• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Ubwanditsi 09 Jun 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’ukwezi kumwe ingabo z’u Rwanda zitangije ibikorwa byahariwe ingabo bimaze kumenyerwa nka ‘Army Week’, hamaze gukorwa ibikorwa byinshi binyuranye harimo ubuvuzi bwahawe abantu barenga ibihumbi 60 bari bafite uburwayi bunyuranye, harimo umugore wabazwe ikibyimba mu nda ibyara cyapimaga ibiro bitandatu.

Iki gikorwa ngarukamwaka cyatangiye mu 2009, ingabo z’u Rwanda zishaka gutanga umusanzu mu gukora ibikorwa biteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange. Ibi bikorwa ubusanzwe byamaraga icyumweru kimwe, gusa uyu mwaka hashyizwemo akarusho ko gufasha abaturage mu gihe cy’amezi abiri.

Mu bikorwa biri gukorwa muri icyo cyumweru cyahariwe ingabo, harimo gutanga ubuvuzi bw’indwara zinyuranye ku buntu, kubaka no gusana ibikorwaremezo binyuranye, gutanga umuriro w’amashanyarazi ukomoka ku mirasire y’izuba, gutunganya ibishanga n’imisozi ihingwaho, ubukangurambaga ku kurengera ibidukikije n’ibindi.

Mu kwezi kumwe ibyo bikorwa bimaze bikorwa hirya no hino mu gihugu, mu rwego rw’ubuzima, abantu barenga ibihumbi 60 bahawe ubuvuzi bunyuranye, aho 5172 babazwe indwara zifata amagufa, 13.858 bavuwe amenyo, 6199 bavuwe indwara zirimo izifata amatwi, amazuru n’izindi. Havuwe kandi abantu 16.728 bari bafite ibibazo by’amaso, 2629 bavuwe indwara zifata abagore, abagabo 8133 barakebwe (gusiramura); 7.920 bahawe inama ndetse banapimwa ku bushake virusi itera SIDA.

Uretse ibikorwa by’ubuvuzi ingabo zakoze, zanatanze amaraso angana n’amashashi 1368.

Mu bahawe ubuvuzi, harimo umubyeyi wo mu Karere ka Nyamasheke wabazwe ikibyimba mu nda ibyara yari amaranye imyaka itatu kandi gipima ibiro bitandatu, aho yavuze ko yari yaraburiye ubushobozi bwo kucyivuza.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, tariki 6 Kamena 2017, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Rene Ngendahimana, yavuze ko abaganga b’inzobere mu ngabo z’igihugu babashije gufasha uyu mugore uko bikwiye.

Ati “Uyu mugore yavuriwe mu Bitaro bya Bushenge, mu Karere ka Nyamasheke, yari afite ikibazo mu nda ye ibyara; harimo ikintu gipima ibiro bitandatu, ibaze umuntu w’umubyeyi wari ufite ikintu cy’ibiro bitandatu mu nda ye; ariko yaje kubagwa bavanamo icyo kintu.”

Lt Col Ngendahimana yavuze ko uretse ikibazo cy’uyu mugore ngo hari n’ibindi byendaga gusa n’iki byabashije kuvurwa hirya no hino mu gihugu aho ingabo zatanze ubuvuzi.

Inzobere mu kuvura indwara zinyuranye akaba ari nawe ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Army Week, Lt Col Dr King Kayondo, yavuze ko uburwayi uyu mubyeyi yari afite bwari ubusanzwe butarimo kanseri, bityo ngo bikaba byari byiza ko akurikiranwa uburwayi bwe butarakomera cyane.

Ati “Biriya ni ibisanzwe ku bagore ariko hari aho babibona kare bakamuvura, hari ibiterwa n’imisemburo n’ibindi byazamo kanseri ariko kuri we nta kanseri yarimo.”
Yasobanuye ko ikibazo gihari ari uko indwara nk’izi zitarabona abaganga benshi b’inzobere mu kuzibaga gusa ngo leta yatangiye ibikorwa byo guhugura abaganga banyuranye kugira ngo bajye batanga ubufasha ku bazirwanye.

Imihanda, inzu n’ibiraro byarubatswe…

Si ibikorwa by’ubuvuzi gusa ingabo ziri gutangamo ubufasha, ahubwo harimo n’ibindi bishamikiye ku bikorwaremezo nk’aho mu gihe bimaze hamaze kubakwa no gusana ibiraro 219; ibirometero 135 by’imihanda y’igitaka (feeder road) byarasanwe ahandi irubakwa; amazu 2.359 yamaze kubakwa mu gihe andi 43 akiri kubakwa. Ibyumba by’amashuri 18 byaruzuye mu gihe ibindi 13 biri kubakwa mu gihe ubwiherero 2.779 bwubatswe mu rwego rwo guteza imbere isuku n’isukura. Hakozwe kandi ibirometero 8 by’amazi mu Turere twa Nyagatare na Nyanza.

Mu rwego rw’ubuhinzi, Ha 3.462 z’ibishanga n’imisozi byabyajwe umusaruro [byarahinzwe] mu gihe kandi ingabo zafashije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kurwanya nkongwa yibasiraga ibihingwa ku buso bungana na Ha 8000.

Ku bijyanye no guhangana na n’iyo nkongwa, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Army Week, Lt Col Ndore Rurinda, yavuze ko umusanzu ingabo z’u Rwanda zatanze muri iki gikorwa watanze umusaruro kuko 95% by’aho yari yafashe yakize, ibyo yemeza ko iyo bidakorwa mu gihugu hari gutera amapfa.

Lt Col Ngendahimana yasobanuye ko abaturage bishimiye ibikorwa bitandukanye ingabo zabakoreye ndetse zigikomeje kubakorera kugeza muri Nyaka ubwo iki cyumweru kizaba gisozwa.

-6821.jpg

Lt Col Rene Ngendahimana asobanura ko mu bikorwa by’ubuvuzi bimaze gukorwa muri Army Week harimo n’uko habazwe umugore wari ufite ikibyimba cy’ibiro 6 mu nda

-6823.jpg

Lt Col Dr Kayondo King yavuze ko imbogamizi ituma abafite uburwayi bw’ibibyimba batavurwa kare ari umubare muke w’abaganga b’inzobere bashobora kubibaga

-6824.jpg

Lt Col Ndore Rurinda yashimangiye ko iyo nkongwa itarwanywa mu buryo bufatika mu gihugu hari gutera amapfa

Source : Igihe

2017-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ni iki kihishe inyuma y’uruzinduko rwa Nkurunziza muri Tanzania

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Umurundi Ndayiragije Etienne watoje ikipe y’igihugu ya Tanzania yasimbuye Karekezi Olivier gutoza ikipe ya Kiyovu SC.

Umurundi Ndayiragije Etienne watoje ikipe y’igihugu ya Tanzania yasimbuye Karekezi Olivier gutoza ikipe ya Kiyovu SC.

Ubwanditsi 05 May 2021
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23
Amakuru

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu
Mu Mahanga

Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu

Ubwanditsi 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru