, mu rwego rw’ubuzima, abantu barenga ibihumbi 60 bahawe ubuvuzi bunyuranye, aho 5172 babazwe indwara zifata amagufa, 13.858 bavuwe amenyo, 6199 bavuwe indwara zirimo izifata amatwi, amazuru n’izindi. Havuwe kandi abantu 16.728 bari bafite ibibazo by’amaso, 2629 bavuwe indwara zifata abagore, abagabo 8133 barakebwe (gusiramura); 7.920 bahawe inama ndetse banapimwa ku bushake virusi itera SIDA.

Uretse ibikorwa by’ubuvuzi ingabo zakoze, zanatanze amaraso angana n’amashashi 1368.

Mu bahawe ubuvuzi, harimo umubyeyi wo mu Karere ka Nyamasheke wabazwe ikibyimba mu nda ibyara yari amaranye imyaka itatu kandi gipima ibiro bitandatu, aho yavuze ko yari yaraburiye ubushobozi bwo kucyivuza.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, tariki 6 Kamena 2017, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Rene Ngendahimana, yavuze ko abaganga b’inzobere mu ngabo z’igihugu babashije gufasha uyu mugore uko bikwiye.

Ati “Uyu mugore yavuriwe mu Bitaro bya Bushenge, mu Karere ka Nyamasheke, yari afite ikibazo mu nda ye ibyara; harimo ikintu gipima ibiro bitandatu, ibaze umuntu w’umubyeyi wari ufite ikintu cy’ibiro bitandatu mu nda ye; ariko yaje kubagwa bavanamo icyo kintu.”

Lt Col Ngendahimana yavuze ko uretse ikibazo cy’uyu mugore ngo hari n’ibindi byendaga gusa n’iki byabashije kuvurwa hirya no hino mu gihugu aho ingabo zatanze ubuvuzi.

Inzobere mu kuvura indwara zinyuranye akaba ari nawe ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Army Week, Lt Col Dr King Kayondo, yavuze ko uburwayi uyu mubyeyi yari afite bwari ubusanzwe butarimo kanseri, bityo ngo bikaba byari byiza ko akurikiranwa uburwayi bwe butarakomera cyane.

Ati “Biriya ni ibisanzwe ku bagore ariko hari aho babibona kare bakamuvura, hari ibiterwa n’imisemburo n’ibindi byazamo kanseri ariko kuri we nta kanseri yarimo.”
Yasobanuye ko ikibazo gihari ari uko indwara nk’izi zitarabona abaganga benshi b’inzobere mu kuzibaga gusa ngo leta yatangiye ibikorwa byo guhugura abaganga banyuranye kugira ngo bajye batanga ubufasha ku bazirwanye.

Imihanda, inzu n’ibiraro byarubatswe…

Si ibikorwa by’ubuvuzi gusa ingabo ziri gutangamo ubufasha, ahubwo harimo n’ibindi bishamikiye ku bikorwaremezo nk’aho mu gihe bimaze hamaze kubakwa no gusana ibiraro 219; ibirometero 135 by’imihanda y’igitaka (feeder road) byarasanwe ahandi irubakwa; amazu 2.359 yamaze kubakwa mu gihe andi 43 akiri kubakwa. Ibyumba by’amashuri 18 byaruzuye mu gihe ibindi 13 biri kubakwa mu gihe ubwiherero 2.779 bwubatswe mu rwego rwo guteza imbere isuku n’isukura. Hakozwe kandi ibirometero 8 by’amazi mu Turere twa Nyagatare na Nyanza.

Mu rwego rw’ubuhinzi, Ha 3.462 z’ibishanga n’imisozi byabyajwe umusaruro [byarahinzwe] mu gihe kandi ingabo zafashije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kurwanya nkongwa yibasiraga ibihingwa ku buso bungana na Ha 8000.

Ku bijyanye no guhangana na n’iyo nkongwa, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Army Week, Lt Col Ndore Rurinda, yavuze ko umusanzu ingabo z’u Rwanda zatanze muri iki gikorwa watanze umusaruro kuko 95% by’aho yari yafashe yakize, ibyo yemeza ko iyo bidakorwa mu gihugu hari gutera amapfa.

Lt Col Ngendahimana yasobanuye ko abaturage bishimiye ibikorwa bitandukanye ingabo zabakoreye ndetse zigikomeje kubakorera kugeza muri Nyaka ubwo iki cyumweru kizaba gisozwa.

-6821.jpg

Lt Col Rene Ngendahimana asobanura ko mu bikorwa by’ubuvuzi bimaze gukorwa muri Army Week harimo n’uko habazwe umugore wari ufite ikibyimba cy’ibiro 6 mu nda

-6823.jpg

Lt Col Dr Kayondo King yavuze ko imbogamizi ituma abafite uburwayi bw’ibibyimba batavurwa kare ari umubare muke w’abaganga b’inzobere bashobora kubibaga

-6824.jpg

Lt Col Ndore Rurinda yashimangiye ko iyo nkongwa itarwanywa mu buryo bufatika mu gihugu hari gutera amapfa

Source : Igihe

2017-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021
Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Igitangazamakuru cya Uganda NTV mu bikorwa biyobya uburari mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 03 Aug 2020
Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro
ITOHOZA

Ese ko intambara ya Gatatu y’Isi yaba imaze gutangira kumugaragaro

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Bayobowe na Muhire Kevin wabaye umukinnyi w’umwaka, abahize abandi mu Rwanda 2023-2024 bashyikirijwe ibihembo na Rwanda Premier League
Amakuru

Bayobowe na Muhire Kevin wabaye umukinnyi w’umwaka, abahize abandi mu Rwanda 2023-2024 bashyikirijwe ibihembo na Rwanda Premier League

Ubwanditsi 10 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru